Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe igitanga icyizere kuri imwe mu nkingi nyamwamba mu bukungu bw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
01/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hagaragajwe igitanga icyizere kuri imwe mu nkingi nyamwamba mu bukungu bw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko amezi atatu ya mbere y’umwaka wa 2024 yasize umuvuduko w’ibiciro ku isoko ugabanutse, ndetse ukaba ukomeje kuguma mu mbago z’igipimo kidahungabanya byinshi, ku buryo hari icyizere ko uzakomeza guhagarara neza.

Banki Nkuru y’u Rwanda ishimangira kandi ko ubukungu bw’Igihugu bukomeje kuba mu cyerekezo cyiza, ndetse bikaba bigaragazwa n’imibare, aho mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku gipimo cya 8,6%, mu gihe mu mezi atatu asoza umwaka wa 2023 bwari bugeze ku izamuka rya 8.2%.

Iyi Banki kandi igaragaza ko umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku isoko ukomeje kuguma mu mbago nziza kuko iki gihembwe gisize biri ku muvuduko wa 4.7%. nyamara mu gihembwe cyabanje wari ku rugero rwa 8,9%, aho ibiciro by’ibiribwa bikomoka ku buhinzi ariko byangirika vuba wazamutse ku rugero rwa 2,5% uvuye kuri 18,7% mu gihembwe cya 4 cy’umwaka wa 2023.

Prof Kasai Ndahiriwe ushinzwe Politike y’Ifaranga muri Banki Kkuru y’u Rwanda yagaragaje impamvu uyu muvuduko wagabanutse kuri uru rugero.

Ati “Impamvu ya mbere ni icyemezo cya Banki Nkuru y’u Rwanda cyafashwe kuva mu mwaka wa 2022 ubwo ibiciro byatangiraga kuzamuka cyane, ni ko Banki Nkuru y’u Rwanda yakomeje kuzamura inyungu fatizo yayo kugira ngo ikomeze guhangana n’izamuka ry’ibiciro. Impamvu ya kabiri ni ibyemezo Leta yagiye ifata birimo gufasha urwego rw’ubuhinzi. Ikindi ni ku rwego mpuzamahanga, ibiciro byari byarazamutse cyane, uyu mwaka na byo byatangiye gusubira mu buryo.”

Umusaruro w’izi ngamba zirimo n’ibyemezo bya Banki Nkuru y’u Rwanda; watumye yoroshya ingamba zo guhangana n’itumbagira ry’ibiciro ku isoko, aho yakuye urwunguko rwayo ku rugero rwa 7,5% irushyira kuri 7%.

Guverineri wa BNR, John Rwangombwa avuga ko nta mpungenge zihari, uretse ko n’iyo imibare yahinduka; iyi Banki izongera igakaza ingamba mu rwego rwo kongera guhangana n’iki kibazo.

Ati “Nta mpungenge dufite. Igihembwe cya kabiri turakibona uko kizaba kimeze, iby’intambara nubwo tutaramenya iyo bigana; ariko ntabwo byaturitse ngo bitere ikibazo gikomeye. Numva rero dufite icyizere, ni na yo mpamvu duhura buri gihembwe. Hagize igihinduka kigatandukanya icyerekezo tubona, tuzagaruka nta nubwo tuzategereza ko igihembwe gishira, yuzagaruka dufate ibyemezo bihangana n’icyo kintu cyahindutse.”

Iyi Banki igaragaza ko icyuho mu bucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga cyazamutse ku rugero rwa 9,6%, bigizwemo uruhare no kuba agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kazamutseho 0,2% nyamara ak’ibyo rwakuyeyo kazamutse ku rugero rwa 5,9%.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriye umunyarwenya w’ikirangirire w’Umunyamerika wataramiye Abaturarwanda bwa mbere

Next Post

DRCongo: Ingabo za SADC ziri mu rugamba na M23 zongeye guhura n’akaga

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC

DRCongo: Ingabo za SADC ziri mu rugamba na M23 zongeye guhura n’akaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.