Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

‘Gusoma bihindura ubuzima’: Abanyarwanda baributswa ko gusoma ibitabo ari urufunguzo rw’ubumenyi

radiotv10by radiotv10
16/09/2024
in MU RWANDA
0
‘Gusoma bihindura ubuzima’: Abanyarwanda baributswa ko gusoma ibitabo ari urufunguzo rw’ubumenyi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda yaricaye agira ati “Intamenya irira ku muziro” ashaka gucyebura abantu ngo bihatire kwihugura no kumenya. Rumwe mu mfunguzo zo kumenya, ni ugusoma ibitabo, aho ndetse ubu turi mu kwezi kwahariwe gusoma, kugamije kwibutsa abantu akamaro ko gusoma ibitabo.

Ukwezi kwa Nzeri kwahariwe gusoma ku Isi, aho Umuryango Ineza Foundation usanzwe ukora ibikorwa byo guteza imbere umuco wo gusoma mu Rwanda, wifatanyije n’abatuye mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Jabana ahasanzwe hari n’isomero rusange ryegerejwe abaturage.

Niyonsaba Janvier, umukozi wa Ineza Foundation agaragaza ko ibi bikorwa byahariwe ukwezi ko gusoma no kwandika, ari umwanya mwiza wo kwegera abana ndetse n’abandi babihugukiye bakagera ku isomero aho bahurira bagasoma inkuru ndetse bakanazandika, bakavuga imivugo, bagasubira mu migani yo hambere ndetse n’ibindi bitandukanye bishingiye ku muco gakondo.

Yagize ati “Ni umunsi twibukaho umumaro kubiga n’abatiga, mbese ni umunsi ufite icyo uvuze ku musomyi uwari we wese. Gusoma rero muri uku kwezi tubishyizemo imbaraga cyane dushishikariza abanyeshuri batangiye kwiga gushyiramo umwete mu masomo biga ndetse tunabashishikariza gukomeza gukoresha isomero mu myigire yabo.”

Akomeza agaragaza ko nyuma y’ibiruhuko abana barushanwa mu byo bisanzuyemo hakavamo uwa mbere n’uwa kabiri, bagahabwa ibihembo hakurijwe uko barushanyijwe, aho bahabwa ibihembo birimo amakaye, amakaramu n’ibindi bikoresho bitandukanye by’inshuri mu rwego rwo kubatera imbaraga no kubakundisha gusoma.

Umukozi w’isomero ry’Igihugu (Kigali Public Library), Clarisse Uwamahoro avuga ko ari amahirwe mu Gihugu cy’u Rwanda kuba hari amasomero yegereye abaturage, kuko mu bihe byo hambere atabagaho, bityo bikaba birimo gufasha kuzamura umubare w’abitabira gusoma.

Yagize ati “Nka Kigali Public Library dukorera Kacyiru gusa, ariko amasomero nk’aya yegereye abaturage atuma abaturage bashobora kubona ibitabo byo gusoma bitabasabye gukora urugendo runini. Abo hambere ntabwo bashoboye gusoma ibitabo kuko mu gihe cyabo nta bitabo byabagaho ariko ubu ni umwanya mwiza wo gusoma kuko ibitabo birahari, kandi hari icyizere kuko ku munsi nibura abantu bakuru bagera kuri 200 bagera ku isomero.”

Clarisse agaragaza ko hakiri imbogamizi muri uyu muco wo gusoma, ariko hakenewe ubukangurambaga bwimbitse.

Yagize ati “Ku mubyeyi w’Umunyarwanda ntabwo igitabo kiri mu by’ibanze kumva ko yakigurira umwana, hariho ubushobozi ariko hariho n’imyumvire kuba yatekereza kujya kugurira umwana igitabo cy’ibihumbi bitatu (3 000 Rrw) akaza kugisoma ari inkuru gusa ari kuruhuka, biracayri kure ariko bizagenda bihinduka buhoro.”

Rutaganira Apollinaire uturiye isomero, ashima uburyo isomero begerejwe na Ineza Foundation ryahinduye imibereho yabo.

Yagize ati “Ingaruka nziza ryagize ni uko ryashoboye kwakira abana ndetse n’abakuru rikabarinda ubwigunge no gufasha ababyeyi kurera abana mu buryo bwuzuye, kuko birinda abana kujya mu bibi ahubwo bahaza bagasoma bakamenya ndetse natwe tukabyungukiramo.”

Umuryango Ineza Foundation ufite gahunda yo guteza imbere umwana ishyira imbere umuco wo gusoma, aho ifite amasomero rusange abiri (Jabana Community Library na Shyorongi Children reading Corner), nibura hakirwa abantu bagera kuri 80 bitabira gusoma ku isomero.

Abaturage b’i Jabana bishimiye kuba baregerejwe isomero ribafasha guhora bunguka ubumenyi
Niyonsaba Janvier wo muri Ineza Foundation avuga ko gusoma ari urufunguzo rw’ubumenyi
Abanyeshuri bitwaye neza mu marushanwa yo gusoma bahawe ibihembo by’ibikoresho by’ishuri
Isomero rya Jabana ryahawe ibindi bitabo

Clarisse Uwamahoro avuga ko Abanyarwanda bo muri iki gihe bafite amahirwe aba cyera batagize

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 2 =

Previous Post

BREAKING: Umusenateri uzahagararira Umujyi wa Kigali muri Sena y’u Rwanda yamenyekanye

Next Post

Menya Abasenateri bahagarariye Intara zose muri Sena y’u Rwanda biganjemo abasanzwemo

Related Posts

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

IZIHERUKA

Easy foods that help your brain stay healthy and active
IMIBEREHO MYIZA

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya Abasenateri bahagarariye Intara zose muri Sena y’u Rwanda biganjemo abasanzwemo

Menya Abasenateri bahagarariye Intara zose muri Sena y'u Rwanda biganjemo abasanzwemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.