Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FARDC yemeje ko Bunagana yafashwe ariko itangaza abandi bayifashe batari M23

radiotv10by radiotv10
14/06/2022
in MU RWANDA
0
FARDC yemeje ko Bunagana yafashwe ariko itangaza abandi bayifashe batari M23
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyemeje ko Umujyi wa Bunagana uherereye muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, wafashwe, gusa gitangaza abandi bawufashe batari M23.

Mu itangazo ryashyizwe hanze ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 13 Kamena 2022, FARDC yavuze ko Bunagana yafashwe n’igisirikare cy’u Rwanda dore ko iki Gisirikare kimaze iminsi gishinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 ari na wo wafashe uyu Mujyi wa Bunagana.

Muri iri tangazo rya FARDC nubundi yongeye gushinja Igisirikare cy’u Rwanda gufatanya na M23, rivuga Bunagana yafashwe nyuma y’imirwano yabaye hagati ya M23 na FARDC ubwo uyu mutwe wagabaga ibitero ku birindiro by’abasirikare ba FARDC mu duce twa Bigega 1 na 2, Bugusa nad Premidis.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi w’Igisirikare muri Kivu ya Ruguru, Brig Gen Ekene Bomusa Efomi Sylvain, rivuga ko Bunagana yafashwe saa moya z’igitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 13 Kamena 2022.

Umutwe wa M23 watangaje ko wafashe uyu mujyi wa Bunagana, wamaganye ibivugwa na FARDC ko uri gufashwa n’Igisirikare cy’u Rwanda, uvuga ko nta bufasha bw’undi muntu uwo ari we wese ari kuwuha.

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10 kuri uyu wa Mbere, Umuvugizi wa M23, Major Willy Ngoma yavuze ko FARDC ifatanyije n’indi mitwe, bakomeje kubarasaho, bigatuma na bo birwanaho,

Maj Willy Ngoma yavuze gufata Umujyi wa Bunagana bitari mu byifuzo byabo ahubwo ko byabaye mu rwego rwo kwizera umutekano wabo.

Aganira na RADIOTV10 kuri uyu wa Mbee, Maj Willy Ngoma yagize ati “twe twavuze kenshi ko dukeneye amahoro ariko bo ntibashaka amahoro, barifuza intambara. Icyabaye, twabasubijeyo tubageza Bunagana bituma dufata uyu mujyi kugira ngo twizere umutekano wacu.”

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Kamena 2022, RDF  yasohoye itangazo yizeza Abaturarwanda ko umutekano wabo n’uw’Igihugu cyabo wizewe ndetse ko izakomeza gukumira ibikorwa byose bihungabanya umutekano bituruka hanze y’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − two =

Previous Post

RDF yizeje Abanyarwanda ko umutekano wabo ari ntamakemwa

Next Post

U Rwanda rweruriye MONUSCO ko yamaze kugaragaza uruhande ihengamiyeho mu bushotoranyi bwa FARDC

Related Posts

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

IZIHERUKA

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga
IBYAMAMARE

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

by radiotv10
18/11/2025
0

The inspiring journey of Tuyishime, a 44-year-old woman representing Rwanda at Miss Universe

The inspiring journey of Tuyishime, a 44-year-old woman representing Rwanda at Miss Universe

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rweruriye MONUSCO ko yamaze kugaragaza uruhande ihengamiyeho mu bushotoranyi bwa FARDC

U Rwanda rweruriye MONUSCO ko yamaze kugaragaza uruhande ihengamiyeho mu bushotoranyi bwa FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

The inspiring journey of Tuyishime, a 44-year-old woman representing Rwanda at Miss Universe

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.