Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gukingira COVID mu Rwanda: Intego ya 2021 yamaze kugerwaho umwaka ukibura iminsi 20

radiotv10by radiotv10
08/12/2021
in MU RWANDA
0
Gukingira COVID mu Rwanda: Intego ya 2021 yamaze kugerwaho umwaka ukibura iminsi 20
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwamaze kugera ku ntego y’umubare w’Abaturarwanda rwifuzaga gukingira muri 2021 mu gihe uyu mwaka ubura iminsi ngo ugere ku musozo aho ubu abantu 30% bamaze guhabwa doze ebyiri z’uru rukingo.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije wavuze ko intego u Rwanda rwari rwihaye mu bijyanye no gukingira muri uyu mwaka wa 2021, yagezweho uyu munsi.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, Dr Daniel Ngamije yagize ati “Uyu munsi u Rwanda rwageze ku ntego mu bijyanye no gutanga inkingo za COVID-19 wa 30% y’abagombaga kuba bahawe doze ebyiri z’urukingo muri 2021.”

Dr Ngamije yakomeje avuga ko u Rwanda kandi rufite intego yo kuba rwarakingiye nibura 70% y’abaturarwanda kugera mu kwezi k’Ukuboza 2022.

Ati “Uyu musaruro ushimije tuwukesha imiyoborere myiza, imikoranire, guhuza ibikorwa ndetse n’umusanzu w’abaturage.”

Mu kiganiro aherutse kugeza ku Nteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, Minisitiri w’Intebe Dr Daniel Ngamije yavuze ko nibura abaturarwanda bangana na 46% bamaze guhabwa urukingo rumwe rwa COVID-19.

U Rwanda kandi rumaze guhabwa doze z’inkingo zikabakaba miliyoni 13 zirimo izo rwahawe n’Ibihugu bisanzwe bifitanye umubano mwiza binyuze muri gahunda yo gusaranganya inkingo izwi nka COVAX.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Perezida Kagame yagiye muri Tanzania mu birori bikomeye

Next Post

Amajyepfo: Hari Abahinzi bifuza ishwagara kuko uhinze atayikoresheje ataha amaramasa

Related Posts

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

A new public transport system is set to begin operating in the City of Kigali, one that will ensure buses...

IZIHERUKA

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano
IBYAMAMARE

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amajyepfo: Hari Abahinzi bifuza ishwagara kuko uhinze atayikoresheje ataha amaramasa

Amajyepfo: Hari Abahinzi bifuza ishwagara kuko uhinze atayikoresheje ataha amaramasa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.