Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Guteza imbere umuco wo gusoma mu Rwanda byungutse amaboko y’umuryango ufite ubushake bwihariye

radiotv10by radiotv10
28/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Guteza imbere umuco wo gusoma mu Rwanda byungutse amaboko y’umuryango ufite ubushake bwihariye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango utari uwa Leta ‘Ineza Foundation’ umaze gutanga ibitabo ibihumbi 250 byo gusoma mu Rwanda hose, watangije gahunda yihariye yo guha ibitabo amwe mu mashuri, mu rwego rwo gushyigikira gahunda yo gukundisha abana umuco wo gusoma no kurushaho kunguka ubumenyi bw’abahanga.

Iyi gahunda yiswe ‘Discovery Book Box’ yatangirijwe mu Ishuri Ribanza rya Nyamirembe riherereye mu Murenge wa Shyorongi mu Karere ka Rulindo kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Kanama 2024.

Elizabeth Johnson Mujawamariya, Umuyobozi w’uyu Muryango utari uwa Leta ‘Ineza Foundation’, avuga ko iyi gahunda bayitangije nk’igerageza ry’ibanze, kuko izagera mu bigo bitanu ariko ikaba ishobora kuzaguka ikagera no mu bindi binyuranye mu Gihugu hose.

Ati “Birimo ibitabo by’Icyongereza, iby’Ikinyarwanda, kugira ngo tubashe gukangurira abana gukunda wa muco wo gusoma. Ni igikorwa dutangiriye mu mashuri atanu yo muri Rulindo nubwo tubitanga hirya no hino, ariko ayo mashuri tugiye guha, akaba azabona ibitabo magana abiri (200) kuri buri shuri.”

Ibigo by’amashuri bizahabwa ibi bitabo, birimo Urwunge rw’Amashuri (GS) rwa Gisiza mu Murenge wa Shyorongi, EP Karambi yo mu Murenge wa Bushoki, EP Kabeza mu Murenge wa Base, GS Rukore yo mu Murenge wa Tumba, ndetse n’iri shuri ribanza rya Nyamirembe ryahereweho.

Elizabeth Johnson Mujawamariya avuga kandi ko ubuyobozi bw’ibigo by’amashuri bizahabwa ibyo bitabo, buzanahabwa imfashanyigisho yabufasha gukundisha abana umuco wo gusoma.

Ati “Navuga ko ari umushinga utangiye ariko uzaguka bitewe n’uko tubonye uko bazabikoresha. Umusaruro bizagira ni wo uzatuma tubasha kumenya icyo umuntu yakora kugira ngo twagure nubwo dusanzwe dutanga ibitabo, tumaze gutanga ibitabo mu Gihugu bisaga hafi ibihumbi 250 kuko dutanga mu masomero rusange, dutanga mu mashuri,…”

Uyu muryango ‘Ineza Foundation’ usanzwe ukorana n’undi wo mu Bwongereza wa Book Aid, aho uwufasha kubona ibitabo biturutse muri iki Gihugu cyo ku Mugabane w’u Burayi, ubundi bikorezwa mu Rwanda kugira ngo bifashe abana b’u Rwanda.

Elizabeth Johnson Mujawamariya avuga ko ibi bitabo batanga biba birimo ibishobora gufasha umwana ukiri mu nda ya nyina, kugeza avutse akiri uruhinja, kugeza mu mashuri y’incuke ndetse no mu mashuri abanza no mu yisumbuye.

Avuga ko mu gutanga ibi bitabo, bamaze gutanga byinshi mu marerero anyuranye kugira ngo abana batangire batozwe umuco wo gusoma bakiri bato, bityo bazanawukurane.

Ati “Ni ukugira ngo cya gitabo tugihe umwana agifate mu ntoki atangire amenye gukina n’igitabo, amenye ibyo ari byo, bityo bimufashe agiye no mu mashuri abanza cyangwa ayisumbuye, azabe ari wa mwana ubasha kubona igitabo amenye agaciro kacyo, amenye icyo gikora nk’uko tubivuga ngo ‘igitabo gihindura ubuzima’ ariko ibyo bibaho iyo umuntu yamenye ko gifite agaciro kinariho.”

Uyu Muryango utari uwa Leta kandi, washinze isomero mu Murenge wa Jabana mu Karere ka Gasabo, rifasha abana gusoma ibitabo kandi ku buntu.

Ni gahunda yiswe Discovery Book Box’
Abana bari gukundishwa gusoma
Uyu muryango utanga ibitabo bishobora gufasha abana bakiri impinja
No mu mashuri abanza

Abana bagaragaje ko bari bafite inyota yo gusoma ibitabo

Ni gahunda ije kunganira ibikorwa byo gukunisha abana umuco wo gusoma
Hagiye hatangwa ibitabo byinshi
Birimo n’ibyajyanywe mu masomeri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 14 =

Previous Post

Kirehe: Ishuri rya Musenyeri riravugwaho ubwambuzi n’abarikoreye banarimenyeho andi makuru

Next Post

UPDATE: Amakuru agezweho ku muhanda utari nyabagendwa mu Rwanda

Related Posts

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
22/12/2025
0

Hari gushakishwa abasore babiri muri batatu biraye mu ishuri ryo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bahengereye abanyeshuri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Amakuru agezweho ku muhanda utari nyabagendwa mu Rwanda

UPDATE: Amakuru agezweho ku muhanda utari nyabagendwa mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.