Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen.Alex Kagame wahawe inshingano nshya muri RDF yahererekanyije ububasha n’uwo asimbuye

radiotv10by radiotv10
22/10/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Gen.Alex Kagame wahawe inshingano nshya muri RDF yahererekanyije ububasha n’uwo asimbuye
Share on FacebookShare on Twitter

Maj Gen Alex Kagame uherutse guhabwa inshingano zo kuba Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, yahererekanyije ububasha bw’inshingano na Maj Gen (Rtd) Frank Mugambage, yasimbuye.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 21 Ukwakira 2024 nk’uko tubikesha ubuyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda.

Muri iki gikorwa cyo guhererekanya ububasha bw’inshingano hagati y’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara mushya n’uwo asimbuye, cyanitabiriwe n’abayobozi b’amashami y’uru rwego rw’Inkeragutabara.

Maj Gen Alex Kagame yahererekanyije ububasha bw’Inshingano n’uwo asimbuye nyuma y’umunsi umwe arahiriye izi nshingano, aho yarahiriye rimwe n’abayobozi bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda (Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu) mu muhango wayobowe na Perezida Paul Kagame ku wa Gatandatu tariki 19 Ukwakira 2024.

Maj Gen Alex Kagame wagize imyanya inyuranye mu buyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, yahawe izi nshingano zo kuba Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara mu cyumweru gishize, aho yanashyiriweho rimwe na Maj Gen Andrew Kagame wagizwe Umuyobozi wa Diviziyo ya Mbere mu Ngabo z’u Rwanda [Ukuriye Ingabo mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara y’Iburasirazuba].

Ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi barimo Maj Gen Alex Kagame, Perezida Paul Kagame yagarutse kuri aya mazina y’abantu bitiranwa (Kagame), akuraho urujijo rw’abashobora gukeka ko aha imyanya abo mu muryango we, avuga ko mu muco Nyarwanda, abantu basanzwe bagira amazina yitiranwa, bashobora kwita abana babo ku mpamvu zinyuranye zirimo no kuba umuntu yakwifuza kwita undi izina bitewe n’uburyo umuryango ubonamo ufite iryo izina ibikorwa by’intangarugero.

Umuhango w’ihererekanyabubasha witabiriwe n’abakuriye amashami mu rwego rw’Inkeragutabara

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − nineteen =

Previous Post

Nyabihu: Havuzwe igikekwaho gutera umunyeshuri kwiyahura

Next Post

Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hasigaye umuntu umwe ukirwaye

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hasigaye umuntu umwe ukirwaye

Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hasigaye umuntu umwe ukirwaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.