Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe igitanga icyizere kuri imwe mu nkingi nyamwamba mu bukungu bw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
01/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hagaragajwe igitanga icyizere kuri imwe mu nkingi nyamwamba mu bukungu bw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko amezi atatu ya mbere y’umwaka wa 2024 yasize umuvuduko w’ibiciro ku isoko ugabanutse, ndetse ukaba ukomeje kuguma mu mbago z’igipimo kidahungabanya byinshi, ku buryo hari icyizere ko uzakomeza guhagarara neza.

Banki Nkuru y’u Rwanda ishimangira kandi ko ubukungu bw’Igihugu bukomeje kuba mu cyerekezo cyiza, ndetse bikaba bigaragazwa n’imibare, aho mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku gipimo cya 8,6%, mu gihe mu mezi atatu asoza umwaka wa 2023 bwari bugeze ku izamuka rya 8.2%.

Iyi Banki kandi igaragaza ko umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku isoko ukomeje kuguma mu mbago nziza kuko iki gihembwe gisize biri ku muvuduko wa 4.7%. nyamara mu gihembwe cyabanje wari ku rugero rwa 8,9%, aho ibiciro by’ibiribwa bikomoka ku buhinzi ariko byangirika vuba wazamutse ku rugero rwa 2,5% uvuye kuri 18,7% mu gihembwe cya 4 cy’umwaka wa 2023.

Prof Kasai Ndahiriwe ushinzwe Politike y’Ifaranga muri Banki Kkuru y’u Rwanda yagaragaje impamvu uyu muvuduko wagabanutse kuri uru rugero.

Ati “Impamvu ya mbere ni icyemezo cya Banki Nkuru y’u Rwanda cyafashwe kuva mu mwaka wa 2022 ubwo ibiciro byatangiraga kuzamuka cyane, ni ko Banki Nkuru y’u Rwanda yakomeje kuzamura inyungu fatizo yayo kugira ngo ikomeze guhangana n’izamuka ry’ibiciro. Impamvu ya kabiri ni ibyemezo Leta yagiye ifata birimo gufasha urwego rw’ubuhinzi. Ikindi ni ku rwego mpuzamahanga, ibiciro byari byarazamutse cyane, uyu mwaka na byo byatangiye gusubira mu buryo.”

Umusaruro w’izi ngamba zirimo n’ibyemezo bya Banki Nkuru y’u Rwanda; watumye yoroshya ingamba zo guhangana n’itumbagira ry’ibiciro ku isoko, aho yakuye urwunguko rwayo ku rugero rwa 7,5% irushyira kuri 7%.

Guverineri wa BNR, John Rwangombwa avuga ko nta mpungenge zihari, uretse ko n’iyo imibare yahinduka; iyi Banki izongera igakaza ingamba mu rwego rwo kongera guhangana n’iki kibazo.

Ati “Nta mpungenge dufite. Igihembwe cya kabiri turakibona uko kizaba kimeze, iby’intambara nubwo tutaramenya iyo bigana; ariko ntabwo byaturitse ngo bitere ikibazo gikomeye. Numva rero dufite icyizere, ni na yo mpamvu duhura buri gihembwe. Hagize igihinduka kigatandukanya icyerekezo tubona, tuzagaruka nta nubwo tuzategereza ko igihembwe gishira, yuzagaruka dufate ibyemezo bihangana n’icyo kintu cyahindutse.”

Iyi Banki igaragaza ko icyuho mu bucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga cyazamutse ku rugero rwa 9,6%, bigizwemo uruhare no kuba agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kazamutseho 0,2% nyamara ak’ibyo rwakuyeyo kazamutse ku rugero rwa 5,9%.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 6 =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriye umunyarwenya w’ikirangirire w’Umunyamerika wataramiye Abaturarwanda bwa mbere

Next Post

DRCongo: Ingabo za SADC ziri mu rugamba na M23 zongeye guhura n’akaga

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC

DRCongo: Ingabo za SADC ziri mu rugamba na M23 zongeye guhura n’akaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.