Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FBI yagiye gusaka kwa Trump ahita atabaza avuga ko yagabweho igitero

radiotv10by radiotv10
09/08/2022
in MU RWANDA
0
FBI yagiye gusaka kwa Trump ahita atabaza avuga ko yagabweho igitero
Share on FacebookShare on Twitter

Uwego rushinzwe iperereza imbere muri Leta Zunze Ubumwe za America (FBI), rwagiye gusaka mu rugo rwa Donald Trump ruherereye i Florida mu rwego rwo gukora iperereza ku nyandiko zirimo iz’ibanga zishobora kuba ziri iwe, ahita avuga ko yagabweho igitero cy’itsinda rigari.

Ibi byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere ubwo FBI yakoraga isaka ku rugo rwo kwa Trump i Mar-a-Lago ruri ku mucanga wa Palm nkuko byemejwe n’abantu batatu bo mu muryango we.

Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, na we ubwe yemeje aya makuru dore ko iki gikorwa cyabaye ari i New York ku nyubako ye ya Trump Tower, aho yagize ati “Banangoteye mu nyubako yanjye.”

Agaruka ku isaka ryakorewe ku rugo rwe, Trump yagize ati “Urugo rwanjye rwiza Mar-A-Lago ruri ku mucanga wa Palm muri Florida, ruri mu biganza by’igitero cyarwigaruriye kigizwe n’itsinda rigari rya FBI.”

Uburenganzira bwo gusaka kwa Trump bwatanzwe n’urwego rushinzwe ubutabera muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwatanzwe mu gihe uyu mugabo wabaye Perezida w’iki Gihugu ari guhangana n’ibibazo bijyanye n’uburabera

Trump kandi mu mezi macye ari imbere ategerejwe kugira icyo avuga ku kuva azongera guhatanira kongera kwinjira muri White House mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2024.

Uru rwego rushinzwe ubutabera rufite amaperereza abiri azwi ari gukorwa kuri Donald Trump arimo iri ryo kuba yarajyanye inyandiko z’ibanga.

Isaka ryatangiye mu gitondo cya kare kuri uyu wa Mbere aho abari muri iki gikorwa bibanze cyane mu bice birimo ibiro bya Trump ndetse n’aho ashyira ibintu byihariye.

Umwe mu bo mu muryango we yatangaje ko abakozi ba FBI banakoze ibizamini ku nyandiko zihabitse ndetse na tumwe mu dusanduku twari tubitsemo inyandiko tukaba twajyanywe.

Umuhungu wa Trump witwa Eric yabwiye Fox ati “Intego y’iri saka nkuko babitubwiye ngo yari uko ikigo cy’Igihugu gishinzwe ishyinguranyandiko kibishaka.”

Gusa umunyamategeko wa Trump, Christina Bobb, we yatangaje ko ibi byakozwe na FBI bidakwiye kuko uru rwego itsinda ry’abanyamateko b’uyu wabaye Perezida ryakoranye n’uru rwego mu bijyanye n’inyandiko ubwo yajyaga kuva muri White House.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 16 =

Previous Post

DRC: Depite ushinjwa gutuka Tshisekedi yanze kwitaba Inteko ubugirakabiri ayandikira ibaruwa ikarishye

Next Post

DRC: Imiryango itari iya Leta yavuze ubutumwa yifuza ko Blinken agomba kuzabwira Perezida Kagame

Related Posts

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya
FOOTBALL

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Imiryango itari iya Leta yavuze ubutumwa yifuza ko Blinken agomba kuzabwira Perezida Kagame

DRC: Imiryango itari iya Leta yavuze ubutumwa yifuza ko Blinken agomba kuzabwira Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.