Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen.Alex Kagame wahawe inshingano nshya muri RDF yahererekanyije ububasha n’uwo asimbuye

radiotv10by radiotv10
22/10/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Gen.Alex Kagame wahawe inshingano nshya muri RDF yahererekanyije ububasha n’uwo asimbuye
Share on FacebookShare on Twitter

Maj Gen Alex Kagame uherutse guhabwa inshingano zo kuba Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, yahererekanyije ububasha bw’inshingano na Maj Gen (Rtd) Frank Mugambage, yasimbuye.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 21 Ukwakira 2024 nk’uko tubikesha ubuyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda.

Muri iki gikorwa cyo guhererekanya ububasha bw’inshingano hagati y’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara mushya n’uwo asimbuye, cyanitabiriwe n’abayobozi b’amashami y’uru rwego rw’Inkeragutabara.

Maj Gen Alex Kagame yahererekanyije ububasha bw’Inshingano n’uwo asimbuye nyuma y’umunsi umwe arahiriye izi nshingano, aho yarahiriye rimwe n’abayobozi bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda (Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu) mu muhango wayobowe na Perezida Paul Kagame ku wa Gatandatu tariki 19 Ukwakira 2024.

Maj Gen Alex Kagame wagize imyanya inyuranye mu buyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, yahawe izi nshingano zo kuba Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara mu cyumweru gishize, aho yanashyiriweho rimwe na Maj Gen Andrew Kagame wagizwe Umuyobozi wa Diviziyo ya Mbere mu Ngabo z’u Rwanda [Ukuriye Ingabo mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara y’Iburasirazuba].

Ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi barimo Maj Gen Alex Kagame, Perezida Paul Kagame yagarutse kuri aya mazina y’abantu bitiranwa (Kagame), akuraho urujijo rw’abashobora gukeka ko aha imyanya abo mu muryango we, avuga ko mu muco Nyarwanda, abantu basanzwe bagira amazina yitiranwa, bashobora kwita abana babo ku mpamvu zinyuranye zirimo no kuba umuntu yakwifuza kwita undi izina bitewe n’uburyo umuryango ubonamo ufite iryo izina ibikorwa by’intangarugero.

Umuhango w’ihererekanyabubasha witabiriwe n’abakuriye amashami mu rwego rw’Inkeragutabara

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Nyabihu: Havuzwe igikekwaho gutera umunyeshuri kwiyahura

Next Post

Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hasigaye umuntu umwe ukirwaye

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utonika Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utonika Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hasigaye umuntu umwe ukirwaye

Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hasigaye umuntu umwe ukirwaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utonika Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.