Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Expo2022: Abacuruzi batangiye kumwenyura ngo ubwitabire bw’abakiliya buraruta ubw’ubushize

radiotv10by radiotv10
02/08/2022
in MU RWANDA
0
Expo2022: Abacuruzi batangiye kumwenyura ngo ubwitabire bw’abakiliya buraruta ubw’ubushize
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bacuruzi bitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga rya 2022, baravuga ko ubwitabire bw’abaza guhaha buri hejuru ugereranyije n’uko byari bimeze muri Expo ebyiri ziheruka.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wagiye ahari kubera iri murikagurisha i Gikondo, yasanze urujya n’uruza ruri hejuru, abaje guhaha, bishimye ari na ko bakiranwa ubwuzu n’abamurika.

Ibikoresho byo mu rugo, imyambaro, ibyo kurya n’ibyo kunywa byose biri muri iri murikagurisha, ndetse buri wese yahitiraga ahaherereye ibyo agiye guhaha.

Uwaje kumurika amakara yo gutekesha, avuga ko nubwo hashize iminsi micye iri murikagurisha ritangiye ariko abakiliya bari kuboneka ku kigero gishimishije.

Yagize ati “Ubu turabona abantu baza muri Expo nubwo atari benshi cyane ariko uko iminsi igenda itambuka, bazaba ari benshi, bazaba bamaze no kumenya aya makara yacu kuko ari agamije kurengera ibidukikije.”

Umukozi w’uruganda rukora amagodora yo kuryamaho, avuga ko ubwitabire bw’abaguzi buri hejuru agereranyije n’uko bwari bumeze ubushize.

Ati “Tugereranyije na Expo y’ubushize urabona ko ubu harimo impinduka cyane kuko kuko igipimo cy’abaguzi cyariyongereye ugereranyije n’ubushize, nko mu minsi ya mbere, birasa neza ntakibazo.”

Undi uri kumurika imyambaro muri iri murikagurisha, avuga ko kubera igabanuka rya COVID-19, abakiliya bari kwitabira ku bwinshi.

Ati “Uko byagendaga kubera COVID si ko biri kugenda ubu, nk’umwaka ushize bwo byari bibi cyane kuko twasoje tudacuruje ubu hari ikizahinduka kuko imirimo iri gukorwa.”

Umushoramari waturutse muri Denmark uri kumurika ibikoresho bitanga amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba, yavuze ko yitabiriye iri murikagurisha riri kubera mu Rwanda kuko ari Igihugu gikomeje gutanga urugero rwiza mu korohereza ishoramari.

Yagize ati “Nabanje kuza mu Rwanda muri Gashyantare uyu mwaka wa 2022, abandi bashoramari bakambwira ko gukorera hano ari byiza, mfata umwanzuro gutyo.”

Theoneste Ntagengerwa, Umuvugizi w’Urugaga rw’Abikorera (PSF) rwateguye iri murikagurisha, ashimangira ibyatangajwe n’abamurika ko ugereranyije nuko ubwitabire bwari bumeze mu myaka ibiri ishize, ubu hari impinduka.

Yagize ati “Ryatangiye ubona ko hari impinduka ugereranyije uko amamurikagurisha abiri ashize yari ameze, hari n’ingamba zorohejwe zanatumye serivisi zitajyaga zibonekamo mu myaka ibiri ishize zigarukamo.”

Avuga ko nk’ibikorwa by’imyidagaduro ndetse n’imikino y’abana itaragaragaye mu myaka ibiri ishize, ubu byagarutsemo ku buryo byanongereye ubwitabire bwaba ari ubw’abamurika n’ubw’abaza guhaha.

Theoneste Ntagengerwa uvuga ko n’Ibihugu byitabira iri murikagurisha byiyongereye, yasabye abaturage kwitabira bakaza kwihahira kuko uretse kuba harimo byinshi bakeneye ariko n’ibiciro biba biri hasi ugereranyije n’uko biba bihagaze ahandi.

Abari kuza guhaha baramwenyura
Uri kumurika amakara yo gucana avuga ko abakiliya bari kuboneka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 7 =

Previous Post

Blarirwa ibinyujije mu kinyobwa cy’icyanga gihebuje yazanye irushanwa ry’aba-DJs rizazenguruka Igihugu

Next Post

Rubavu: Impanuka y’imodoka itwara abagenzi yagonganye n’ikamyo biravugwa ko yaguyemo benshi

Related Posts

Ibisobanuro birambuye ku kirego u Rwanda rwarezemo u Bwongereza n’impamvu rwabikoze

Ibisobanuro birambuye ku kirego u Rwanda rwarezemo u Bwongereza n’impamvu rwabikoze

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, rugaragaza...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

IZIHERUKA

Ibisobanuro birambuye ku kirego u Rwanda rwarezemo u Bwongereza n’impamvu rwabikoze
MU RWANDA

Ibisobanuro birambuye ku kirego u Rwanda rwarezemo u Bwongereza n’impamvu rwabikoze

by radiotv10
28/01/2026
0

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Impanuka y’imodoka itwara abagenzi yagonganye n’ikamyo biravugwa ko yaguyemo benshi

Rubavu: Impanuka y’imodoka itwara abagenzi yagonganye n’ikamyo biravugwa ko yaguyemo benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro birambuye ku kirego u Rwanda rwarezemo u Bwongereza n’impamvu rwabikoze

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.