Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen.Alex Kagame wahawe inshingano nshya muri RDF yahererekanyije ububasha n’uwo asimbuye

radiotv10by radiotv10
22/10/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Gen.Alex Kagame wahawe inshingano nshya muri RDF yahererekanyije ububasha n’uwo asimbuye
Share on FacebookShare on Twitter

Maj Gen Alex Kagame uherutse guhabwa inshingano zo kuba Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, yahererekanyije ububasha bw’inshingano na Maj Gen (Rtd) Frank Mugambage, yasimbuye.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 21 Ukwakira 2024 nk’uko tubikesha ubuyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda.

Muri iki gikorwa cyo guhererekanya ububasha bw’inshingano hagati y’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara mushya n’uwo asimbuye, cyanitabiriwe n’abayobozi b’amashami y’uru rwego rw’Inkeragutabara.

Maj Gen Alex Kagame yahererekanyije ububasha bw’Inshingano n’uwo asimbuye nyuma y’umunsi umwe arahiriye izi nshingano, aho yarahiriye rimwe n’abayobozi bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda (Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu) mu muhango wayobowe na Perezida Paul Kagame ku wa Gatandatu tariki 19 Ukwakira 2024.

Maj Gen Alex Kagame wagize imyanya inyuranye mu buyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, yahawe izi nshingano zo kuba Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara mu cyumweru gishize, aho yanashyiriweho rimwe na Maj Gen Andrew Kagame wagizwe Umuyobozi wa Diviziyo ya Mbere mu Ngabo z’u Rwanda [Ukuriye Ingabo mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara y’Iburasirazuba].

Ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi barimo Maj Gen Alex Kagame, Perezida Paul Kagame yagarutse kuri aya mazina y’abantu bitiranwa (Kagame), akuraho urujijo rw’abashobora gukeka ko aha imyanya abo mu muryango we, avuga ko mu muco Nyarwanda, abantu basanzwe bagira amazina yitiranwa, bashobora kwita abana babo ku mpamvu zinyuranye zirimo no kuba umuntu yakwifuza kwita undi izina bitewe n’uburyo umuryango ubonamo ufite iryo izina ibikorwa by’intangarugero.

Umuhango w’ihererekanyabubasha witabiriwe n’abakuriye amashami mu rwego rw’Inkeragutabara

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Nyabihu: Havuzwe igikekwaho gutera umunyeshuri kwiyahura

Next Post

Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hasigaye umuntu umwe ukirwaye

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

MoMo Rwanda Ltd, in partnership with the Rwanda Social Security Board (RSSB), has officially launched ‘Iremere EjoHeza’, a digital solution...

IZIHERUKA

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano
IBYAMAMARE

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

by radiotv10
27/11/2025
0

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

26/11/2025
Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hasigaye umuntu umwe ukirwaye

Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hasigaye umuntu umwe ukirwaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.