Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FBI yagiye gusaka kwa Trump ahita atabaza avuga ko yagabweho igitero

radiotv10by radiotv10
09/08/2022
in MU RWANDA
0
FBI yagiye gusaka kwa Trump ahita atabaza avuga ko yagabweho igitero
Share on FacebookShare on Twitter

Uwego rushinzwe iperereza imbere muri Leta Zunze Ubumwe za America (FBI), rwagiye gusaka mu rugo rwa Donald Trump ruherereye i Florida mu rwego rwo gukora iperereza ku nyandiko zirimo iz’ibanga zishobora kuba ziri iwe, ahita avuga ko yagabweho igitero cy’itsinda rigari.

Ibi byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere ubwo FBI yakoraga isaka ku rugo rwo kwa Trump i Mar-a-Lago ruri ku mucanga wa Palm nkuko byemejwe n’abantu batatu bo mu muryango we.

Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, na we ubwe yemeje aya makuru dore ko iki gikorwa cyabaye ari i New York ku nyubako ye ya Trump Tower, aho yagize ati “Banangoteye mu nyubako yanjye.”

Agaruka ku isaka ryakorewe ku rugo rwe, Trump yagize ati “Urugo rwanjye rwiza Mar-A-Lago ruri ku mucanga wa Palm muri Florida, ruri mu biganza by’igitero cyarwigaruriye kigizwe n’itsinda rigari rya FBI.”

Uburenganzira bwo gusaka kwa Trump bwatanzwe n’urwego rushinzwe ubutabera muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwatanzwe mu gihe uyu mugabo wabaye Perezida w’iki Gihugu ari guhangana n’ibibazo bijyanye n’uburabera

Trump kandi mu mezi macye ari imbere ategerejwe kugira icyo avuga ku kuva azongera guhatanira kongera kwinjira muri White House mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2024.

Uru rwego rushinzwe ubutabera rufite amaperereza abiri azwi ari gukorwa kuri Donald Trump arimo iri ryo kuba yarajyanye inyandiko z’ibanga.

Isaka ryatangiye mu gitondo cya kare kuri uyu wa Mbere aho abari muri iki gikorwa bibanze cyane mu bice birimo ibiro bya Trump ndetse n’aho ashyira ibintu byihariye.

Umwe mu bo mu muryango we yatangaje ko abakozi ba FBI banakoze ibizamini ku nyandiko zihabitse ndetse na tumwe mu dusanduku twari tubitsemo inyandiko tukaba twajyanywe.

Umuhungu wa Trump witwa Eric yabwiye Fox ati “Intego y’iri saka nkuko babitubwiye ngo yari uko ikigo cy’Igihugu gishinzwe ishyinguranyandiko kibishaka.”

Gusa umunyamategeko wa Trump, Christina Bobb, we yatangaje ko ibi byakozwe na FBI bidakwiye kuko uru rwego itsinda ry’abanyamateko b’uyu wabaye Perezida ryakoranye n’uru rwego mu bijyanye n’inyandiko ubwo yajyaga kuva muri White House.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 5 =

Previous Post

DRC: Depite ushinjwa gutuka Tshisekedi yanze kwitaba Inteko ubugirakabiri ayandikira ibaruwa ikarishye

Next Post

DRC: Imiryango itari iya Leta yavuze ubutumwa yifuza ko Blinken agomba kuzabwira Perezida Kagame

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Imiryango itari iya Leta yavuze ubutumwa yifuza ko Blinken agomba kuzabwira Perezida Kagame

DRC: Imiryango itari iya Leta yavuze ubutumwa yifuza ko Blinken agomba kuzabwira Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.