Wednesday, July 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habaye impinduka ku ruzinduko rw’Umukuru w’Igihugu azaganiriramo n’abaturage

radiotv10by radiotv10
14/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Habaye impinduka ku ruzinduko rw’Umukuru w’Igihugu azaganiriramo n’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Uruzinduko rwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame rwari kubera i Gahanda mu Karere ka Kicukiro, rwimuriwe muri BK Arena ku mpamvu z’ikirere, rushyirwa ku Cyumweru tariki 16 Werurwe 2025.

Uru ruzinduko rwa Perezida Kagame rwari rwatangajwe kuri uyu wa Kane tariki 13 Werurwe 2025 nyuma yuko bitangajwe n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwararikiraga abatuye uyu Mujyi kuzajya kwakirana urugwiro Umukuru w’Igihugu cyabo nk’uko bisanzwe.

Ubutumwa bwari bwabanje gutangwa n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwagiraga buti “Nk’uko yadusezeranyije kuzagaruka vuba, Perezida wacu azadusura ku wa 15 Werurwe 2025 kuri site ya Gahanga mu Karere ka Kicukiro. Tuzazinduke, tumwakirane urugwiro, dukomeze kwiyubakira Kigali yacu n’u Rwanda twifuza.”

Mu butumwa bwongeye gutangwa n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali mu ijoro ryacyeye, bwatangaje ko habaye impinduka muri uru ruzinduko rw’Umukuru w’Igihugu rwimuriwe aho rwagombaga kuzabera ndetse n’itariki.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwagize buti “Uruzinduko rw’Umukuru w’Igihugu rwagombaga kubera i Gahanga mu Karere ka Kicukiro rwimuriwe kuri BK Arena kubera ikibazo cy’ikirere.”

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bukomeza bugira buti “Abazaduhagararira bazahura n’Umukuru w’Igihugu muri BK Arena nk’uko byavuzwe haruguru ku Cyumweru tariki 16 Werurwe 2025.”

Izi mpinduka zishingiye ku mpamvu z’ikirere, zitangajwe nyuma yuko Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi inasabye Abaturwanda kwitwararika muri iki gihe cy’imvura nyinshi ivanzemo n’umuyaga n’inkuba.

Umunyamabanga Uhoraho muri iyi Minisiteri, Habinshuti Philbert yatangaje ko abantu basabwa kuba bari mu nzu muri ibi bihe by’imvura, kuko ari bwo buryo bugabanya ibyago byo kugirwaho ingaruka n’ibi biza byumwihariko ibyo gukubitwa n’inkuba binaza ku mwanya wa mbere mu guhitana umubare munini w’abicwa n’ibiza mu Rwanda, aho yavuze ko 90% by’abakubitwa n’inkuba zibakubitira hanze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 18 =

Previous Post

BREAKING: Bidasubirwa hafashwe icyemezo ku basirikare ba SADC bari baragiye gufasha FARDC

Next Post

Papa Francis wizihirije mu Bitaro imyaka 12 ari Umushumba wa Kiliziya ubuzima bwe bwifashe gute?

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Papa Francis wizihirije mu Bitaro imyaka 12 ari Umushumba wa Kiliziya ubuzima bwe bwifashe gute?

Papa Francis wizihirije mu Bitaro imyaka 12 ari Umushumba wa Kiliziya ubuzima bwe bwifashe gute?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.