Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FARDC yemeje ko Bunagana yafashwe ariko itangaza abandi bayifashe batari M23

radiotv10by radiotv10
14/06/2022
in MU RWANDA
0
FARDC yemeje ko Bunagana yafashwe ariko itangaza abandi bayifashe batari M23
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyemeje ko Umujyi wa Bunagana uherereye muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, wafashwe, gusa gitangaza abandi bawufashe batari M23.

Mu itangazo ryashyizwe hanze ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 13 Kamena 2022, FARDC yavuze ko Bunagana yafashwe n’igisirikare cy’u Rwanda dore ko iki Gisirikare kimaze iminsi gishinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 ari na wo wafashe uyu Mujyi wa Bunagana.

Muri iri tangazo rya FARDC nubundi yongeye gushinja Igisirikare cy’u Rwanda gufatanya na M23, rivuga Bunagana yafashwe nyuma y’imirwano yabaye hagati ya M23 na FARDC ubwo uyu mutwe wagabaga ibitero ku birindiro by’abasirikare ba FARDC mu duce twa Bigega 1 na 2, Bugusa nad Premidis.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi w’Igisirikare muri Kivu ya Ruguru, Brig Gen Ekene Bomusa Efomi Sylvain, rivuga ko Bunagana yafashwe saa moya z’igitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 13 Kamena 2022.

Umutwe wa M23 watangaje ko wafashe uyu mujyi wa Bunagana, wamaganye ibivugwa na FARDC ko uri gufashwa n’Igisirikare cy’u Rwanda, uvuga ko nta bufasha bw’undi muntu uwo ari we wese ari kuwuha.

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10 kuri uyu wa Mbere, Umuvugizi wa M23, Major Willy Ngoma yavuze ko FARDC ifatanyije n’indi mitwe, bakomeje kubarasaho, bigatuma na bo birwanaho,

Maj Willy Ngoma yavuze gufata Umujyi wa Bunagana bitari mu byifuzo byabo ahubwo ko byabaye mu rwego rwo kwizera umutekano wabo.

Aganira na RADIOTV10 kuri uyu wa Mbee, Maj Willy Ngoma yagize ati “twe twavuze kenshi ko dukeneye amahoro ariko bo ntibashaka amahoro, barifuza intambara. Icyabaye, twabasubijeyo tubageza Bunagana bituma dufata uyu mujyi kugira ngo twizere umutekano wacu.”

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Kamena 2022, RDF  yasohoye itangazo yizeza Abaturarwanda ko umutekano wabo n’uw’Igihugu cyabo wizewe ndetse ko izakomeza gukumira ibikorwa byose bihungabanya umutekano bituruka hanze y’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − fourteen =

Previous Post

RDF yizeje Abanyarwanda ko umutekano wabo ari ntamakemwa

Next Post

U Rwanda rweruriye MONUSCO ko yamaze kugaragaza uruhande ihengamiyeho mu bushotoranyi bwa FARDC

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rweruriye MONUSCO ko yamaze kugaragaza uruhande ihengamiyeho mu bushotoranyi bwa FARDC

U Rwanda rweruriye MONUSCO ko yamaze kugaragaza uruhande ihengamiyeho mu bushotoranyi bwa FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.