Sunday, February 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

radiotv10by radiotv10
13/08/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yongeye kuvuga ko Igisirikare cy’iki Gihugu (UPDF) n’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ari abavandimwe, ndetse ko vuba aha amakipe y’Ingabo z’Ibihugu byombi ateganya guhurira mu kibuga bagaconga ruhago.

General Muhoozi wakunze kugaragaza ko u Rwanda ari mu rugo ha kabiri, yanakunze kuvuga ko nyuma y’Igisirikare ayoboye UPDF, akunda icy’u Rwanda RDF.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Kanama 2025, General Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe.

Yagize ati “RDF ni ab’abavandimwe bacu bo mu maraso kandi tuvukana. Igihe cyose duhora dufatanya. Amakipe yacu y’umupira w’amaguru azahura vuba mu mukino wo kwishyura i Musanze.”

General Muhoozi Kainerugaba wagize uruhare mu kuzahura umubano wa Uganda n’u Rwanda wigeze kugwamo igitotsi, muri Gicurasi 2022, yavuze ko kongera kunga ubumwe bwa UPDF na RDF ari kimwe mu bikorwa by’indashyikirwa yagezeho mu mateka ye mu gisirikare.

Mu kwezi k’Ukwakira uwo mwaka wa 2022 kandi Muhoozi yavuze ko UPDF na RDF ari byo bisirikare bya mbere byiza ku Mugabane wa Afurika, kandi ko bishyize hamwe nta mwanzi n’umwe byananirwa guhashya.

General Muganga wa RDF na Gen Muhoozi wa UPDF bahana impano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 7 =

Previous Post

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Next Post

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Related Posts

Umupolisi ufite ipeti rya Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi yirukaniwe kwiba umuceri

Umupolisi ufite ipeti rya Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi yirukaniwe kwiba umuceri

by radiotv10
22/02/2026
0

  Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yirukanye umupolisi ufite ipeti rya Colonel mu Gipolisi cy’iki Gihugu, amuziza kwiba umuceri ugenewe...

Uruzinduko rw’umuyobozi woherejwe n’u Burayi kuganira na AFC/M23 rwasize hakozwe byinshi

Uruzinduko rw’umuyobozi woherejwe n’u Burayi kuganira na AFC/M23 rwasize hakozwe byinshi

by radiotv10
22/02/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko uruzinduko rwa Komiseri mu Muryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi ushinzwe Ibikorwa by'Ubutabazi, Hadja Lahbib; rwasize ibyemezo...

AFC/M23 iragaya amahanga uko akomeje kwitwara ku biri kubera mu bice birimo Minembwe

AFC/M23 iragaya amahanga uko akomeje kwitwara ku biri kubera mu bice birimo Minembwe

by radiotv10
20/02/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ribabajwe no kubona umuryango mpuzamahanga ukomeje kuruca...

Umudepite muri Tunisia yakatiwe gufungwa amezi umunani kubera ubutumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga

Umudepite muri Tunisia yakatiwe gufungwa amezi umunani kubera ubutumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
20/02/2026
0

Urukiko rwo muri Tunisia rwakatiye umudepite igifungo cy’amezi umunani kubera ubutumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga asebya Perezida Kais Saied, nyuma...

Agezweho: Murumuna w’Umwami w’u Bwongereza wari watawe muri yombi yarekuwe

Agezweho: Murumuna w’Umwami w’u Bwongereza wari watawe muri yombi yarekuwe

by radiotv10
20/02/2026
0

Uwahoze ari igikomangoma cy’u Bwongereza, Andrew Mountbatten-Windsor, murumuna w’Umwami Charles III, yarekuwe n’inzego z’umutekano nyuma yo gutabwa muri yombi akekwaho...

IZIHERUKA

TdRwanda2026: Umunya-Israel yegukanye agace ka mbere, Umunyarwanda aza mu 10 ba mbere
SIPORO

TdRwanda2026: Umunya-Israel yegukanye agace ka mbere, Umunyarwanda aza mu 10 ba mbere

by radiotv10
22/02/2026
0

Umupolisi ufite ipeti rya Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi yirukaniwe kwiba umuceri

Umupolisi ufite ipeti rya Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi yirukaniwe kwiba umuceri

22/02/2026
Uruzinduko rw’umuyobozi woherejwe n’u Burayi kuganira na AFC/M23 rwasize hakozwe byinshi

Uruzinduko rw’umuyobozi woherejwe n’u Burayi kuganira na AFC/M23 rwasize hakozwe byinshi

22/02/2026
Ubutumwa bukora ku mutima bwa nyuma umukinnyi wa filimi Eric Dane yageneye abakobwa be mbere yuko apfa

Ubutumwa bukora ku mutima bwa nyuma umukinnyi wa filimi Eric Dane yageneye abakobwa be mbere yuko apfa

22/02/2026
Iby’ingenzi wamenya kuri Tour du Rwanda 2026 mbere y’uko itangira

Iby’ingenzi wamenya kuri Tour du Rwanda 2026 mbere y’uko itangira

21/02/2026
Stay clean and confident: Simple hygiene habits every man needs

Stay clean and confident: Simple hygiene habits every man needs

21/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

TdRwanda2026: Umunya-Israel yegukanye agace ka mbere, Umunyarwanda aza mu 10 ba mbere

Umupolisi ufite ipeti rya Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi yirukaniwe kwiba umuceri

Uruzinduko rw’umuyobozi woherejwe n’u Burayi kuganira na AFC/M23 rwasize hakozwe byinshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.