Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FARDC yongeye kurasa mu Kinigi nayo yashinje RDF kurasa muri Congo ibibombe 10

radiotv10by radiotv10
12/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
FARDC yongeye kurasa mu Kinigi nayo yashinje RDF kurasa muri Congo ibibombe 10
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye kurasa ibisasu bya rutura ku butaka bw’u Rwanda, na cyo cyashinje icy’u Rwanda (RDF) kurasa muri Congo.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Kamena 2022, Igisirikare cya DRCongo (FARDC) cyongeye kurasa ibisasu by’ibibombe mu Rwanda mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze ahaherutse kuraswa ibindi bikanakomeretsa bamwe mu banyarwanda.

Igisirikare cy’u Rwanda cyasohoye itangazo ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, kivuga ko ibi bisasu bibiri byo mu bwoko bwa roketi 122mm byatutse muri Bunagana birashwe na FARDC.

Iri tangazo rya RDF rivuga ko ibi bisasu ntawe byakomereje ariko ko byateye igishyika mu baturage, gusa cyongera kubahumuriza ko umutekano wabo urinzwe.

Nyuma y’iri tangazo ry’igisirikare cy’u Rwanda, icya Congo (FARDC) na cyo cyasohoye itangazo risubiza iri rya RDF, rishinja Igisirikare cy’u Rwanda gutera ibisasu by’amabombe 10 mu gace ka Kabaya na Biruma muri Teritwa ya Rutshuru.

Umuvugizi w’Igisirikare mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, Brig Gen Sylvain Ekenge, yavuze ko bimwe muri ibi bisasu byaguye muri Kabaya, byahitanye abana babiri barimo uw’imyaka irindwi n’undi w’imyaka itandatu mu gihe undi umwe yakomeretse.

Uyu musirikare avuga ko itangazo rya RDF ari urwitwazo ngo mu rwego rwo kujijisha amahanga, ati “Niyo mayeri yakoreshejwe mu bitero biheruka i Rumangabo na Kubumba.”

Brig Gen Sylvain Ekenge umaze iminsi yemeza ko u Rwanda rufasha M23, yongeye kubivuga ndetse avuga ko bafite amashusho agaragaza ingabo z’u Rwanda zafashe ibice bya Runyoni na Tchanzu mu rwego rwo gufasha uyu mutwe.

U Rwanda rukomeje guhakana ibi birego rushinjwa byo gufasha M23, ntacyo ruravuga kuri ibi birego bishya byo kuba RDF yarashe muri Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − three =

Previous Post

Miss Kalimpinya yongeye kwitabira irushanwa rikomeye ry’isiganwa ry’imodoka

Next Post

Abasirikare babiri b’u Rwanda bari bashimuswe na FARDC ifatanyije na FDLR barekuwe

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare babiri b’u Rwanda bari bashimuswe na FARDC ifatanyije na FDLR barekuwe

Abasirikare babiri b’u Rwanda bari bashimuswe na FARDC ifatanyije na FDLR barekuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.