Sunday, July 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Goma: Harashwe amasasu mu guhagarika Abiraye mu maduka y’Abanyarwanda bakayasahura ubwo bigaragambyaga

radiotv10by radiotv10
15/06/2022
in MU RWANDA
0
Goma: Harashwe amasasu mu guhagarika Abiraye mu maduka y’Abanyarwanda bakayasahura ubwo bigaragambyaga
Share on FacebookShare on Twitter

Amaduka y’Abanyarwanda ari mu Mujyi wa Goma muri DRCongo, yahuye n’uruva gusenya ubwo bamwe mu Banye-Congo baramukiye mu myigaragambyo bayamenaguraga ubundi bakayiraramo bakayasahura, bigatuma inzego z’umutekano zirasa amasasu, bagahita bakwira imishwaro.

Iyi myigaragambyo yaramutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Kamena 2022, yanageze ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ubwo abari bayirimo bashakaga gukoresha imbaraga ngo binjire ariko inzego z’umutekano za Congo zikababuza.

Ntibyaciriye aho kuko aba bashakaga kumena bariyeri ngo binjire mu Rwanda, babonye byanze ubundi bagatera amabuye menshi mu Rwanda, batuka Igihugu cy’igituranyi ndetse n’Abanyarwanda.

Bamaze kubuzwa kwinjira mu Rwanda bahise bahindukira birara mu maduka y’Abanyarwanda ari i Goma, batangira kuyasahura.

What leadership vaccums do. Shops belonging to kinyarwanda-speaking Congolese now being looted in Goma. pic.twitter.com/allzihNJoh

— F. Golooba-Mutebi (@FGoloobaMutebi) June 15, 2022

Amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza aba bari biraye mu maduka y’Abanyarwanda, basohokana ibicuruzwa ubundi bakabirwanira bananiwe kubigabana.

Umwe mu basahuriwe amaduka n’ububiko, ni umucuruzi Sandro Shyaka uzwi cyane mu Karere ka Rubavu unamaze umwaka umwe ashimutiwe muri Congo.

Umwe mu bari i Goma, yatangaje ko aba bigabije amaduka y’Abanyarwanda bakayasahura, basanzwe ari insoresore zananiranye muri uyu Mujyi wa Goma, dore ko Polisi ari yo yabakomye mu nkokora ikarasa amasasu menshi mu kirere bakiruka.

Umunyarwanda umwe uba mu Mujyi wa Goma, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, yabwiye RADIOTV10 ko Abanyarwanda batuye muri uyu mujyi batashywe n’ubwoba kubera iyi myigaragambyo kuko Abanye-Congo bari kubirukana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 11 =

Previous Post

Perezida Kagame yageze i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Next Post

EAC yahaye gasopo ya nyuma imitwe iri muri DRC, yemeza koherezayo ingabo byihuse

Related Posts

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
05/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
EAC yahaye gasopo ya nyuma imitwe iri muri DRC, yemeza koherezayo ingabo byihuse

EAC yahaye gasopo ya nyuma imitwe iri muri DRC, yemeza koherezayo ingabo byihuse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.