• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo-Uvira: Havuzwe impamvu abaturage batishimiye igaruka ry’Abapolisi 1.000 bari bahungiye mu Burundi

radiotv10by radiotv10
27/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRCongo-Uvira: Havuzwe impamvu abaturage batishimiye igaruka ry’Abapolisi 1.000 bari bahungiye mu Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu mujyi wa Uvira mu Ntara ya Kivu y’Epfo muri Repubulija Iharanida Demokarasi ya Congo, ntibishimiye igaruka ry’Abapolisi barenga 1 000 bari bahungiye mu Burundi ubwo umutwe wa M23 wahasatiraga, kuko batabafitiye icyizere kandi bakaba baragaragaje ko amajye aje babatererana.

Aba bapolisi bari bahungiye i Burundi, bagarutse mu Gihugu cyabo nyuma y’icyumweru kimwe bahunze, bakiriwe na Guverineri Wungirije wa Kivu y’Epfo, Jean-Jacques Elakano ndetse n’Umuyobozi w’Agateganyo wa Uvira, Kyky Kifara.

Igaruka ryabo, ntiryanyuze abaturage batuye muri uyu mujyi nk’uko byatangajwe n’umwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze muri Uvira, Alexis Byadunia.

Yagize ati “Ntabwo twemeranya n’igaruka ryabo, kuko ntitubabifite icyizere. Twari tumaze iminsi itatu tutumva urusaku rw’amasasu.”

Umuhuzabikorwa wa Sosiyete Sivile muri Uvira-Fizi, Mafikiri Mashimango aganira n’ikinyamakuru ACTUALITE.CD, yagize ati “Igenda ry’aba bapolisi bagiye i Bujumbura, ryazamuye umujinya mu baturage kuko batari babyiteze. Ubusanzwe Polisi ishinzwe kurinda umutekano w’abaturage n’ibyabo, ntiyari ikwiye kubasiga mu bihe bigoye.”

Mafikiri Mashimango avuga ko ibyo ari byo byatumye abaturage batishimira igaruka ry’aba bapolisi. Ati “Mu igaruka ryabo, umujinya wagaragaraga mu baturage kuko batifuzaga ko bagaruka ku mpamvu ebyiri: kutabagirira icyizere banabasize, turi mu bihe bigoye mu Mujyi wa Uvira kimwe muri Teritwari yose, aho buri munota ushobora kumva urusaku rw’amasasu.”

Uyu wo muri Sosiyete Sivile avuga ko nubwo aba bapolisi baje ndetse ntibinishimirwe n’abaturage, ariko icyo bakeneye muri iki gihe, ari uko hongerwa imbaraga mu mutekano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − four =

Previous Post

Umukinnyi w’imwe mu makipe akomeye mu Rwanda yagize ibyago

Next Post

M23 yongeye kugaragarizwa urugwiro rudasanzwe n’abaturage

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
M23 yongeye kugaragarizwa urugwiro rudasanzwe n’abaturage

M23 yongeye kugaragarizwa urugwiro rudasanzwe n’abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.