Tuesday, April 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

radiotv10by radiotv10
14/04/2026
in MU RWANDA
0
Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe hibukwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gisagara barokokeye mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare bagaruka ku mateka mabi yaranze ubwicanyi bwakorewe mu cyuzi cya Cyamwakizi, giherereye ahahoze hahurira amakomini ya Nyaruhengeri, Kibayi na Kigembe, ubu hakaba ari mu Mirenge ya Mugombwa, Kigembe na Kansi.

Abarokotse Jenoside yakorewe muri aka gace bavuga ko iki cyuzi cyiciwemo Abatutsi benshi cyane, ku buryo bifuza ko hashyirwa ikimenyetso cy’amateka kizajya cyibutsa ubukana bw’ibyabaye.

Ruremesha Camile, umwe mu baharokokeye, asobanura uburyo bakusanyirijwe kuri iki cyuzi babeshywa ko bagiye kurokorwa.

Ati “Badukusanyirije hano kuri iki cyuzi batwizeza ko bagiye kuturokora, batubwira ko hari imodoka zigiye kuduhungisha mu Burundi, ariko twaje gusanga ari amayeri yo kutwica. Mu nama yakoreshejwe n’uwari Burugumesitiri wa Komine ya Nyaruhengeri, yatanze igitekerezo cyo kujya bashyira Abatutsi muri iki cyuzi bakahicirwa. Abantu benshi bazanywe hano bizeye ubuhungiro, ariko birangira bishwe.”

Undi warokotse Jenoside muri aka gace, Bukuru Faustin, na we agaragaza uruhare rukomeye abayobozi b’icyo gihe bagize mu gutegura no gushyira mu bikorwa ubwicanyi bwakorewe kuri iki cyuzi.

Ati “Ubuyobozi bwari bwarahisemo ko aha ari ho hazajya hicirwa Abatutsi. Bababeshyaga ko bagiye kubahungisha, bakabageza hano bakabica. Hiciwe abantu benshi cyane, kuko benshi bari bizeye ko bagiye guhungira mu Burundi, kuko aka gace kari kegereye umupaka.”

Abarokotse Jenoside muri aka gace basaba ko hashyirwa ikimenyetso cy’amateka cyafasha mu kuzirikana abazize Jenoside.

Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jerome, yihanganishije imiryango yabuze abayo muri iki cyuzi, anizeza ko hazashyirwa ikimenyetso cy’amateka.

Ati “Mu rwego rwo guha agaciro Abatutsi biciwe muri iki cyuzi cya Cyamwakizi, biteganyijwe ko hazashyirwa ikimenyetso kizajya cyibutsa amateka. Iki cyuzi cyiciwemo Abatutsi benshi, ni yo mpamvu twaje kunamira izo nzirakarengane. Twihanganishije abacitse ku icumu ndetse n’abarokokeye hano kuri iki cyuzi.”

Iki cyuzi cya Cyamwakizi hiciwe Abatutsi basaga ibihumbi 25, bakaba barajugunywagamo nyuma yo kubeshywa ko bagiye kurokorwa.

Ni icyuzi kiciwemo abantu benshi
Hazirikanywe inzirakarengane ziciwemo

Abaharokokeye basaba ko hashyirwa ikimenyetso cy’amateka

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + nineteen =

Previous Post

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

Related Posts

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

by radiotv10
13/04/2026
0

Tariki 13 Mata 1994, umunsi uremeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’iyicwa ry’Abatutsi ryakorewe ahiganjemo muri za Kiliziya zafatwaga nk’inzu...

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

by radiotv10
13/04/2026
0

Mu gihe hibukwa ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abaturage bo mu Murenge wa Giheke mu cyahoze...

Keeping History Honest: Why Rwandan Youth Must Speak Up

Keeping History Honest: Why Rwandan Youth Must Speak Up

by radiotv10
13/04/2026
0

Every year, during the commemoration of the 1994 Genocide against the Tutsi, Rwanda pauses to remember, reflect, and honor the...

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Tariki 12 Mata 1994, yakomeje kuba umunsi mubi ku Batutsi bariho bakorerwa Jenoside yari igeze ku munsi wa gatandatu, aho...

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

IZIHERUKA

Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25
MU RWANDA

Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

by radiotv10
14/04/2026
0

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

13/04/2026
Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

13/04/2026
Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

13/04/2026
13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/2026
Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

13/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.