Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hagaragajwe uko bihagaze niba irushanwa rya ‘MissRwanda’ rizongera kuba

radiotv10by radiotv10
13/06/2023
in IMYIDAGADURO
0
Hagaragajwe uko bihagaze niba irushanwa rya ‘MissRwanda’ rizongera kuba
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko y’Ururimi n’Umuco yagize icyo ivuga ku kuba niba hazongera kuba irushanwa rya ‘Miss Rwanda’ ryabaye rihagaritswe kubera ibyarivuzwemo. Inagaragaza icyo ishyize imbere muri iki gihe ryabaye rihagaritswe.

Umwaka urihiritse irushanwa rya Miss Rwanda, rihagaritswe. Ni icyemezo cyari gikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, tariki 09 Gicurasi 2022.

Mu itangazo ry’iyi Minisiteri, yari yagize iti “Hashingiwe ku iperereza ririmo gukorwa n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB), ku muyobozi wa “Rwanda Inspiration BackUp”, ukekwaho ibyaha bifitanye isano n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina yakoreye abakobwa bitabiriye irushanwa rya “Miss Rwanda” mu bihe bitandukanye. Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco [ubu ni Ministeri y’Urubyiruko] iramenyesha Abanyarwanda ko ibaye ihagaritse iri rushanwa mu gihe iperereza ritararangira.”

Ni icyemezo cyaje nyuma y’iminsi micye, hatawe muri yombi Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid washinze Kompanyi ya Rwanda Inspiration BackUp yateguraga iri rushanwa, ashinjwa ibyaha bishingiye ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina bikekwa ko ryakorewe bamwe mu bakobwa bitabiriye iri rushanwa.

Prince Kid yaje kugirwa umwere n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, ariko Ubushinjacyaha ntibwanyurwa, buhita bujuririra Urukiko Rukuru, ruri no kuburanisha uru rubanza.

 

Icyizere kirahari ko Miss Rwanda izongera kuba

Umuyobozi Mukuru w’Inteko y’Ururimi n’Umuco, Robert Mosezera yavuze ko nta murongo urafatwa ku bikorwa byo gusubukura iri rushanwa rya Miss Rwanda.

Robert Masozera yavuze ko “Ubu icyo dushyize imbere ni ugushyira mu bikorwa imishinga ine” irimo uwa Miss Rwanda wa 2022, uwo guhanga udushya ndetse no gutanga ibihembo kuri bakobwa 10 bose bageze mu cyiciro cya nyuma cy’iri rushanwa.

Naho ku bijyanye no kuba iri rushanwa rizasubukurwa, Robert Masozera, yavuze ko bataragera ku mwanzuro, kuko uwari usanzwe aritegura yambuwe ubwo burenganzira.

Yagize ati “Ibibazo byabayeho muri 2022 byashinjwe abariteguraga ndetse n’ababicungaga ibikorwa bya Miss Rwanda, byahindanyije isura y’irushanwa rya Miss Rwanda.”

Yakomeje agira ati “Umwanzuro wo gusubukura irushanwa, uzashingira kuri ibyo byose kandi uzagenda ubyibazaho, ndetse n’amasomo yo kwigira ku byabaye.”

Masozera avuga ko nihafatwa icyemezo ku gusubukura iri rushanwa rya Miss Rwanda, kizamenyeshwa Abanyarwanda, nk’uko bamenyeshejwe icyemezo cyo kurihagarika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Icyo RDF yasangije abaturutse mu Budage bazamara icyumweru mu Rwanda

Next Post

Habaye ibidasanzwe ku mukecuru bari bagiye gushyingura bazi ko yapfuye

Related Posts

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

by radiotv10
22/11/2025
0

Murindahabi Irene usanzwe areberera inyungu abaririmbyi Vestine na Dorcas, yavuze ko ubutumwa buherutse gutambuka ku rubuga nkoranyambaga rw’umwe muri aba...

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

by radiotv10
22/11/2025
0

Kyra Nkezabera, whose parents include a Rwandan father and a Belgian mother, has reached the final round of the Miss...

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco yatanze umucyo ku byatumye hari abakeka ko yaba yarabeshye abantu igihe kinini ko atabona, avuga ko amashusho...

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

by radiotv10
21/11/2025
0

Kyra Nkezabera ukomoka ku babyeyi barimo Umunyarwanda, uri guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi (Miss Belgium), yageze mu cyiciro cya...

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

by radiotv10
19/11/2025
0

Umuhanzi Bill Ruzima wari uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge, yamaze kujyanwa mu Kigo Ngororamuco cya Huye cyanyuzemo abandi...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habaye ibidasanzwe ku mukecuru bari bagiye gushyingura bazi ko yapfuye

Habaye ibidasanzwe ku mukecuru bari bagiye gushyingura bazi ko yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.