Hagaragajwe impamvu ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byamanutse ariko iby’ibiribwa bikaba bigihanitse

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko impamvu ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byagabanutse ariko iby’ibiribwa bikaba bikiri hejuru, biterwa n’umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi mu Rwanda ukiri mucye.

Byatangajwe na Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa kuri uyu wa Kane tariki 11 Gicurasi ubwo yagaragazaga ishusho y’ubukungu bw’u Rwanda mu gihembwe gishize.

Izindi Nkuru

Banki nkuru y’Igihugu igaragaza ko mu mezi atatu ya mbere y’umwaka wa 2023 umuvuduko w’itumbagira ry’ibiciro ku isoko wagabanutse, ari na byo byatumye iyi Banki igumisha inyungu ku rugero rwa 7%. Ariko ngo mu mezi ane ari imbere bazagaragaza uruhare ibiza bishobora kugira ku itumbagira ry’ibiciro ku isoko rishobora guterwa n’umusaruro mucye w’ubuhinzi.

Umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku isok0 wageze kuri 17.8% mu kwezi kwa 4/2023 uvuye kuri 21.7% byariho mu kwezi wa 12/2022.

Umuvuduko w’ibicuruzwa na serivisi hatarimo ibyangirika vuba, wagabanutse ku rugero rwa 11.4% uvuye kuri 15.4%. ibyo bivuze ko harimo ikinyuranyo cya 4%.

Naho ibiciro by’ibiribwa byavuye kuri 50.1% bigera kuri 48.5%. iyi mibare igaragaza ko hagati y’ukwezi kwa 12/2022 n’ukwa 4/2023 byagabanutseho 1.6% ariko ibiciro by’ibikomoka ku ngufu byavuye kuri 19.4% bigera kuri 4.4%. Bigashimangira ko hagati y’ibyo bihe byombi byagabanutse ku rugero rwa 15.5%.

John Rwangomba, agaragaza impamvu hakirimo ikinyuranyo, yagize ati “Nubwo ibikomoka kuri peteroli byagabanutse bikaba bigeze kuri 4%, ibiribwa biracyari muri 50% hafi mirongongo ine na kangahe ku ijana [48.5%]. Ibyo biraterwa n’umusaruro wacu. Ntabwo biterwa na Ukraine.”

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko hakiri icyizere ko mu gice cya kabiri cy’umwaka wa 2023 ibiciro bizagabanuka kugeza ku rugero rwa 8% mu mpera z’uyu mwaka. Nanone ariko bagaragaza ko umusaruro w’ubuhinzi uhagaze nabi; ikinyuranyo cy’ubucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga kigeze kuri 35.2% bitewe n’uko ibyo u Rwanda rutumiza mu mahanga byazamutse ku rugero rwa 27.6% na ho ibyoherezwa bigera kuri 17.4%. Ibyo byatumye ifaranga ry’u Rwanda rita agaciro ku rugero rwa 4.6% bagereranije n’idorali rya amerika.

Gusa ngo hari icyizere nkuko bitangazwa na John Rwangombwa, ati “Dukurikije imvura uko yagenze mu kwezi kwa gatatu muri saison B; twizeye ko umusaruro wa saison B uzagenda neza. Ubwo ni uguhera mu kwezi kwa gatanu gushyira mu kwa gatandatu.”

Yanagarutse ku biza bidasanzwe biherutse kwibasira ibice bimwe by’u Rwanda. Ati “ni ukureba ngo ibi biza birahindura iki kuri wa musaruro mwiza twateganyaga w’ubuhinzi. [….] ejo batubwiraga ko imibare ya mbere igaragaza ko hashobora kuba hangiritse hegitari ibihumbi bibiri. Ibyo rero bishobora kugira icyo bigabanya ku byo duteganya, ariko ntabwo turamenya uko bingana. Imibare twari dufite ubushize turarushaho kuyihamya.”

Nubwo hari ibyo bibazo, Banki Nkuru y’u Rwanda ishimangira ko ubukungu bw’u Rwanda buzakomeza guhagarara bwuma, aho mu gihembwe cya mbere cya 2023 bwazamutse ku kigero cya 14.4%, ndetse hatagize igihinduka uyu mwaka uzasiga bugeze ku rugero rwa 6.2% buvuye ku gipimo cya 8.2% bwagezeho muri 2022.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru