• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

radiotv10by radiotv10
29/01/2026
in MU RWANDA
0
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari agamije gukurura amarangamutima y’abantu.

Uwitwa Chef Arsene ku mbuga nkoranyambaga, aherutse kunyuza ubutumwa kuri Konti ye ya X, avuga ko abantu badahahira muri Supermarket bafite ubushobozi buciriritse.

Muri ubwo butumwa buherekejwe n’ifoto igaragaza ibicuruzwa byo mu maguriro y’abifite, uyu witwa Chef Arsene ku mbuga nkoranyambaga, yagize ati “Ibaze ko urinze ungana utyo utarahahira muri SUPERMARKET. Kubera iki…Ubushobozi bwawe buracyari ubwo guhahira ku bazunguzayi.”

Muri ubwo butumwa, yakomeje agira ati “Nababwira ngo mukore cyane ngo ndi kwiyemera…Mbwira aho uhahira nkubwire niba ukize cyangwa uri agakene kari aho.”

Ni ubutumwa butakiriwe neza na bamwe mu bakoresha izi mbuga nkoranyambaga, barimo n’abasanzwe babifitemo uburambe, bagiriye inama uyu musore ko yakwiye gucisha macye, kuko ubutumwa bwe, yibwira ko ari ubwo gukurura abantu, ariko ahubwo ko bushobora kubamukuraho.

Mu butumwa bw’amashusho, uyu Chef Arsene yashyizeho kuri uyu wa Kane, na bwo bwumvikanamo ko nta kosa yakoze, yavuze ko iriya foto atari iye, ahubwo ari iyo yakuye ku rubuga rwa Pinterest.

Muri ubu butumwa bw’amashusho, uyu musore wumvikana ko inama yagiriwe we atazifashe nko guhwiturwa, yagize ati “bivuze ngo Abanyarwanda ubundi ntabwo baba inspired [ubatera imbaraga] ahubwo baba Jealous [abanyamashyari], ni yo mpamvu mbwira Abanyarwanda cyangwa se abandi bantu, nugira icyo ugeraho nyine si ngombwa ko…”

Uyu musore avuga ko ubundi abantu bo mu Bihugu byateye imbere, iyo bagaragaje intambwe bateye mu buzima bwabo, bitera umwete ababibonye, ngo ariko “ku Banyarwana ntabwo ari uko bikora, ahubwo Abanyarwanda bahita bavuga ngo ‘abigezeho ate?’.”

Avuga ko biriya bitekerezo yabishyize ku mbuga nkoranyambaga, mu buryo bwo kwishimisha. Ati “Ariko ntabwo nari nzi ko hari abari bwiyumve. Ubwo ku biyumvise bakababara, munyihanganire rwose.”

Muri ubu butumwa uyu musore unyuzamo agaseka agaragaza ko abamugiriye inama, batari bakwiye kubikora, avuga ko atajya ahahira mu maguriro ahenze [Supermarket] nk’uko yabivuze, ahubwo ko ahahira mu masoko asanzwe nko mu Nkundamahoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 17 =

Previous Post

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Next Post

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.