Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guhagarika ‘Adhana’ ntibireba imisigiti 8 gusa ahubwo ni mu Gihugu hose- Min.Gatabazi

radiotv10by radiotv10
16/03/2022
in MU RWANDA
0
Guhagarika ‘Adhana’ ntibireba imisigiti 8 gusa ahubwo ni mu Gihugu hose- Min.Gatabazi
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney yavuze ko icyemezo cyo guhagarika umuhamagaro w’ijwi rirangurura ku musigiti rizwi nka ‘Adhana’, kireba ibikorwa byose bitera urusaku bibangamira abaturage byaba ibyo ku misigiti ndetse n’insengero byo mu Gihugu hose aho kuba imisigiti umunani nk’uko byari byatangajwe n’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda.

Nyuma y’uko havuzwe ihagarikwa ry’ijwi rirangurura ku misigiti imwe yo mu Mujyi wa Kigali, Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda wari watangaje ko iki cyemezo kireba imisigiti umunani yo mu Mujyi wa Kigali.

Itangazo ryasohowe n’uyu muryango kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Werurwe 2022, ryavugaga ko uyu muhamagaro uzi nka Adhana uzajya ukorwa hadakoreshejwe indangururamajwi mu gihe indi yose mu Gihugu izajya ikoresha uburyo bwari busanzwe.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney yavuze ko iki cyemezo kitareba imisigiti umunani gusa nk’uko byatangajwe n’umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda.

Mu kiganiro yagiranye na Radio Rwanda, Minisitiri Gatabazi yagize ati “Ntabwo itegeko rireba imisigiti umunani. Itegeko rireba umuntu wakora urusaku rukangura abantu nijoro, ubwo ni umunani bavuze ariko n’ahandi hose byaba bisakuriza abantu, birahagaritswe ntabwo ari Imisigiti umunani gusa.”

Minisitiri Gatabazi avuga ko kandi iki cyemezo kireba n’ibindi bikorwa by’amadini n’amatorero biteza urusaku.

Ati “Ari Imisigiti, ari insengero ari kiliziya ari abakora ubukwe, ari amahoteli […] abantu bose bashobora gukora urusaku […]”

Avuga ko ibi bisanzwe biteganywa n’itegeko risanzweho ndetse ko byari bisanzwe bizwi, akavuga ko bidakorwa mu rwego rwo kuba ari itegeko gusa ahubwo ko ari ukubungabunga uburenganzira bw’abaturage kuko hari n’ababa bakeneye kutumva urwo rusaku.

Ati “Niba ufite umusigiti uri muri quartier (urusisiro) irimo abantu, hari abaje kuryama, hari abaje kuruhuka, hari abana bato, hari abarwaye umutima…ntabwo umuntu yaba aryamye ngo ajye kumva yumve induru iravuze, yumve, inzogera iravuze, yumve ingoma iravuze, ntabwo byakunda.”

Hon Gatabazi avuga ko iki cyemezo cyafashwe hashingiwe ku busabe bw’abaturage benshi barimo bamwe bagiye bagaragaza ko babaga batoye agatotsi mu gitondo bajya kumva bakumva ririya jwi rikabakangura.

Ati “Ntabwo icyavuyeho ari ukujya gusenga ziriya saha, abantu bashaka gusenga kuri ayo masaha bakomeze basenge ariko icyavuyeho ni ugukangura abantu bo batagiye gusenga.”

Ubwo inkuru y’ihagarikwa ry’ijwi risanzwe rirangurura ku misigiti ryibutsa abayoboke ba Islam gusenga, bamwe mu bayoboke b’iri dini bavuze ko bibabangamiye kuko iki gikorwa cyahozeho kandi ko ntawe cyabangamiraga.

Abavugaga ibi banagarukaga ku bindi bikorwa bitera urusaku birimo indangururamajwi ikunze gukoreshwa yibutsa abantu amabwiriza yo kwirinda COVID-19 ndetse n’inzongera ikunze kuvuzwa kuri za Kiliziya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Gen Muhoozi wagiriye ibihe byiza mu Rwanda yasoje uruzinduko rwe

Next Post

Ukraine yemeje ko yivuganye Umujenerali wa 4 w’u Burusiya

Related Posts

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

by radiotv10
15/07/2025
0

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kwangisha Leta y’u Rwanda amahanga no kugambirira kugirira nabi ubutegetsi, yahakanye ibyaha byose...

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

by radiotv10
15/07/2025
0

Inzego z’uburezi mu Rwanda zitangaza ko umwaka w’amashuri utaha, uzatangirana n’impinduka zirimo kuba abiga mu cyiro cya mbere cy’amashuri abanza,...

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

by radiotv10
15/07/2025
0

Crystal Ventures Ltd (CVL), one of Rwanda’s most prominent investment holding companies, has announced the appointment of Nick Barigye as...

Eng.-Additional new changes to be implemented in Rwanda’s education system

Eng.-Additional new changes to be implemented in Rwanda’s education system

by radiotv10
15/07/2025
0

Education authorities in Rwanda have announced that the upcoming academic year will bring several changes, including students in the lower...

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

by radiotv10
15/07/2025
0

In a landmark move aimed at strengthening international cooperation, Rwanda and Turkmenistan have officially established diplomatic relations. The signing ceremony...

IZIHERUKA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye
AMAHANGA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

by radiotv10
15/07/2025
0

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

15/07/2025
Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

15/07/2025
Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

15/07/2025
Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

15/07/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso byerekana ko ubutegetsi bwa Congo bugishyize imbere imirwano

15/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukraine yemeje ko yivuganye Umujenerali wa 4 w’u Burusiya

Ukraine yemeje ko yivuganye Umujenerali wa 4 w’u Burusiya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.