Monday, June 16, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gasabo: I Kinyinya bakomeje gahunda yo kurwanya COVID-19 binyuze mu bukangurambaga

radiotv10by radiotv10
29/09/2021
in MU RWANDA
0
Gasabo: I Kinyinya bakomeje gahunda yo kurwanya COVID-19 binyuze mu bukangurambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva icyorezo cya COVID-19 cyagera mu Rwanda igihugu cyashyizeho ingamba zitandukanye zo kukirwanya no kurinda abaturage mu bihe bitandukanye hagiye hashyirwaho gahunda ya “Guma mu rugo” na “Guma mu karere” bitewe n’uko ubwandu bwiyongeraga cyane.

Mu ngamba zafashwe zo kurwanya icyorezo cya COVID-19 nyuma y’umwaka n’amezi arindwi kigeze mu Rwanda, umujyi wa Kigali washyizeho ubukangurambaga bwihariye buzakorwa mu mirenge yose igize  umujyi wa Kigali.

Mu murenge wa Kinyinya, umwe mu mirenge igize akarere ka Gasabo ubu bukangurambaga bwarakomeje aho bumaze gukorerwa mu midugudu yose ya kagali ka kagugu. Kuri iyi nshuro bukaba bwakomereje mu kagari ka Gacuriro.

Image

Abaturage bo mu murenge wa Kinyinya bamaze kumenyera gahunda z’ubukangurambaga bwo kurwanya COVID-19

Muri ubu bukangurambaga hibanzwe ku bikorwa byo kuganiriza abaturage, kwibukiranya uburyo icyorezo cyandura n’uburyo gikwirakwira no gushishikariza abaturage ku kirinda.

Imbyino n’ikinamico byose bikubiyemo ubutumwa bwo kurwanya COVID-19 nibyo byiganje, bigakorwa n’urubyiruko ndetse n’abashesha akanguhe bagamije kugaragaza ububi bw’iki cyorezo n’uburyo bwo kukirinda.

Avuga ko bahisemo kubukora bahereye ku masibo baganiriza abaturage urugo ku rundi kandi ngo bizatanga umusaruro ku buryo hari ikizere ko hari ubwo batazongera kurwaza COVID-19 kuko abaturage bazaba bigishijwe bihagije.

Akomeza avuga ko kandi abaturage bitabiriye ubukangurambaga ku buryo bushimishije kandi bakaba bumva icyo ubu bukangurambaga bumariye umuturage.

Image

Umuyobozi w’kagari ka Gacuriro Kayitesi Redempta

Umuyobozi w’umurenge wa Kinyinya, Havuguziga Ntabwiko Charles asaba abaturage kurushaho kubahiriza ingamba zo kurwanya COVID-19 no kugira uruhare mu kuyikumira. Avuga ko hari ingamba nyinshi umurenge wafashe hagamijwe kurinda abaturage bawutuye cyane cyane abenshi batunzwe n’ibikorwa by’ubucuruzi n’ubushabitsi bityo kugira ngo ubuzima bukomeze kandi batanduye cyangwa ngo banduze abandi.

Image

Umuyobozi w’umurenge wa Kinyinya, Havuguziga Ntabwiko Charles

Akomeza kuri iyi ngingo avuga ko ubukangurambaga bwatanze umusaruro kuko byagabanyije umubare w’abandura COVID-19 ukurikije imibare yagaragaraga mbere  hataratangizwa ubukangurambaga kugeza ubu aho nta murwayi wa coronavirusi urangwa muri uyu murenge.

Aavuga ko kandi ubu bukangurambaga buzakomeza no mu tundi tugari twose hagamijwe kurushaho kwigisha abaturage kuko aho bahereye muri ubu bukangurambaga  abaturage babyumva kandi babigize ibyabo.

Umurenge wa Kinyinya bakomeje gushyira imbaraga mu  bukangurambaga bwo kurwanya COVID-19 mu gihe hari ibikorwa bimwe na bimwe byemerewe gufungura birimo utubari n’insengero ariko bakiri gukora igenzura hakurikijwe abanditse basaba kwemererwa kugira ngo bagenzure neza barebe ko ntacyazaba intandaro yo kwandura cyangwa kwanduza abandi bityo bazagenda babafungurira buhoro buhoro hakurikijwe uko bubahirije amabwiriza kuko nabemerewe babagenzura umunsi ku munsi bareba ko n’ingamba zo kwirinda zubahirizwa.

Image

Abaturage bo mu murenge wa Kinyinya bafite ibyapa bifashisha mu bukangurambaga

Ubu bukangurambaga bwatangijwe hagamijwe kurushaho gukangurira abantu kwirinda COVID-19 no gukurikiza amabwiriza, bukaba bwaratangiye kuwa 13 Nzeri 2021 bukazasozwa kuwa 15 Ukwakira 2021.

Ubu bukangurambaga bukaba bushingiye ku muturage aho ari uruhare rwumuturage, munsanganyamatsiko igira “iti”UBUDASA MU KURWANYA COVID-19(Operation one stop).

Inkuru ya Hakizimana Emmanuel/RadioTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + nine =

Previous Post

AS Muhanga na Sunrise FC zishobora gusubizwa mu cyiciro cya mbere

Next Post

GATSIBO: Hari abatazi ubwiza bw’umuriro w’amashanyarazi

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Umunyamakuru ibyangombwa bye byasanganywe umujura warashwe yavuze ibyamubaye

by radiotv10
16/06/2025
0

Umuturage ukekwaho ubujura warasiwe na Polisi mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro nyuma yo gushaka gutema umupolisi, yasanganywe...

Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe

Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe

by radiotv10
16/06/2025
0

Pasiteri Nshimyumurwa Athanase wakokeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, yavuze ko mu gihe cya...

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro akurikiranyweho kwica ateraguye ibyuma umugore bari bamaranye amezi abiri babana,...

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

by radiotv10
13/06/2025
0

Umunyamakuru Sengabo Jean Bosco wamenyekanye nka Fatakumavuta, yahamijwe ibyaha akurikiranyweho bishingiye ku byo yatangazaga ku byamamare birimo gutangaza amakuru y’ibihuha,...

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

by radiotv10
13/06/2025
0

Ubuyobozi bw’uruganda ‘Basile Industries ltd’ ruherereye mu Karere ka Muhanga, rwakoragamo umukozi wishwe n’imashini yakoreshaga, rwizeje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko...

IZIHERUKA

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa
MU RWANDA

Umunyamakuru ibyangombwa bye byasanganywe umujura warashwe yavuze ibyamubaye

by radiotv10
16/06/2025
0

Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe

Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe

16/06/2025
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

14/06/2025
Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

14/06/2025
Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

14/06/2025
Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

14/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
GATSIBO: Hari abatazi ubwiza bw’umuriro w’amashanyarazi

GATSIBO: Hari abatazi ubwiza bw’umuriro w’amashanyarazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umunyamakuru ibyangombwa bye byasanganywe umujura warashwe yavuze ibyamubaye

Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.