Tuesday, August 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gisagara: Bashyize hanze icyo Ibitaro baturiye bikora kigatuma bava mu ngo zabo

radiotv10by radiotv10
02/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gisagara: Bashyize hanze icyo Ibitaro baturiye bikora kigatuma bava mu ngo zabo
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturiye ibitaro bya Kibilizi mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, bavuga ko iyo bitwitse imyanda, bituma bava mu ngo zabo, kuko imashini ibikora izamura ibyotso bigasakara mu ngo zabo kandi bikaza bifite umunuko ukabije.

Aba baturage bavuga ko babangamirwa n’ibyotsi bizamurwa n’iyi mashini itwika imyanda yo muri ibi Bitaro bya Kibirizi, ku buryo bafite impungenge ko bizanabaviramo uburwayi.

Umwe ati “Iyo batwitse imyanda aha usanga imyotsi ikwira mu ngo z’abaturage. Barabitwika bikanuka bikaza mu ngo zacu bikatubangamira tukumva tubuze aho dukwirwa.”

Undi ati “Hari ukuntu imashini yaka aha hose mu baturage umunuko ugakwira mu ngo z’abaturage bikaba ngombwa ko duhunga ingo zacu.”

Bifuza ko ubuyobozi bw’ibi Bitaro bwafata ingamba kuri iki kibazo cyabo, kuko babona hatagize igikorwa byazashyira mu kaga ubuzima bwabo, mu gihe ibi bitaro babyegerejwe bije kuramira amagara yabo ariko bikaba bigiye kuyavutsa ababituriye.

Undi ati “Twari twifuje ko bajya babitwikira ahantu hatari hagati mu ngo, kuko kubitwikira hagati mu baturage ni ikibazo gikomeye, cyangwa bakatwimura.”

Umuyobozi w’ibitaro bya Kibilizi, Dr. Vedaste Mbayire avuga ko iki kibazo akizi ndetse n’inzego zitandukanye bireba zikaba ziri kukivugutira umuti.

Ati “Turakorana na RBC kugira ngo bazaduhe ikindi cyuma kidateza ibibazo, n’Akarere karakizi, turi kureba uko cyashakirwa igisubizo kirambye, twanditse dusaba imashini zigezweho.”

Ureste umunuko ndetse n’ibyotsi bibangamira aba baturage, banagaragaza ko muri ibi bitaro, hakunze kugaragara imyanda inyanyagiye hirya no hino mu bitaro ndetse no hanze yabyo.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Fly high with MTN’s “Recharge and Win!” promo and stand a chance to win prizes worth over RWF 200,000,000

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje inzego zikwiye gushyirwamo imbaraga mu mikoranire ya Afurika na Indonesia

Related Posts

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

by radiotv10
12/08/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yakomoje ku gikorwa cy’Umuganda rusange umaze kumenyerwa mu Rwanda, wanagiye ufatirwaho...

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

by radiotv10
12/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibirego by’ibinyoma by’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu (OHCHR) bishinja Ingabo z’iki Gihugu (RDF) ngo...

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

by radiotv10
12/08/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Dahwe mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bongeye kuvoma amazi y’ibishanga nyamara...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
12/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

by radiotv10
11/08/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga yahaye ikiganiro urubyiruko ruri mu Itorero Indangamirwa icyiciro cya 15, arugaragariza ko...

IZIHERUKA

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda
MU RWANDA

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

by radiotv10
12/08/2025
0

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

12/08/2025
U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

12/08/2025
Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

12/08/2025
Rwanda’s dance revolution: From Amaraba to Afro-Fusion

Rwanda’s dance revolution: From Amaraba to Afro-Fusion

12/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

12/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje inzego zikwiye gushyirwamo imbaraga mu mikoranire ya Afurika na Indonesia

Perezida Kagame yagaragaje inzego zikwiye gushyirwamo imbaraga mu mikoranire ya Afurika na Indonesia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.