Monday, July 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen Kainerugaba umuhungu wa Museveni yageze mu Rwanda arabonana na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
22/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Gen Kainerugaba umuhungu wa Museveni yageze mu Rwanda arabonana na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, akaba n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, yageze i Kigali mu Rwanda aho aje kubonana na Perezida Paul Kagame yita Se wabo.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yari aherutse kuvuga ko Perezida Paul Kagame ari Se wabo ndetse ko abagambirira kumurwanya baba badasize umuryango we.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Mutarama 2022, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yari yatangaje ubutumwa kuri Twitter ko uyu munsi ku wa Gatandatu tariki 22 Mutarama 2022 aza kuba ari mu Rwanda.

Muri ubu butumwa yari yashyize kuri Twitter kuri uyu wa Gatanu, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yagize ati “Ejo nzaba ndi kumwe na Data wacu Paul Kagame, Perezida w’u Rwanda, amakuru arambuye muzagezwaho ku gihe.”

Akigera mu Rwanda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yakiriwe n’abayobozi banyuranye mu gisirikare cy’u Rwanda, arimo Umuyobozi w’Ingabo zirinda Umukuru w’Igihugu, Brig Gen Willy Rwagasana ndetse n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Col Ronald Rwivanga.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba aje mu Rwanda mu gihe hashize imyaka itatu ibihugu byari bisanzwe bifatwa nk’ibavandimwe bitagenderana kuko kuva mu ntangiro za 2019, u Rwanda rwagiriye inama Abanyarwanda kutajya muri Uganda kubera abajyagayo bagirirwaga nabi.

Uku gufunga imipaka yahuzaga ibihugu byombi, kwakurikiye no kwerura ibibazo biri hagati y’u Rwanda aho u Rwanda rwagaragaje ibimenyetso simusiga ko Uganda ishyigikira imitwe irwanya ubuyobozi bw’u Rwanda.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba uherutse kwita Perezida Kagame Se wabo/Nyirarume, benshi mu basesenguzi batangiye kuvuga ko yaba ashaka guhuza Abakuru b’Ibihugu byombi bamaze igihe batavugana.

Uyu muhungu wa Museveni unafite ijambo rikomeye muri Uganda dore ko bivugwa ko azasimbura Se, araganira na Perezida Kagame ku mubano w’ibihugu byombi ndetse biteganyijwe ko baza guha umurongo uko ibibazo bimaze iminsi hagati y’ibihugu byatorerwa umuti.

Tomorrow I will be with my Uncle Paul Kagame the President of Rwanda, updates will be revealed in time.

— Muhoozi Kainerugaba Parody (@mkainerugabaa) January 21, 2022

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − five =

Previous Post

Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Next Post

Ibibazo by’u Rwanda na Uganda ntibyakemuka mu munota umwe- Mukuralinda

Related Posts

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
06/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
06/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

IZIHERUKA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda
MU RWANDA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
06/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

06/07/2025
Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibibazo by’u Rwanda na Uganda ntibyakemuka mu munota umwe- Mukuralinda

Ibibazo by’u Rwanda na Uganda ntibyakemuka mu munota umwe- Mukuralinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.