Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gasabo: I Kinyinya bakomeje gahunda yo kurwanya COVID-19 binyuze mu bukangurambaga

radiotv10by radiotv10
29/09/2021
in MU RWANDA
0
Gasabo: I Kinyinya bakomeje gahunda yo kurwanya COVID-19 binyuze mu bukangurambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva icyorezo cya COVID-19 cyagera mu Rwanda igihugu cyashyizeho ingamba zitandukanye zo kukirwanya no kurinda abaturage mu bihe bitandukanye hagiye hashyirwaho gahunda ya “Guma mu rugo” na “Guma mu karere” bitewe n’uko ubwandu bwiyongeraga cyane.

Mu ngamba zafashwe zo kurwanya icyorezo cya COVID-19 nyuma y’umwaka n’amezi arindwi kigeze mu Rwanda, umujyi wa Kigali washyizeho ubukangurambaga bwihariye buzakorwa mu mirenge yose igize  umujyi wa Kigali.

Mu murenge wa Kinyinya, umwe mu mirenge igize akarere ka Gasabo ubu bukangurambaga bwarakomeje aho bumaze gukorerwa mu midugudu yose ya kagali ka kagugu. Kuri iyi nshuro bukaba bwakomereje mu kagari ka Gacuriro.

Image

Abaturage bo mu murenge wa Kinyinya bamaze kumenyera gahunda z’ubukangurambaga bwo kurwanya COVID-19

Muri ubu bukangurambaga hibanzwe ku bikorwa byo kuganiriza abaturage, kwibukiranya uburyo icyorezo cyandura n’uburyo gikwirakwira no gushishikariza abaturage ku kirinda.

Imbyino n’ikinamico byose bikubiyemo ubutumwa bwo kurwanya COVID-19 nibyo byiganje, bigakorwa n’urubyiruko ndetse n’abashesha akanguhe bagamije kugaragaza ububi bw’iki cyorezo n’uburyo bwo kukirinda.

Avuga ko bahisemo kubukora bahereye ku masibo baganiriza abaturage urugo ku rundi kandi ngo bizatanga umusaruro ku buryo hari ikizere ko hari ubwo batazongera kurwaza COVID-19 kuko abaturage bazaba bigishijwe bihagije.

Akomeza avuga ko kandi abaturage bitabiriye ubukangurambaga ku buryo bushimishije kandi bakaba bumva icyo ubu bukangurambaga bumariye umuturage.

Image

Umuyobozi w’kagari ka Gacuriro Kayitesi Redempta

Umuyobozi w’umurenge wa Kinyinya, Havuguziga Ntabwiko Charles asaba abaturage kurushaho kubahiriza ingamba zo kurwanya COVID-19 no kugira uruhare mu kuyikumira. Avuga ko hari ingamba nyinshi umurenge wafashe hagamijwe kurinda abaturage bawutuye cyane cyane abenshi batunzwe n’ibikorwa by’ubucuruzi n’ubushabitsi bityo kugira ngo ubuzima bukomeze kandi batanduye cyangwa ngo banduze abandi.

Image

Umuyobozi w’umurenge wa Kinyinya, Havuguziga Ntabwiko Charles

Akomeza kuri iyi ngingo avuga ko ubukangurambaga bwatanze umusaruro kuko byagabanyije umubare w’abandura COVID-19 ukurikije imibare yagaragaraga mbere  hataratangizwa ubukangurambaga kugeza ubu aho nta murwayi wa coronavirusi urangwa muri uyu murenge.

Aavuga ko kandi ubu bukangurambaga buzakomeza no mu tundi tugari twose hagamijwe kurushaho kwigisha abaturage kuko aho bahereye muri ubu bukangurambaga  abaturage babyumva kandi babigize ibyabo.

Umurenge wa Kinyinya bakomeje gushyira imbaraga mu  bukangurambaga bwo kurwanya COVID-19 mu gihe hari ibikorwa bimwe na bimwe byemerewe gufungura birimo utubari n’insengero ariko bakiri gukora igenzura hakurikijwe abanditse basaba kwemererwa kugira ngo bagenzure neza barebe ko ntacyazaba intandaro yo kwandura cyangwa kwanduza abandi bityo bazagenda babafungurira buhoro buhoro hakurikijwe uko bubahirije amabwiriza kuko nabemerewe babagenzura umunsi ku munsi bareba ko n’ingamba zo kwirinda zubahirizwa.

Image

Abaturage bo mu murenge wa Kinyinya bafite ibyapa bifashisha mu bukangurambaga

Ubu bukangurambaga bwatangijwe hagamijwe kurushaho gukangurira abantu kwirinda COVID-19 no gukurikiza amabwiriza, bukaba bwaratangiye kuwa 13 Nzeri 2021 bukazasozwa kuwa 15 Ukwakira 2021.

Ubu bukangurambaga bukaba bushingiye ku muturage aho ari uruhare rwumuturage, munsanganyamatsiko igira “iti”UBUDASA MU KURWANYA COVID-19(Operation one stop).

Inkuru ya Hakizimana Emmanuel/RadioTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

AS Muhanga na Sunrise FC zishobora gusubizwa mu cyiciro cya mbere

Next Post

GATSIBO: Hari abatazi ubwiza bw’umuriro w’amashanyarazi

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

by radiotv10
03/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko rufunze abagabo batatu bafatanywe amahembe y’inzovu yaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bayatwaye mu...

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

by radiotv10
03/11/2025
0

Mondays are hard. After a relaxing weekend, it’s easy to put off work, scroll on your phone, or tell yourself,...

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

by radiotv10
03/11/2025
0

Inzu isanzwe ari icumbi ry’abanyeshuri mu ishuri rya IWE (Institute Of Women For Excellence) Secondary School riherereye mu Karere ka...

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

by radiotv10
03/11/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batanu barimo umugore umwe, bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano, birimo ubujura...

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri, Madamu Jeannette Kagame yasabye Abanyarwanda gukomeza kwimakaza Ihame ntakukuka ry’Ubunyarwanda, abibutsa ko gahunda ya...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora
AMAHANGA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

03/11/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

03/11/2025
Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
GATSIBO: Hari abatazi ubwiza bw’umuriro w’amashanyarazi

GATSIBO: Hari abatazi ubwiza bw’umuriro w’amashanyarazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.