Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habaye ibisa n’amayobera byatumye hari ubutaka bw’u Rwanda bwimukira muri Congo

radiotv10by radiotv10
02/03/2024
in MU RWANDA
0
Habaye ibisa n’amayobera byatumye hari ubutaka bw’u Rwanda bwimukira muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umusozi wa Rwamikaba uherereye mu Murenge wa Nyakarenzo mu Karere ka Rusizi, waridutse wose ufunga umugezi wa Rusizi bituma ahari imyaka y’abaturage hahinduka ikiyaga ndetse n’ubutaka bwari ku ruhande rw’u Rwanda bujya ku gice cya Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibi byabaye mu cyumweru gishize ubwo bamwe mu baturage bari basanzwe bakorera imirimo y’ubuhinzi bari bakiri munsi y’uyu musozi uherereye mu Kagari ka Kabuye, babonye hatangira kumanuka amabuye biza kurangira ubutaka bumanutse bwose butwikira imirima yarimo imyaka.

Nyirahabimana Rachel wari munsi y’uyu musozi, aganira na RADIOTV10, yagize “Nari mpagaze nkajya mbona ibintu biramanuka bigenda, nisanga mbona mpagaze mu mu mazi hagati, nabonaga imikingo iri kuza insanga aho ntarukiye bikanga ngenda nitura hasi abo hakurya muri Congo banyereka aho nyura mbona ndabirokotse.”

Kumanuka k’uyu musozi kwabanje gufunga umugezi wa Rusizi by’igihe kirenga amasaha abiri, bituma amazi areka mu gice cyari gihinzemo imyaka, hiremamo Ikiyaga, ariko amazi aza gushaka inzira bituma ubutaka bwari hakuno ndetse buhinzeho insina bwiyomeka ku bwo ku gice cya Congo.

Ubutaka bumwe bwari mu Rwanda bwimukiye muri Congo

Abari bafite imyaka aha, bavuga ko bibashyize mu gihombo gikomeye ndetse ko bafite impungenge ko bazagira amapfa menshi dore ko n’ubundi batari borohewe n’imibereho.

Rukundo Rodrigue ati “Ahubwo batugiriye neza nk’ababyeyi bacu badufasha bakatugoboka kuko inzara igiye kwiyongera.”

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Dr Anicet KIBIRIGA mu guhumuriza abari bafite imyaka ikangizwa n’iki kiza, yabwiye RADIOTV10 ko hari ikiri gukorwa.

Ati “Twamaze kuhabarura ku byangiritse, turimo kugerageza gukorana na Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi kugira ngo turebe icyakorwa.”

Andi makuru agera kuri RADIOTV10, avuga ko ibi bikimara kuba hari ingabo za Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo zahise ziza gukambika ku musozi uteganye n’uyu waridutse.

Havutse ikiyaga

 

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 14 =

Previous Post

Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gutera inda umunyeshuri wo mu mwaka wa mbere

Next Post

Hamenyekanye ibidasanzwe Trump ashobora kuzakorera inzego z’ubutasi bwa America niyongera gutorwa

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye ibidasanzwe Trump ashobora kuzakorera inzego z’ubutasi bwa America niyongera gutorwa

Hamenyekanye ibidasanzwe Trump ashobora kuzakorera inzego z’ubutasi bwa America niyongera gutorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.