Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FARDC yongeye kurasa mu Kinigi nayo yashinje RDF kurasa muri Congo ibibombe 10

radiotv10by radiotv10
12/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
FARDC yongeye kurasa mu Kinigi nayo yashinje RDF kurasa muri Congo ibibombe 10
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye kurasa ibisasu bya rutura ku butaka bw’u Rwanda, na cyo cyashinje icy’u Rwanda (RDF) kurasa muri Congo.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Kamena 2022, Igisirikare cya DRCongo (FARDC) cyongeye kurasa ibisasu by’ibibombe mu Rwanda mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze ahaherutse kuraswa ibindi bikanakomeretsa bamwe mu banyarwanda.

Igisirikare cy’u Rwanda cyasohoye itangazo ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, kivuga ko ibi bisasu bibiri byo mu bwoko bwa roketi 122mm byatutse muri Bunagana birashwe na FARDC.

Iri tangazo rya RDF rivuga ko ibi bisasu ntawe byakomereje ariko ko byateye igishyika mu baturage, gusa cyongera kubahumuriza ko umutekano wabo urinzwe.

Nyuma y’iri tangazo ry’igisirikare cy’u Rwanda, icya Congo (FARDC) na cyo cyasohoye itangazo risubiza iri rya RDF, rishinja Igisirikare cy’u Rwanda gutera ibisasu by’amabombe 10 mu gace ka Kabaya na Biruma muri Teritwa ya Rutshuru.

Umuvugizi w’Igisirikare mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, Brig Gen Sylvain Ekenge, yavuze ko bimwe muri ibi bisasu byaguye muri Kabaya, byahitanye abana babiri barimo uw’imyaka irindwi n’undi w’imyaka itandatu mu gihe undi umwe yakomeretse.

Uyu musirikare avuga ko itangazo rya RDF ari urwitwazo ngo mu rwego rwo kujijisha amahanga, ati “Niyo mayeri yakoreshejwe mu bitero biheruka i Rumangabo na Kubumba.”

Brig Gen Sylvain Ekenge umaze iminsi yemeza ko u Rwanda rufasha M23, yongeye kubivuga ndetse avuga ko bafite amashusho agaragaza ingabo z’u Rwanda zafashe ibice bya Runyoni na Tchanzu mu rwego rwo gufasha uyu mutwe.

U Rwanda rukomeje guhakana ibi birego rushinjwa byo gufasha M23, ntacyo ruravuga kuri ibi birego bishya byo kuba RDF yarashe muri Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − thirteen =

Previous Post

Miss Kalimpinya yongeye kwitabira irushanwa rikomeye ry’isiganwa ry’imodoka

Next Post

Abasirikare babiri b’u Rwanda bari bashimuswe na FARDC ifatanyije na FDLR barekuwe

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare babiri b’u Rwanda bari bashimuswe na FARDC ifatanyije na FDLR barekuwe

Abasirikare babiri b’u Rwanda bari bashimuswe na FARDC ifatanyije na FDLR barekuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.