Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

‘Gusoma bihindura ubuzima’: Abanyarwanda baributswa ko gusoma ibitabo ari urufunguzo rw’ubumenyi

radiotv10by radiotv10
16/09/2024
in MU RWANDA
0
‘Gusoma bihindura ubuzima’: Abanyarwanda baributswa ko gusoma ibitabo ari urufunguzo rw’ubumenyi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda yaricaye agira ati “Intamenya irira ku muziro” ashaka gucyebura abantu ngo bihatire kwihugura no kumenya. Rumwe mu mfunguzo zo kumenya, ni ugusoma ibitabo, aho ndetse ubu turi mu kwezi kwahariwe gusoma, kugamije kwibutsa abantu akamaro ko gusoma ibitabo.

Ukwezi kwa Nzeri kwahariwe gusoma ku Isi, aho Umuryango Ineza Foundation usanzwe ukora ibikorwa byo guteza imbere umuco wo gusoma mu Rwanda, wifatanyije n’abatuye mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Jabana ahasanzwe hari n’isomero rusange ryegerejwe abaturage.

Niyonsaba Janvier, umukozi wa Ineza Foundation agaragaza ko ibi bikorwa byahariwe ukwezi ko gusoma no kwandika, ari umwanya mwiza wo kwegera abana ndetse n’abandi babihugukiye bakagera ku isomero aho bahurira bagasoma inkuru ndetse bakanazandika, bakavuga imivugo, bagasubira mu migani yo hambere ndetse n’ibindi bitandukanye bishingiye ku muco gakondo.

Yagize ati “Ni umunsi twibukaho umumaro kubiga n’abatiga, mbese ni umunsi ufite icyo uvuze ku musomyi uwari we wese. Gusoma rero muri uku kwezi tubishyizemo imbaraga cyane dushishikariza abanyeshuri batangiye kwiga gushyiramo umwete mu masomo biga ndetse tunabashishikariza gukomeza gukoresha isomero mu myigire yabo.”

Akomeza agaragaza ko nyuma y’ibiruhuko abana barushanwa mu byo bisanzuyemo hakavamo uwa mbere n’uwa kabiri, bagahabwa ibihembo hakurijwe uko barushanyijwe, aho bahabwa ibihembo birimo amakaye, amakaramu n’ibindi bikoresho bitandukanye by’inshuri mu rwego rwo kubatera imbaraga no kubakundisha gusoma.

Umukozi w’isomero ry’Igihugu (Kigali Public Library), Clarisse Uwamahoro avuga ko ari amahirwe mu Gihugu cy’u Rwanda kuba hari amasomero yegereye abaturage, kuko mu bihe byo hambere atabagaho, bityo bikaba birimo gufasha kuzamura umubare w’abitabira gusoma.

Yagize ati “Nka Kigali Public Library dukorera Kacyiru gusa, ariko amasomero nk’aya yegereye abaturage atuma abaturage bashobora kubona ibitabo byo gusoma bitabasabye gukora urugendo runini. Abo hambere ntabwo bashoboye gusoma ibitabo kuko mu gihe cyabo nta bitabo byabagaho ariko ubu ni umwanya mwiza wo gusoma kuko ibitabo birahari, kandi hari icyizere kuko ku munsi nibura abantu bakuru bagera kuri 200 bagera ku isomero.”

Clarisse agaragaza ko hakiri imbogamizi muri uyu muco wo gusoma, ariko hakenewe ubukangurambaga bwimbitse.

Yagize ati “Ku mubyeyi w’Umunyarwanda ntabwo igitabo kiri mu by’ibanze kumva ko yakigurira umwana, hariho ubushobozi ariko hariho n’imyumvire kuba yatekereza kujya kugurira umwana igitabo cy’ibihumbi bitatu (3 000 Rrw) akaza kugisoma ari inkuru gusa ari kuruhuka, biracayri kure ariko bizagenda bihinduka buhoro.”

Rutaganira Apollinaire uturiye isomero, ashima uburyo isomero begerejwe na Ineza Foundation ryahinduye imibereho yabo.

Yagize ati “Ingaruka nziza ryagize ni uko ryashoboye kwakira abana ndetse n’abakuru rikabarinda ubwigunge no gufasha ababyeyi kurera abana mu buryo bwuzuye, kuko birinda abana kujya mu bibi ahubwo bahaza bagasoma bakamenya ndetse natwe tukabyungukiramo.”

Umuryango Ineza Foundation ufite gahunda yo guteza imbere umwana ishyira imbere umuco wo gusoma, aho ifite amasomero rusange abiri (Jabana Community Library na Shyorongi Children reading Corner), nibura hakirwa abantu bagera kuri 80 bitabira gusoma ku isomero.

Abaturage b’i Jabana bishimiye kuba baregerejwe isomero ribafasha guhora bunguka ubumenyi
Niyonsaba Janvier wo muri Ineza Foundation avuga ko gusoma ari urufunguzo rw’ubumenyi
Abanyeshuri bitwaye neza mu marushanwa yo gusoma bahawe ibihembo by’ibikoresho by’ishuri
Isomero rya Jabana ryahawe ibindi bitabo

Clarisse Uwamahoro avuga ko Abanyarwanda bo muri iki gihe bafite amahirwe aba cyera batagize

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

BREAKING: Umusenateri uzahagararira Umujyi wa Kigali muri Sena y’u Rwanda yamenyekanye

Next Post

Menya Abasenateri bahagarariye Intara zose muri Sena y’u Rwanda biganjemo abasanzwemo

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya Abasenateri bahagarariye Intara zose muri Sena y’u Rwanda biganjemo abasanzwemo

Menya Abasenateri bahagarariye Intara zose muri Sena y'u Rwanda biganjemo abasanzwemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.