Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

ESTHER’S AID RWANDA-Abarangije imyuga bijejwe guhabwa ibikoresho

radiotv10by radiotv10
27/08/2021
in MU RWANDA
0
ESTHER’S AID RWANDA-Abarangije imyuga bijejwe guhabwa ibikoresho
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abarangije mu ishuri rya Esther Aid ryigisha imyuga bavuga ko bishimira  kuba barangije kwiga ,kuko iyi myuga igiye kubafsha mukwiteza imbere.

Ubwo hatangwa impamyabumenyi ku barangije mu masomo yo guteka no kudoda muri Esther Aid, hari abavuze ko amasomo bize agiye kubafasha mu kwiteza imbere bo n’imiryango yabo.

Umwe muri abo yagize ati “Njyewe nabyaye nkiri muto ncikiriza amashuri, ngira amahirwe nza kwiga imyuga. Nabyize mbikunda (guteka), ubu rero bigiye kumfasha kwita ku mwana wanjye ndetse nanjye ubwange ku buryo ntawe nzongera gutegera amaboko”

Image

Yabihuje na mugenzi we uvuga ko agiye kwifashisha ubudozi yize mu gushaka akazi agashaka icyamuteza imbere mu mibereho.

N’ubwo barangije, basaba ko bafashwa gushakirwa ibikoresho byo kuzifashisha mu kazi kuko ngo babaretsse n’ubundi basubira mu bibazo bahozemo .

Image

Image

Umuyobozi w‘ikigo cya ESTHER AID Claire Effiong avuga ko yishimira aho ishuri rigeze ndetse anashimira abahiga n’abahigisha ariko kandi avuga ko bahisemo kwigisha abana b’abakobwa kuko uwigisha umwana w’umukobwa aba yigishije umuryango.

“Aba bose biga hano  abenshi baba barahuye n’ibibazo  byo kubyara bakiri bato ubwo rero bagomba gufashwa. Turabizi ko uwigishije umwana aba yigishije umuryango”

Ku kibazo cy’uko abasoje amasomo bahabwa ibikoresho  bizabafasha  mu buzima  buri imbere, umuyobozi wa porogaramu  mu muryango w’ivugabutumwa (AERR) Emile avugako bazabaha ibikoresho byo kuzifashisha  biyo ngo impungenge zishire

Ati ”Ibikoresho tuzabibaha kuko tugomba gukomeza kubaba hafi kugira ngo hatagira abaducika bagasubira mu ngeso mbi”

Mu mushinga wo gufasha urubyiruko hazatangwa ibikoresho bijyanye n’imyuga abiga bize bikazatwara amafaanga abarirwa muri miliyoni magana ane mirongo icyenda (490,000,000 FRW) mu karere ka Gasabo.

Ubuyobizi bw’iri shuri burashishikariza abashaka kwiga ko amasomo azatangira mu kwezi kwa cyenda uyu mwaka.

Inkuru ya MURAGIJEMALIYA Juventine/RadioTV10 Rwanda

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 10 =

Previous Post

AFROBASKET 2021: u Rwanda rwakoze amateka yo gutsinda Angola rugera muri ¼ cy’irangiza

Next Post

TANZANIA: Uwagabye igitero kuri ambasade y’u Bufaransa yamenyekanye

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
TANZANIA: Uwagabye igitero kuri ambasade y’u Bufaransa yamenyekanye

TANZANIA: Uwagabye igitero kuri ambasade y’u Bufaransa yamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.