Mu gihe hibukwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gisagara barokokeye mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare bagaruka ku mateka mabi yaranze ubwicanyi bwakorewe mu cyuzi cya Cyamwakizi, giherereye ahahoze hahurira amakomini ya Nyaruhengeri, Kibayi na Kigembe, ubu hakaba ari mu Mirenge ya Mugombwa, Kigembe na Kansi.
Abarokotse Jenoside yakorewe muri aka gace bavuga ko iki cyuzi cyiciwemo Abatutsi benshi cyane, ku buryo bifuza ko hashyirwa ikimenyetso cy’amateka kizajya cyibutsa ubukana bw’ibyabaye.
Ruremesha Camile, umwe mu baharokokeye, asobanura uburyo bakusanyirijwe kuri iki cyuzi babeshywa ko bagiye kurokorwa.
Ati “Badukusanyirije hano kuri iki cyuzi batwizeza ko bagiye kuturokora, batubwira ko hari imodoka zigiye kuduhungisha mu Burundi, ariko twaje gusanga ari amayeri yo kutwica. Mu nama yakoreshejwe n’uwari Burugumesitiri wa Komine ya Nyaruhengeri, yatanze igitekerezo cyo kujya bashyira Abatutsi muri iki cyuzi bakahicirwa. Abantu benshi bazanywe hano bizeye ubuhungiro, ariko birangira bishwe.”
Undi warokotse Jenoside muri aka gace, Bukuru Faustin, na we agaragaza uruhare rukomeye abayobozi b’icyo gihe bagize mu gutegura no gushyira mu bikorwa ubwicanyi bwakorewe kuri iki cyuzi.
Ati “Ubuyobozi bwari bwarahisemo ko aha ari ho hazajya hicirwa Abatutsi. Bababeshyaga ko bagiye kubahungisha, bakabageza hano bakabica. Hiciwe abantu benshi cyane, kuko benshi bari bizeye ko bagiye guhungira mu Burundi, kuko aka gace kari kegereye umupaka.”
Abarokotse Jenoside muri aka gace basaba ko hashyirwa ikimenyetso cy’amateka cyafasha mu kuzirikana abazize Jenoside.
Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jerome, yihanganishije imiryango yabuze abayo muri iki cyuzi, anizeza ko hazashyirwa ikimenyetso cy’amateka.
Ati “Mu rwego rwo guha agaciro Abatutsi biciwe muri iki cyuzi cya Cyamwakizi, biteganyijwe ko hazashyirwa ikimenyetso kizajya cyibutsa amateka. Iki cyuzi cyiciwemo Abatutsi benshi, ni yo mpamvu twaje kunamira izo nzirakarengane. Twihanganishije abacitse ku icumu ndetse n’abarokokeye hano kuri iki cyuzi.”
Iki cyuzi cya Cyamwakizi hiciwe Abatutsi basaga ibihumbi 25, bakaba barajugunywagamo nyuma yo kubeshywa ko bagiye kurokorwa.





Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10









