DRCongo: Ubutumwa buhembera urwango bwakajije umurego habura gato ngo Abakandida-Perezida biyamamaze

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Mu gihe habura umunsi umwe ngo ibikorwa byo kwiyamamaza by’abakandida bahatanira umwanya w’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubutumwa buhembera inzangano, amacakubiri n’ivangura rishingiye ku bwoko, bukomeje gukwirakwizwa mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Aya matora ateganyijwe tariki 20 z’ukwezi gutaha k’Ukuboza 2023, azanabera rimwe n’ay’abo mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Izindi Nkuru

Umwe mu baturage bo muri iki Gihugu, yavuze ko hari abayoboke b’abakandida kugeza ubu basebya abandi, abakoresha amagambo y’ivangura rishingiye ku moko, bagaragaza ko ari bo benegihugu.

Ibikorwa byo kwiyamamaza ku bakandida, bigiye gutangira, mu gihe Repubulika Iharanira Demokari ya Congo iri mu mirwano ikomeye n’umutwe wa M23, aho binateye inkeke ku migendekere y’aya matora.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru