Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FARDC yemeje ko Bunagana yafashwe ariko itangaza abandi bayifashe batari M23

radiotv10by radiotv10
14/06/2022
in MU RWANDA
0
FARDC yemeje ko Bunagana yafashwe ariko itangaza abandi bayifashe batari M23
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyemeje ko Umujyi wa Bunagana uherereye muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, wafashwe, gusa gitangaza abandi bawufashe batari M23.

Mu itangazo ryashyizwe hanze ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 13 Kamena 2022, FARDC yavuze ko Bunagana yafashwe n’igisirikare cy’u Rwanda dore ko iki Gisirikare kimaze iminsi gishinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 ari na wo wafashe uyu Mujyi wa Bunagana.

Muri iri tangazo rya FARDC nubundi yongeye gushinja Igisirikare cy’u Rwanda gufatanya na M23, rivuga Bunagana yafashwe nyuma y’imirwano yabaye hagati ya M23 na FARDC ubwo uyu mutwe wagabaga ibitero ku birindiro by’abasirikare ba FARDC mu duce twa Bigega 1 na 2, Bugusa nad Premidis.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi w’Igisirikare muri Kivu ya Ruguru, Brig Gen Ekene Bomusa Efomi Sylvain, rivuga ko Bunagana yafashwe saa moya z’igitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 13 Kamena 2022.

Umutwe wa M23 watangaje ko wafashe uyu mujyi wa Bunagana, wamaganye ibivugwa na FARDC ko uri gufashwa n’Igisirikare cy’u Rwanda, uvuga ko nta bufasha bw’undi muntu uwo ari we wese ari kuwuha.

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10 kuri uyu wa Mbere, Umuvugizi wa M23, Major Willy Ngoma yavuze ko FARDC ifatanyije n’indi mitwe, bakomeje kubarasaho, bigatuma na bo birwanaho,

Maj Willy Ngoma yavuze gufata Umujyi wa Bunagana bitari mu byifuzo byabo ahubwo ko byabaye mu rwego rwo kwizera umutekano wabo.

Aganira na RADIOTV10 kuri uyu wa Mbee, Maj Willy Ngoma yagize ati “twe twavuze kenshi ko dukeneye amahoro ariko bo ntibashaka amahoro, barifuza intambara. Icyabaye, twabasubijeyo tubageza Bunagana bituma dufata uyu mujyi kugira ngo twizere umutekano wacu.”

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Kamena 2022, RDF  yasohoye itangazo yizeza Abaturarwanda ko umutekano wabo n’uw’Igihugu cyabo wizewe ndetse ko izakomeza gukumira ibikorwa byose bihungabanya umutekano bituruka hanze y’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 19 =

Previous Post

RDF yizeje Abanyarwanda ko umutekano wabo ari ntamakemwa

Next Post

U Rwanda rweruriye MONUSCO ko yamaze kugaragaza uruhande ihengamiyeho mu bushotoranyi bwa FARDC

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka
AMAHANGA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rweruriye MONUSCO ko yamaze kugaragaza uruhande ihengamiyeho mu bushotoranyi bwa FARDC

U Rwanda rweruriye MONUSCO ko yamaze kugaragaza uruhande ihengamiyeho mu bushotoranyi bwa FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.