• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

radiotv10by radiotv10
25/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, batangiye kwikanga ko bashobora kugarizwa n’amapfa nyuma yuko ibishyimbo bahinze bitewe n’udusimba, none mu gihe cyo kuyanga no kuzana imiteja bikaba byarapfunyaraye.

Aba baturage bo mu Kagari ka Bunyoni, Umurenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko ibishyimbo byabo byari bigeze mu gihe cyo kuzana imiteja, ariko bikaba byaribasiwe n’utu dusimba tw’umweru n’utw’umukara.

Sibomana Juvenal ati “Ubusimba bwajemo burabigundiza ku buryo ahakaje umuteja usanga habaye nk’ahasa n’umukara hakuma.”

Nyirahategekimana Speciose na we ati “Buriya ibishyimbo byarapfuye, uduteja tugira ngo turaje tugapfunyara, noneho hari n’indi ndwara yaje ku buryo uruyange ruza rukaba n’ibirabyo.”

Nizeyimana Emmanuel ati “Bimeze nabi rwose kuko hajemo udusimba tw’umukara, hongera haza utw’umweru, rero n’ubwo ubona bisa neza nta muteja.”

Aba baturage bakomeza bavuga ko hatagize igikorwa ntakabuza ngo imbere yabo haba hari inzara, bityo bagasaba ubutabazi.

Nizeyimana Emmanuel ati “Inzara yo turi kuyibona imbere. None se nk’ubu uyu mubyeyi ntiyari yahinze aha azi ko azahavana udushyimbo twa mbere ku bunani! Nawe urabona ko atazageramo. Rero nimudutabarize tubone imiti wenda ibya nyuma tubirokore.”

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), ishami rya Gakuta, buvuga ko akenshi udusimba nk’utu tugaragara muri aka gace duterwa n’imihindagurikire y’ikirere gusa tugateza imyaka amavirusi.

Icyakora ngo imiti irahari ndetse igiye guhita iterwa byihuse muri iyo myaka, nk’uko Kimenyi Martin uyobora RAB ishami rya Gakuta abisobanura.

Kimenyi Martin ati “Utwo dusimba tw’umweru dukunze kuva cyane cyane mu ishyamba. Buriya dushishikariza abaturage ko igihe bakitubona batumenyesha, kuko nk’utwo tw’umukara dukunze kuza igihe imvura ari nkeya. Igikorwa rero kiramenyerewe kandi imiti irahari. Ngiyi kuvugana n’umutekinisiye muri ako gace kuko hari imiti twari twaratanze mu mirenge, bayihutishirizeyo kuko utwo dusimba turangiza.”

Uyu muyobozi akomeza avuga ko udusimba dufatwa nk’icyonnyi mu myaka dusanzwe mu rusobe rw’ibidukikije, ari nayo mpamvu basaba abahinzi gutanga amakuru bakibona udusimba nk’utwo kugira ngo turwanywe hakiri kare.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 11 =

Previous Post

Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

Next Post

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

Icyo umunyabigwi muri ruhago y'u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.