Monday, September 14, 2026
RW|EN
SIPORO

Gen.(Rtd) Kabarebe yahuye na Ouattara nyuma yo gufasha APR gusezerera ikipe yo muri Congo

Gen.(Rtd) Kabarebe yahuye na Ouattara nyuma yo gufasha APR gusezerera ikipe yo muri Congo

Rutahizamu wa APR FC akaba na kapiteni wayo, Djibril Ouattara, yahuye na Perezida w’Icyubahiro w’iyi kipe, Gen. (Rtd) James Kabarebe, nyuma y’intsinzi iyi kipe yakuye mu mikino ya CAF Champions League, igasezerera Les Aigles du Congo yo muri DRC.

Ouattara yahuye na Gen. (Rtd) Kabarebe kuri iki Cyumweru tariki 13 Nzeri 2026, mu gihe APR FC ikomeje imyiteguro y’imikino ikurikira nyuma yo gusezerera Les Aigles du Congo yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Muri uku guhura, Ouattara yari yitwaje ibihembo aherutse kwegukana abimurikira General (Rtd) James Kabarebe usanzwe aba hafi cyane ikipe ya APR.

APR FC yasezereye iyi kipe yo muri dr ku giteranyo cy’ibitego 3-1, ihita ikomeza mu cyiciro gikurikira cya CAF Champions League.

Ibitego bitatu byose bya APR FC byabonetse mu mukino wo kwishyura wabereye kuri Sitade Amahoro i Kigali ku wa Gatanu tariki 11 Nzeri 2026.

Ni ibitego birimo bibiri by’uyu Kapiteni wa APR Ouattara, birimo icya mbere cyafunguye izamu ndete n’icya gatatu yatsinze kuri peneliti bigafasha iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda gusezerera iyi muri DRC.

Djibril Ouattara ni umwe mu bakinnyi bagize uruhare rukomeye mu rugendo rwa APR FC mu mwaka ushize w’imikino. Yasoje shampiyona ari we mukinnyi wayo watsinze ibitego byinshi.

Uyu rutahizamu kandi yashyizwe mu ikipe y’abakinnyi beza ba shampiyona y’umwaka ushize, mbere yo no kwegukana igihembo cy’umukinnyi watsinze ibitego byinshi mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup.

Kuva yagera muri APR FC, Ouattara yagiye agaragaza ubushobozi bwo gutsinda ibitego no gufasha iyi kipe mu mikino ikomeye, ibintu byatumye aba umwe mu bakinnyi b’ingenzi umutoza yishingikirizaho.

Ubu APR FC iritegura gukomeza urugendo rwayo mu mikino Nyafurika, aho izaba ishaka kugera kure muri CAF Champions League nyuma yo gutangira neza irushanwa.

Ouattara yamurikiye Gen (Rtd) Kabarebe ibihembo aherutse kwegukana muri APR FC
Yamushyikirije umwambaro w’ikipe y’Igihugu y’iwabo

RADIOTV10

Sangira: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − one =