Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Expo2022: Abacuruzi batangiye kumwenyura ngo ubwitabire bw’abakiliya buraruta ubw’ubushize

radiotv10by radiotv10
02/08/2022
in MU RWANDA
0
Expo2022: Abacuruzi batangiye kumwenyura ngo ubwitabire bw’abakiliya buraruta ubw’ubushize
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bacuruzi bitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga rya 2022, baravuga ko ubwitabire bw’abaza guhaha buri hejuru ugereranyije n’uko byari bimeze muri Expo ebyiri ziheruka.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wagiye ahari kubera iri murikagurisha i Gikondo, yasanze urujya n’uruza ruri hejuru, abaje guhaha, bishimye ari na ko bakiranwa ubwuzu n’abamurika.

Ibikoresho byo mu rugo, imyambaro, ibyo kurya n’ibyo kunywa byose biri muri iri murikagurisha, ndetse buri wese yahitiraga ahaherereye ibyo agiye guhaha.

Uwaje kumurika amakara yo gutekesha, avuga ko nubwo hashize iminsi micye iri murikagurisha ritangiye ariko abakiliya bari kuboneka ku kigero gishimishije.

Yagize ati “Ubu turabona abantu baza muri Expo nubwo atari benshi cyane ariko uko iminsi igenda itambuka, bazaba ari benshi, bazaba bamaze no kumenya aya makara yacu kuko ari agamije kurengera ibidukikije.”

Umukozi w’uruganda rukora amagodora yo kuryamaho, avuga ko ubwitabire bw’abaguzi buri hejuru agereranyije n’uko bwari bumeze ubushize.

Ati “Tugereranyije na Expo y’ubushize urabona ko ubu harimo impinduka cyane kuko kuko igipimo cy’abaguzi cyariyongereye ugereranyije n’ubushize, nko mu minsi ya mbere, birasa neza ntakibazo.”

Undi uri kumurika imyambaro muri iri murikagurisha, avuga ko kubera igabanuka rya COVID-19, abakiliya bari kwitabira ku bwinshi.

Ati “Uko byagendaga kubera COVID si ko biri kugenda ubu, nk’umwaka ushize bwo byari bibi cyane kuko twasoje tudacuruje ubu hari ikizahinduka kuko imirimo iri gukorwa.”

Umushoramari waturutse muri Denmark uri kumurika ibikoresho bitanga amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba, yavuze ko yitabiriye iri murikagurisha riri kubera mu Rwanda kuko ari Igihugu gikomeje gutanga urugero rwiza mu korohereza ishoramari.

Yagize ati “Nabanje kuza mu Rwanda muri Gashyantare uyu mwaka wa 2022, abandi bashoramari bakambwira ko gukorera hano ari byiza, mfata umwanzuro gutyo.”

Theoneste Ntagengerwa, Umuvugizi w’Urugaga rw’Abikorera (PSF) rwateguye iri murikagurisha, ashimangira ibyatangajwe n’abamurika ko ugereranyije nuko ubwitabire bwari bumeze mu myaka ibiri ishize, ubu hari impinduka.

Yagize ati “Ryatangiye ubona ko hari impinduka ugereranyije uko amamurikagurisha abiri ashize yari ameze, hari n’ingamba zorohejwe zanatumye serivisi zitajyaga zibonekamo mu myaka ibiri ishize zigarukamo.”

Avuga ko nk’ibikorwa by’imyidagaduro ndetse n’imikino y’abana itaragaragaye mu myaka ibiri ishize, ubu byagarutsemo ku buryo byanongereye ubwitabire bwaba ari ubw’abamurika n’ubw’abaza guhaha.

Theoneste Ntagengerwa uvuga ko n’Ibihugu byitabira iri murikagurisha byiyongereye, yasabye abaturage kwitabira bakaza kwihahira kuko uretse kuba harimo byinshi bakeneye ariko n’ibiciro biba biri hasi ugereranyije n’uko biba bihagaze ahandi.

Abari kuza guhaha baramwenyura
Uri kumurika amakara yo gucana avuga ko abakiliya bari kuboneka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 10 =

Previous Post

Blarirwa ibinyujije mu kinyobwa cy’icyanga gihebuje yazanye irushanwa ry’aba-DJs rizazenguruka Igihugu

Next Post

Rubavu: Impanuka y’imodoka itwara abagenzi yagonganye n’ikamyo biravugwa ko yaguyemo benshi

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere
MU RWANDA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Impanuka y’imodoka itwara abagenzi yagonganye n’ikamyo biravugwa ko yaguyemo benshi

Rubavu: Impanuka y’imodoka itwara abagenzi yagonganye n’ikamyo biravugwa ko yaguyemo benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.