Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

INKURU Y’AKABABARO: Guverinoma y’u Rwanda yemeje urupfu rw’Umuvugizi Wungirije

radiotv10by radiotv10
04/04/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
INKURU Y’AKABABARO: Guverinoma y’u Rwanda yemeje urupfu rw’Umuvugizi Wungirije
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma yatangaje inkuru y’akababaro y’urupfu rwa Alain Mukuralinda wari Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda witabye Imana azize guhagarara k’umutima.

Itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Mata 2025, rigira riti “Tubabajwe no gutangaza urupfu rw’Umuvugizi wa Guverinoma Wungirije, Bwana Alain Mukuralinda witabye Imana aho yari arwariye mu Bitaro KFH azize guhagarara k’umutima.”

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Guverinoma y’u Rwanda yihanganishije Umuryango we, Inshuti ze ndetse n’abagize amahirwe yo gukorana na we.”

Urupfu rwa Mukuralinda wari Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, rwatangiye kuvugwa mu ijoro ryacyeye, gusa amakuru yavaga mu bo mu muryango we, akemeza ko yari atarashiramo umwuka, gusa ko yari arembeye muri ibi Bitaro Byitiriwe Umwami Fayisali yaguyemo.

Amakuru yavaga mu bo mu muryango mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Mata 2025, yavugaga ko ari bwo yatabarutse, azize uburwayi yivurizaga muri ibi Bitaro byo mu Mujyi wa Kigali.

Nyakwigendera Alain Mukuralinda yari amaze imyaka itatu n’amezi ane ari Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, aho yari yahawe izi nshingano mu kwezi k’Ukuboza 2021.

Uyu munyapolitiki wari inzobere mu by’amategeko, yakoze mu nzego zinyuranye zirimo iz’Ubutabera, aho yabaye Umushinjacyaha ku Rwego rw’Igihugu, akaba yaranabaye Umuvugizi w’Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda.

Mu ntangiro z’Ugushyingo 2015 tariki 02, yari yanditse asaba guhagarika akazi ko kuba Umushinjacyaha mu gihe kitazwi, ndetse aza kubyemererwa, aho iki cyemezo yari yafashe cyatangiye kubahirizwa tariki 01 Mutarama 2016.

Icyo gihe byavugwaga ko Mukuralinda wari uzwi cyane mu Bushinjacyaha, aho yanaburanye imanza zikomeye, yari agiye kujya gutura mu Buholandi asanzeyo umugore we n’abana be.

Mu manza zikomeye yaburanye nk’umwe mu babaga bagize Inteko y’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, harimo urwaregwamo Dr Leon Mugesera wahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, agakatirwa gufungwa burundu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 7 =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku byavuzwe ko abarwanyi ba M23 bavuye mu Mujyi baheruka gufata

Next Post

Byinshi ku bukwe buri kuzamura impaka mu Rwanda n’impamvu bwabaye inkuru ishyushye

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Byinshi ku bukwe buri kuzamura impaka mu Rwanda n’impamvu bwabaye inkuru ishyushye

Byinshi ku bukwe buri kuzamura impaka mu Rwanda n’impamvu bwabaye inkuru ishyushye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.