Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habaye ibisa n’amayobera byatumye hari ubutaka bw’u Rwanda bwimukira muri Congo

radiotv10by radiotv10
02/03/2024
in MU RWANDA
0
Habaye ibisa n’amayobera byatumye hari ubutaka bw’u Rwanda bwimukira muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umusozi wa Rwamikaba uherereye mu Murenge wa Nyakarenzo mu Karere ka Rusizi, waridutse wose ufunga umugezi wa Rusizi bituma ahari imyaka y’abaturage hahinduka ikiyaga ndetse n’ubutaka bwari ku ruhande rw’u Rwanda bujya ku gice cya Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibi byabaye mu cyumweru gishize ubwo bamwe mu baturage bari basanzwe bakorera imirimo y’ubuhinzi bari bakiri munsi y’uyu musozi uherereye mu Kagari ka Kabuye, babonye hatangira kumanuka amabuye biza kurangira ubutaka bumanutse bwose butwikira imirima yarimo imyaka.

Nyirahabimana Rachel wari munsi y’uyu musozi, aganira na RADIOTV10, yagize “Nari mpagaze nkajya mbona ibintu biramanuka bigenda, nisanga mbona mpagaze mu mu mazi hagati, nabonaga imikingo iri kuza insanga aho ntarukiye bikanga ngenda nitura hasi abo hakurya muri Congo banyereka aho nyura mbona ndabirokotse.”

Kumanuka k’uyu musozi kwabanje gufunga umugezi wa Rusizi by’igihe kirenga amasaha abiri, bituma amazi areka mu gice cyari gihinzemo imyaka, hiremamo Ikiyaga, ariko amazi aza gushaka inzira bituma ubutaka bwari hakuno ndetse buhinzeho insina bwiyomeka ku bwo ku gice cya Congo.

Ubutaka bumwe bwari mu Rwanda bwimukiye muri Congo

Abari bafite imyaka aha, bavuga ko bibashyize mu gihombo gikomeye ndetse ko bafite impungenge ko bazagira amapfa menshi dore ko n’ubundi batari borohewe n’imibereho.

Rukundo Rodrigue ati “Ahubwo batugiriye neza nk’ababyeyi bacu badufasha bakatugoboka kuko inzara igiye kwiyongera.”

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Dr Anicet KIBIRIGA mu guhumuriza abari bafite imyaka ikangizwa n’iki kiza, yabwiye RADIOTV10 ko hari ikiri gukorwa.

Ati “Twamaze kuhabarura ku byangiritse, turimo kugerageza gukorana na Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi kugira ngo turebe icyakorwa.”

Andi makuru agera kuri RADIOTV10, avuga ko ibi bikimara kuba hari ingabo za Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo zahise ziza gukambika ku musozi uteganye n’uyu waridutse.

Havutse ikiyaga

 

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 2 =

Previous Post

Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gutera inda umunyeshuri wo mu mwaka wa mbere

Next Post

Hamenyekanye ibidasanzwe Trump ashobora kuzakorera inzego z’ubutasi bwa America niyongera gutorwa

Related Posts

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

IZIHERUKA

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi
IMYIDAGADURO

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye ibidasanzwe Trump ashobora kuzakorera inzego z’ubutasi bwa America niyongera gutorwa

Hamenyekanye ibidasanzwe Trump ashobora kuzakorera inzego z’ubutasi bwa America niyongera gutorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.