Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Drogba yamwise ‘Ishami’, Souti Sol ‘Kwisanga’, Mushikiwabo ‘Turikumwe’,…Amazina yahawe Abana b’Ingagi

radiotv10by radiotv10
02/09/2022
in MU RWANDA
0
Drogba yamwise ‘Ishami’, Souti Sol ‘Kwisanga’, Mushikiwabo ‘Turikumwe’,…Amazina yahawe Abana b’Ingagi
Share on FacebookShare on Twitter

‘Kwita Izina’, Umuhango wo kwita Izina abana b’Ingagi umaze kuba ikimenyabose ku Isi kubera imitegurire yawo ndetse n’agaciro k’Ingagi mu bukerarugendo bw’u Rwanda. Kuri uyu wa Gatanu wongeye gukorwa, ubera mu Kinigi ahari hateraniye bamwe mu bafite amazina akomeye ku Isi.

Igikomangoma cy’Ubwami bw’u Bwongereza, Prince Charles, wise umwana wa mbere wahawe izina uyu munsi, yabanje kuramutsa Abanyarwanda ati “Muraho” avuga ko yishimiye kuba yaratumiwe na RDB muri uyu muhango wo kwita Izina.

Yavuze ko ubwo yasuraga u Rwanda muri Kamena uyu mwaka, yabonye uburyo u Rwanda ari Igihugu cyiza gifite ibyiza nyaburanga bibereye ijisho, birimo Ibirunga, akaba yise Umwana w’Ingagi Izina ‘Ubwuzuzanye’.

Salima Mukansanga wise umwana w’Ingagi ukomoka mu muryango ‘Igisha’, akaba yamwise Izina ‘Kwibohora’. Ati “Narihisemo kugira ngo nerekane uruhare rwo kwibohora no kwisanzura nk’umusingi wo kubungabunga ibidukikije n’iterambere ry’ubukerarugendo.”

Stewart Maginnis usanzwe ari Umuyobozi Wungirije w’Ikigo IUCN kiri mu bibungabunga ibidukikije, yise umwana w’Ingagi izina rya ‘Nyirindekwe’. Naho Naomi Schiff usanzwe ari umukinnyi w’amasiganwa y’imodoka akaba n’umunyamakuru, we yise umwana w’Ingagi izina rya ‘Imbaduko’.

Sir Ian Clark Wood washinze ikigo Wood Foundation we yise Umwana w’Ingagi, izina rya ‘Ubusugire’. Naho Itzhak Fisher wabaye Umuyobozi Mukuru wa RDB we yise Umwana w’Ingagi izina rya ‘Ntare’.

Dr Cindy Descalzi Pereira, inzobere mu bijyanye n’urusobe rw’ibinyabuzima we yise Umwana w’Ingagi izina rya ‘Ubwitange’. Thomas Milz, uri mu buyobozi bw’Inama ya Volks Wargen mu bice binyuranye, we yise Ingagi izina rya ‘Ruragendwa’.

Hakurikiyeho umuhanzi w’ikirangirire Youssou N’Dour watangiye aririmba imwe mu ndirimbo ze, akaba yise umwana w’Ingagi izina rya ‘Ihuriro’. Juan Pablo Sorin wakiniye Paris Saint Germain yise umwana w’Ingagi izina rya ‘Ikuzo’.

Kuddu Sebuna uyobora Ikigo Africa Wildlife Foundation yise umwana w’Ingagi izina rya ‘Indatezuka’.

Louise Mushikiwabo, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), wavuze mu Kinyarwanda, yavuze ko yari akumbuye Ingagi ariko kandi ko yari anakumbuye Abanyamusanze. Yise umwana w’Ingagi ‘Turikumwe’.

Iri jambo yarikoresheje ubwo yasezeraga ku Banyarwanda ajya kuyobora OIF, agira ati “One est ensamble” asezeranya Abanyarwanda ko azakomeza kubaba hafi, kandi koko imvugo yabaye ingiro.

Ati “Iri zina njye ndumva ari ryo riryoshye cyane uyu munsi. Turikumwe ni akabebe keza cyane, namwise Turikumwe ariko naza gusura nyirakuru mu Bufaransa nzajya mwita ‘on est ensamble’”

Dr. Evan Antin usanzwe ari umuvuzi w’amatungo akaba atambutsa n’ibiganiro by’inyamaswa, yise umwana w’ingagi izina ‘Igicumbi’. Neri Bukspan na we ukora mu bijyanye no kubungabunga urusobe rw’ibidukikije, yise umwana w’Ingagi ‘Indangagaciro’.

Laurene Powell Jobs washinze umuryango wa Emerson Collective we yise umwana w’Ingagi ‘Muganga Mwiza’. Dr Frank Luntz washinze umuryango Luntz Global yise umwana w’Ingagi ‘Baho’.

Umukinnyi wa Film Uzo Aduba yahaye umwana w’Ingagi izina rya ‘Imararungu’. Umukinnyi wa ruhago, Gilberto Silva wakiniye Arsenal we yise Umwana w’ingagi ‘Impanda’. Moses Turahirwa uyobora inzu y’Imideri ya Moshions yise umwana w’Ingagi izina rya ‘Kwanda’.

Rurangiranwa Didier Drogba muri ruhago y’Isi, yatangiye agira ati “Muraho!” umwana w’Ingagi yamuhaye izina rya ‘Ishami’.

Abahanzi bagize itsinda rya Sauti Sol ryo muri Kenya, uko ari bane bahagurukiye rimwe, batangira bagira ati “Abanyarwanda beza cyane muraho!” Babanje kuririmba agace gato k’indirimbo yabo yitwa Nerea, aho bagaragaza abanyabigwi bakomeye barimo Perezida Paul Kagame. Umwana w’Ingagi wahawe izina n’aba bahanzi, bamwise ‘Kwisanga’.

Didier Drogba yamwise Ishami
Sauti Sol bamwita Kwisanga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Rusizi: Hari indobo idasanzwe, umugeni utayijyanye mu birongoranwa ntarutahamo

Next Post

DRC: Kajugujugu ya LONI yakoze impanuka irahanuka

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Kajugujugu ya LONI yakoze impanuka irahanuka

DRC: Kajugujugu ya LONI yakoze impanuka irahanuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.