Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gisagara: Bashyize hanze icyo Ibitaro baturiye bikora kigatuma bava mu ngo zabo

radiotv10by radiotv10
02/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gisagara: Bashyize hanze icyo Ibitaro baturiye bikora kigatuma bava mu ngo zabo
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturiye ibitaro bya Kibilizi mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, bavuga ko iyo bitwitse imyanda, bituma bava mu ngo zabo, kuko imashini ibikora izamura ibyotso bigasakara mu ngo zabo kandi bikaza bifite umunuko ukabije.

Aba baturage bavuga ko babangamirwa n’ibyotsi bizamurwa n’iyi mashini itwika imyanda yo muri ibi Bitaro bya Kibirizi, ku buryo bafite impungenge ko bizanabaviramo uburwayi.

Umwe ati “Iyo batwitse imyanda aha usanga imyotsi ikwira mu ngo z’abaturage. Barabitwika bikanuka bikaza mu ngo zacu bikatubangamira tukumva tubuze aho dukwirwa.”

Undi ati “Hari ukuntu imashini yaka aha hose mu baturage umunuko ugakwira mu ngo z’abaturage bikaba ngombwa ko duhunga ingo zacu.”

Bifuza ko ubuyobozi bw’ibi Bitaro bwafata ingamba kuri iki kibazo cyabo, kuko babona hatagize igikorwa byazashyira mu kaga ubuzima bwabo, mu gihe ibi bitaro babyegerejwe bije kuramira amagara yabo ariko bikaba bigiye kuyavutsa ababituriye.

Undi ati “Twari twifuje ko bajya babitwikira ahantu hatari hagati mu ngo, kuko kubitwikira hagati mu baturage ni ikibazo gikomeye, cyangwa bakatwimura.”

Umuyobozi w’ibitaro bya Kibilizi, Dr. Vedaste Mbayire avuga ko iki kibazo akizi ndetse n’inzego zitandukanye bireba zikaba ziri kukivugutira umuti.

Ati “Turakorana na RBC kugira ngo bazaduhe ikindi cyuma kidateza ibibazo, n’Akarere karakizi, turi kureba uko cyashakirwa igisubizo kirambye, twanditse dusaba imashini zigezweho.”

Ureste umunuko ndetse n’ibyotsi bibangamira aba baturage, banagaragaza ko muri ibi bitaro, hakunze kugaragara imyanda inyanyagiye hirya no hino mu bitaro ndetse no hanze yabyo.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 1 =

Previous Post

Fly high with MTN’s “Recharge and Win!” promo and stand a chance to win prizes worth over RWF 200,000,000

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje inzego zikwiye gushyirwamo imbaraga mu mikoranire ya Afurika na Indonesia

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje inzego zikwiye gushyirwamo imbaraga mu mikoranire ya Afurika na Indonesia

Perezida Kagame yagaragaje inzego zikwiye gushyirwamo imbaraga mu mikoranire ya Afurika na Indonesia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.