Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gisagara: Bashyize hanze icyo Ibitaro baturiye bikora kigatuma bava mu ngo zabo

radiotv10by radiotv10
02/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gisagara: Bashyize hanze icyo Ibitaro baturiye bikora kigatuma bava mu ngo zabo
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturiye ibitaro bya Kibilizi mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, bavuga ko iyo bitwitse imyanda, bituma bava mu ngo zabo, kuko imashini ibikora izamura ibyotso bigasakara mu ngo zabo kandi bikaza bifite umunuko ukabije.

Aba baturage bavuga ko babangamirwa n’ibyotsi bizamurwa n’iyi mashini itwika imyanda yo muri ibi Bitaro bya Kibirizi, ku buryo bafite impungenge ko bizanabaviramo uburwayi.

Umwe ati “Iyo batwitse imyanda aha usanga imyotsi ikwira mu ngo z’abaturage. Barabitwika bikanuka bikaza mu ngo zacu bikatubangamira tukumva tubuze aho dukwirwa.”

Undi ati “Hari ukuntu imashini yaka aha hose mu baturage umunuko ugakwira mu ngo z’abaturage bikaba ngombwa ko duhunga ingo zacu.”

Bifuza ko ubuyobozi bw’ibi Bitaro bwafata ingamba kuri iki kibazo cyabo, kuko babona hatagize igikorwa byazashyira mu kaga ubuzima bwabo, mu gihe ibi bitaro babyegerejwe bije kuramira amagara yabo ariko bikaba bigiye kuyavutsa ababituriye.

Undi ati “Twari twifuje ko bajya babitwikira ahantu hatari hagati mu ngo, kuko kubitwikira hagati mu baturage ni ikibazo gikomeye, cyangwa bakatwimura.”

Umuyobozi w’ibitaro bya Kibilizi, Dr. Vedaste Mbayire avuga ko iki kibazo akizi ndetse n’inzego zitandukanye bireba zikaba ziri kukivugutira umuti.

Ati “Turakorana na RBC kugira ngo bazaduhe ikindi cyuma kidateza ibibazo, n’Akarere karakizi, turi kureba uko cyashakirwa igisubizo kirambye, twanditse dusaba imashini zigezweho.”

Ureste umunuko ndetse n’ibyotsi bibangamira aba baturage, banagaragaza ko muri ibi bitaro, hakunze kugaragara imyanda inyanyagiye hirya no hino mu bitaro ndetse no hanze yabyo.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Fly high with MTN’s “Recharge and Win!” promo and stand a chance to win prizes worth over RWF 200,000,000

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje inzego zikwiye gushyirwamo imbaraga mu mikoranire ya Afurika na Indonesia

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje inzego zikwiye gushyirwamo imbaraga mu mikoranire ya Afurika na Indonesia

Perezida Kagame yagaragaje inzego zikwiye gushyirwamo imbaraga mu mikoranire ya Afurika na Indonesia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.