Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ese Muhoozi wise Perezida Kagame Se wabo yaharuriraga inzira Intumwa ya Museveni?

radiotv10by radiotv10
18/01/2022
in MU RWANDA
0
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Intumwa yamuzaniye ubutumwa bwa Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

Abasesengura ibijyanye na Politiki, bavuga ko kuba Perezida Paul Kagame yongeye kwakira intumwa ya mugenzi we Perezida Yoweri Kaguta Museveni, bitanga icyizere ko abakuru b’Ibihugu byombi bagiye kongera kuvugana mu gihe mu minsi ishize Perezida Kagame yavuze ko badaheruka kuvugana.

Kuri uyu wa Mbere, Perezida Kagame Paul yakiriye mu biro bye Ambasaderi Adonia Ayebare wari umuzaniye ubutumwa bwa mugenzi we Perezida Yoweri Museveni.

Ni intumwa yaje mu Rwanda nyuma y’amasaha macye umuhungu wa Museveni, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba ashyize ubutumwa kuri Twitter, avuga ko Perezida Kagame ari Se wabo ndetse ko abamurwanya baba badasize n’umuryango we kandi ko ababifite mu migambi bakwiye kubyitondera.

Mu kiganiro yagira na RADIOTV10, Umusesenguzi mu bya Politiki, Alexis Nizeyimana avuga ko akimara kubona iriya ntumwa ya Museveni yahise akubita agatima kuri ubu butumwa bwari bwabanje kwandikwa na Lt Gen Muhoozi akabona ko bwari bufite icyo bugamije.

Ati “Njyewe maze kubona intumwa ya Se iza njye nabufashe nk’ubutumwa bwayitegurizaga kugira aze azasange wenda mu bakurikira amakuru mu Rwanda bafite umutima mwiza cyangwa igitekerezo cyiza kuri bo hanyuma ubutumwa bwabo bwakirwe neza mu baturage.”

Umusesenguzi Alexis Nizeyimana avuga kandi ko iyi ntumwa ya Perezida Museveni ije ari yo yagombaga kuza kuko n’ubundi ikibazo kiri ku ruhande rwa Uganda.

Avuga kandi ko yabifashe nk’ikimenyetso cy’uko Perezida Kagame na Museveni baba bagiye kongera kuvugana dore ko mu minsi ishize Perezida Kagame yari yatangaje ko adaheruka kuvugana na mugenzi we Museveni haba kuri telephone no mu bundi buryo.

Ati “Icya mbere cy’iyi ntumwa ni uko yatuma telephone zongera gufunguka abakuru b’Ibihugu bakaba bavugana cyangwa na we akamwoherereza intumwa nk’uko na we yayohereje cyangwa bo bakivuganira. Ni n’urufunguzo ruturutse aho rwakagombye kuba ruturutse nyine kuko ni ho navuga ko ibintu bifungiye.”

Ikinyamakuru Chimpreports cyandikirwa muri Uganda cyitwa kigaragaza ko gifite amakuru yizewe ko ibiganiro bigamije kubyutsa imibanire y’ibihugu byombi byegereje.

Perezida Museveni kandi ku munsi w’ejo yohereje n’intumwa muri Tanzania ndetse akaba aherutse no kuyohereza mu Burundi.

Alexis Nizeyimana avuga ko ibi bigaragaza ko iyi ntumwa yakiriwe na Perezida Kagame yazanye ubutumwa burenze imibanire y’ibihugu byombi gusa ngo na byo ntibyaburamo.

Ati “Uretse ko na cyo nticyareka kuko niba ari Umukuru wa Uganda utumyeho uw’u Rwanda kandi hari icyo kibazo mpamya ko atakohereza ubutumwa ngo yibagirwe na cya kindi gisanzwe gihari.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo kuri uyu wa Kabiri yanditse ubutumwa kuri Twitter avuga ko ibi byo kohereza intumwa n’ibiganiro biba hagati y’Ibihugu byombi bitigeze bihabwa agaciro na Uganda kuko yakomeje kugirira nabi Abanyarwanda basanzwe batuyeyo n’abajyayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + nineteen =

Previous Post

Bugesera FC ya 12 yasinyishije uwatoje Kiyovu ubu iyoboye urutonde

Next Post

Urukiko rwategetse ko Rusesabagina azaburanishwa mu bujurire adahari

Related Posts

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23
AMAHANGA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusesabagina aracyahagaze ku k’ejo: Na none ntiyitabye Urukiko mu Bujurire

Urukiko rwategetse ko Rusesabagina azaburanishwa mu bujurire adahari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.