Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FARDC yongeye kurasa mu Kinigi nayo yashinje RDF kurasa muri Congo ibibombe 10

radiotv10by radiotv10
12/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
FARDC yongeye kurasa mu Kinigi nayo yashinje RDF kurasa muri Congo ibibombe 10
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye kurasa ibisasu bya rutura ku butaka bw’u Rwanda, na cyo cyashinje icy’u Rwanda (RDF) kurasa muri Congo.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Kamena 2022, Igisirikare cya DRCongo (FARDC) cyongeye kurasa ibisasu by’ibibombe mu Rwanda mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze ahaherutse kuraswa ibindi bikanakomeretsa bamwe mu banyarwanda.

Igisirikare cy’u Rwanda cyasohoye itangazo ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, kivuga ko ibi bisasu bibiri byo mu bwoko bwa roketi 122mm byatutse muri Bunagana birashwe na FARDC.

Iri tangazo rya RDF rivuga ko ibi bisasu ntawe byakomereje ariko ko byateye igishyika mu baturage, gusa cyongera kubahumuriza ko umutekano wabo urinzwe.

Nyuma y’iri tangazo ry’igisirikare cy’u Rwanda, icya Congo (FARDC) na cyo cyasohoye itangazo risubiza iri rya RDF, rishinja Igisirikare cy’u Rwanda gutera ibisasu by’amabombe 10 mu gace ka Kabaya na Biruma muri Teritwa ya Rutshuru.

Umuvugizi w’Igisirikare mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, Brig Gen Sylvain Ekenge, yavuze ko bimwe muri ibi bisasu byaguye muri Kabaya, byahitanye abana babiri barimo uw’imyaka irindwi n’undi w’imyaka itandatu mu gihe undi umwe yakomeretse.

Uyu musirikare avuga ko itangazo rya RDF ari urwitwazo ngo mu rwego rwo kujijisha amahanga, ati “Niyo mayeri yakoreshejwe mu bitero biheruka i Rumangabo na Kubumba.”

Brig Gen Sylvain Ekenge umaze iminsi yemeza ko u Rwanda rufasha M23, yongeye kubivuga ndetse avuga ko bafite amashusho agaragaza ingabo z’u Rwanda zafashe ibice bya Runyoni na Tchanzu mu rwego rwo gufasha uyu mutwe.

U Rwanda rukomeje guhakana ibi birego rushinjwa byo gufasha M23, ntacyo ruravuga kuri ibi birego bishya byo kuba RDF yarashe muri Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 8 =

Previous Post

Miss Kalimpinya yongeye kwitabira irushanwa rikomeye ry’isiganwa ry’imodoka

Next Post

Abasirikare babiri b’u Rwanda bari bashimuswe na FARDC ifatanyije na FDLR barekuwe

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare babiri b’u Rwanda bari bashimuswe na FARDC ifatanyije na FDLR barekuwe

Abasirikare babiri b’u Rwanda bari bashimuswe na FARDC ifatanyije na FDLR barekuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.