• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe igitanga icyizere kuri imwe mu nkingi nyamwamba mu bukungu bw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
01/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hagaragajwe igitanga icyizere kuri imwe mu nkingi nyamwamba mu bukungu bw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko amezi atatu ya mbere y’umwaka wa 2024 yasize umuvuduko w’ibiciro ku isoko ugabanutse, ndetse ukaba ukomeje kuguma mu mbago z’igipimo kidahungabanya byinshi, ku buryo hari icyizere ko uzakomeza guhagarara neza.

Banki Nkuru y’u Rwanda ishimangira kandi ko ubukungu bw’Igihugu bukomeje kuba mu cyerekezo cyiza, ndetse bikaba bigaragazwa n’imibare, aho mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku gipimo cya 8,6%, mu gihe mu mezi atatu asoza umwaka wa 2023 bwari bugeze ku izamuka rya 8.2%.

Iyi Banki kandi igaragaza ko umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku isoko ukomeje kuguma mu mbago nziza kuko iki gihembwe gisize biri ku muvuduko wa 4.7%. nyamara mu gihembwe cyabanje wari ku rugero rwa 8,9%, aho ibiciro by’ibiribwa bikomoka ku buhinzi ariko byangirika vuba wazamutse ku rugero rwa 2,5% uvuye kuri 18,7% mu gihembwe cya 4 cy’umwaka wa 2023.

Prof Kasai Ndahiriwe ushinzwe Politike y’Ifaranga muri Banki Kkuru y’u Rwanda yagaragaje impamvu uyu muvuduko wagabanutse kuri uru rugero.

Ati “Impamvu ya mbere ni icyemezo cya Banki Nkuru y’u Rwanda cyafashwe kuva mu mwaka wa 2022 ubwo ibiciro byatangiraga kuzamuka cyane, ni ko Banki Nkuru y’u Rwanda yakomeje kuzamura inyungu fatizo yayo kugira ngo ikomeze guhangana n’izamuka ry’ibiciro. Impamvu ya kabiri ni ibyemezo Leta yagiye ifata birimo gufasha urwego rw’ubuhinzi. Ikindi ni ku rwego mpuzamahanga, ibiciro byari byarazamutse cyane, uyu mwaka na byo byatangiye gusubira mu buryo.”

Umusaruro w’izi ngamba zirimo n’ibyemezo bya Banki Nkuru y’u Rwanda; watumye yoroshya ingamba zo guhangana n’itumbagira ry’ibiciro ku isoko, aho yakuye urwunguko rwayo ku rugero rwa 7,5% irushyira kuri 7%.

Guverineri wa BNR, John Rwangombwa avuga ko nta mpungenge zihari, uretse ko n’iyo imibare yahinduka; iyi Banki izongera igakaza ingamba mu rwego rwo kongera guhangana n’iki kibazo.

Ati “Nta mpungenge dufite. Igihembwe cya kabiri turakibona uko kizaba kimeze, iby’intambara nubwo tutaramenya iyo bigana; ariko ntabwo byaturitse ngo bitere ikibazo gikomeye. Numva rero dufite icyizere, ni na yo mpamvu duhura buri gihembwe. Hagize igihinduka kigatandukanya icyerekezo tubona, tuzagaruka nta nubwo tuzategereza ko igihembwe gishira, yuzagaruka dufate ibyemezo bihangana n’icyo kintu cyahindutse.”

Iyi Banki igaragaza ko icyuho mu bucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga cyazamutse ku rugero rwa 9,6%, bigizwemo uruhare no kuba agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kazamutseho 0,2% nyamara ak’ibyo rwakuyeyo kazamutse ku rugero rwa 5,9%.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 4 =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriye umunyarwenya w’ikirangirire w’Umunyamerika wataramiye Abaturarwanda bwa mbere

Next Post

DRCongo: Ingabo za SADC ziri mu rugamba na M23 zongeye guhura n’akaga

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC

DRCongo: Ingabo za SADC ziri mu rugamba na M23 zongeye guhura n’akaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.