Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yizeje Abanyarwanda ko umutekano wabo ari ntamakemwa

radiotv10by radiotv10
14/06/2022
in MU RWANDA
0
RDF yizeje Abanyarwanda ko umutekano wabo ari ntamakemwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwizeje Abanyarwanda ko umutekano wabo n’uw’Igihugu cyabo uhagaze bwuma ndetse ko Igisirikare cy’u Rwanda gikomeza guhagarika ibikorwa byose bihungabanya umutekano biturutse hanze.

Itangazo rya RDF ryasohotse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Kamena 2022, ryizeza Abaturarwanda ko umutekano wabo urinzwe neza.

Iri tangazo rito, rigira riti “Ingabo z’u Rwanda zirifuza kumenyesha abantu bose ko kurindwa n’umutekano by’abaturarwanda n’ubusugire bw’u Rwanda, bihagaze neza.”

Iri tangazo rikomeza rigira riti “RDF izakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo ibitero byambukiranye umupaka biza ku butaka bw’u Rwanda, bihagarara.”

Minisitiri w’Ubunyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru tariki 31 Gicurasi 2022, yagarutse kuri ibi bikorwa by’ubushotoranyi biri gukorwa na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko u Rwanda rwagerageje kumenyesha inzego zihuriwemo n’Ibihugu byombi ariko ko ibi bikorwa bikomeje.

Icyo gihe Dr Biruta yavuze ko ibi bikorwa nibikomeza, u Rwanda rutazicara ngo rurebere kuko rutakwemera ko ubutaka bwarwo bukomeza kuvogerwa cyangwa ngo abaturage barwo bakomeze kubangamirwa.

Yari yagize ati “Dufite inshingano zo kurinda abaturage bacu no kurinda imipaka y’igihugu cyacu. Igihugu iyo gitewe kiritabara.”

Iri tangazo risohotse mu gihe hamaze humvikana ibikorwa by’ubushotoranyi bikorwa n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gifatanyije n’umutwe wa FDLR birimo gutera ibisasu ku butaka bw’u Rwanda.

Ibiheruka kuraswa, ni ibyatewe mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze mu cyumweru gishize tariki 10 Kamena 2022, byaguye mu mirima y’Abaturage ariko ntibigire uwo bihitana cyangwa bikomeretsa.

Ibi bisasu bya rutura birashwe mu Rwanda ku nshuro ya gatatu mu gihe cy’amezi atatu aho ibya mbere byarashwe tariki ya 19 Werurwe 2022 naho ibyarashwe bwa kabiri, ni ibyo ku ya 23 Gicurasi, byo byari na byinshi byanakomerekeje bamwe mu Banyarwanda, bikanangiza ibikorwa byabo.

Ibi bikorwa by’ubushotoranyi bikomeje gukorwa n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byazamuye umwuka mubi hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda, ubu Ibihugu byombi bikababa biri gushinjanya ibirego bitandukanye.

DRCongo ishinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 uri guhangana na FARDC, kuri uyu wa Mbere ukaba wanafashe Umujyi wa Bunagana wari umaze iminsi uri kuberamo imirwano.

Ubuyobozi ku mpande z’Ibihugu byombi, bukomeje kugira icyo buvuga kuri ibi bibazo byumwihariko ku ruhande rwa DRCongo, bukomeje kwemeza ko u Rwanda ruri gufasha umutwe wa M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 11 =

Previous Post

Kigali: Amashuri yafunzwe mu gihe cy’icyumweru, menya impamvu

Next Post

FARDC yemeje ko Bunagana yafashwe ariko itangaza abandi bayifashe batari M23

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage
AMAHANGA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC yemeje ko Bunagana yafashwe ariko itangaza abandi bayifashe batari M23

FARDC yemeje ko Bunagana yafashwe ariko itangaza abandi bayifashe batari M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.