Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habonetse urwandiko rwasizwe n’uwabonetse amaze ibyumweru 2 yarapfuye by’urujijo

radiotv10by radiotv10
02/10/2023
in MU RWANDA
0
Nyanza: Agapfundikizo k’ikaramu katumye iwabo w’umwana wari ku ishuri hataha inkuru mbi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Butaro mu Karere ka Burera, basanze amanitse mu mugozi yarapfuye ndetse umubiri we warangiritse, ku buryo bikekwa ko amaze ibyumweru bibiri apfuye yiyahuye, ndetse hanagaragara urwandiko yasize yanditse.

Uyu mugabo w’imyaka 24 y’amavuko, yari atuye mu Mudugudu wa Taba mu Kagari ka Muhotora mu Murenge wa Butaro, ari na ho umurambo we wabonetse.

Umurambo we wabonetse mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje ku wa 29 Nzeri 2023, ubwo aho wari uri hanyuraga abantu bakumva haranuka bikabije, ari na bwo batangiraga gushaka, bakaza kuwugwaho.

Hanagaragaye kandi urwandiko yasize yanditse rwanditswe tariki 13 Nzeri 2023, ari na bwo bikekwa ko yiyahuriyeho, avugamo ko asize abana babiri, barimo uwo yabyaranye n’umugore babanaga witwa Valentine, ndetse n’undi yabyaranye n’undi.

Muri urwo rwandiko kandi, uyu mugabo avuga ko yasigiye umugore we ibihumbi 210 Frw ngo azatunga abo bana be bombi, mu gihe we ngo ibye birangiye.

Ubwo uyu murambo we wabonekaga, inzego zafashe umwanzuro ko umuryango we wamushyingura kuko wari warangiritse cyane, bucyeye bwaho, tariki 30 Nzeri ni bwo yahise ashyingurwa.

Amakuru avuga ko nyakwigendera n’umugore we, bendaga kwimukira mu Ntara y’Iburasirazuba, ndetse ko bari baragurishije inzu babagamo, aho bari barahawe avance y’ibihumbi 250 Frw, ari na yo yakuyemo ibihumbi 210 Frw yahaye umugore we.

Ubwo yahaga aya mafaranga umugore we, ni bwo yahise acika, ajyana n’umwana we, mu gihe uyu mwana we ataraboneka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − three =

Previous Post

Kigali: Barakekwaho gukoresha amayeri adasanzwe ngo bashyire ku isoko inzoga zitemewe

Next Post

Amakuru mashya ku rugamba rwa FARDC na M23

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku rugamba rwa FARDC na M23

Amakuru mashya ku rugamba rwa FARDC na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.