Tuesday, March 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe uko umubare w’abarwayi b’igituntu mu Rwanda wagabanutse mu myaka 24

radiotv10by radiotv10
24/03/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe uko umubare w’abarwayi b’igituntu mu Rwanda wagabanutse mu myaka 24
Share on FacebookShare on Twitter
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima kigaragaza ko umubare w’abarwayi b’igituntu mu Rwanda wagabanutse ku kigero gishimishije mu myaka 24 ishize, kuko wavuye ku barwayi 238 ku bantu ibihumbi 100 muri 2000, ugera ku barwayi 62 ku bantu 100 000 muri 2024.

Ni imibare yagaragajwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Werurwe, aho u Rwanda rwifatanyije n’isi yose

kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wo Kurwanya Igituntu ufite insanganyamatsiko igira iti “Twese hamwe turandure igituntu.”

Iki Kigo kubukije ko “igituntu kiri mu ndwara 10 za mbere zihitana abantu benshi ku isi kikaba kandi kimwe mu byuriririzi bikunze kuzahaza abafite ubwandu bwa Virusi itera SIDA.”

Imibare y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) yo mu 2024, yagaragaje ko ku isi hari abasaga miliyoni 10,7 barwaye indwara y’igituntu ihitana miliyoni 1,23 barimo ibihumbi 150 by’abari bafite Virusi itera SIDA.

RBC ivuga ko “Mu Rwanda umubare w’abarwayi b’igituntu wagiye ugabanuka uva kuri 238 ku bantu 100,000 mu mwaka wa 2000 ugera kuri 62 ku bantu 100,000 mu mwaka wa 2024.”

Umubare w’abahitanwa n’indwara y’igituntu na wo wagiye ugabanuka uva kuri 77 ku bantu 100,000 mu mwaka wa 2000 ugera kuri 3.4 ku bantu 100,000 mu mwaka wa 2024 (Global TB Report 2025).

Mu rwego rwo kugabanya imfu ziturutse ku ndwara y’igituntu ndetse n’umubare w’abandura cyangwa abarwara indwara y’igituntu, Leta y’u Rwanda yashyizeho ingamba zinyuranye, zirimo kongera uruhare rw’Abajyanama b’Ubuzima mu gukangurira abaturage kwirinda indwara y’igituntu no kuyisuzumisha hakiri kare, aho abangana na 27% by’abarwayi bose mu Gihugu bazanywe n’abajyanama b’ubuzima.

Abajyanama b’Ubuzima kandi banafasha mu gukurikirana abarwayi babyifuza bafatira imiti y’igituntu mu Midugudu iwabo.

Nanone kandi mu Bitaro byose na bimwe mu Bigo Nderabuzima byo mu Rwanda, hashyizwemo ibikoresho bigezweho bipima indwara y’igituntu mu gihe gito (Genexpert machines).

Hanashyizweho gahunda yihariye yo gushakisha igituntu mu byiciro by’abantu bafite ibyago byinshi byo kwandura iyi ndwara (abagororwa, abakora mu birombe by’amabuye y’agaciro, n’abandi) hifashishijwe ibyuma bifata amafoto y’ibihaha (“X-ray”) kandi bifite ikoranabuhanga ryunganira abaganga. Ikindi kandi imiti yose ikenewe mu kuvura indwara y’igituntu itangirwa ubuntu, kandi iyi ndwara iravurwa igakira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 1 =

Previous Post

Polisi y’u Rwanda iravuga ko ntakirahinduka ku muhanda watangajwe ko utari nyabagendwa

Related Posts

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

Polisi y’u Rwanda iravuga ko ntakirahinduka ku muhanda watangajwe ko utari nyabagendwa

by radiotv10
24/03/2026
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda Muhanga- Ngororero- Mukamira, utari wongera kuba nyabagendwa, nyuma y’umunsi umwe itangaje ko kubera imvura...

U Rwanda rwongeye gutabariza Abanyamulenge bo muri DRC rugaragaza ko guceceka ibibakorerwa ari ubufatanyacyaha

U Rwanda rwongeye gutabariza Abanyamulenge bo muri DRC rugaragaza ko guceceka ibibakorerwa ari ubufatanyacyaha

by radiotv10
24/03/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe atangaza ko ingengabitekerezo yibasira Abatutsi muri DRC barimo Abanyamulenge ikomeje kwenyegeza amarorerwa abakorerwa...

Abakoresha umuhanda uhuza Umujyi wa Kigali n’Intara ebyiri bafite icyo basaba

Abakoresha umuhanda uhuza Umujyi wa Kigali n’Intara ebyiri bafite icyo basaba

by radiotv10
24/03/2026
0

Abakoresha umuhanda uhuza Umujyi wa Kigali-Huye-Rusizi, bavuga ko ugereranyije n'ibinyabiziga biwunyuramo n'uburyo ungana, ari umuto bityo bikaba ari na bimwe...

U Rwanda rwongeye gutabariza Abanyamulenge bo muri DRC rugaragaza ko guceceka ibibakorerwa ari ubufatanyacyaha

Eng.-Minister Nduhungirehe says silence on ongoing violence against Banyamulenge is complicity

by radiotv10
24/03/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Olivier Nduhungirehe, stated that genocide ideology targeting Tutsis in the Democratic Republic...

5 Easy Ways to Live a Longer, Healthier Life

5 Easy Ways to Live a Longer, Healthier Life

by radiotv10
24/03/2026
0

Living a long life is not only about years, but also about feeling good and staying healthy. The good news...

IZIHERUKA

Hagaragajwe uko umubare w’abarwayi b’igituntu mu Rwanda wagabanutse mu myaka 24
IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe uko umubare w’abarwayi b’igituntu mu Rwanda wagabanutse mu myaka 24

by radiotv10
24/03/2026
0

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

Polisi y’u Rwanda iravuga ko ntakirahinduka ku muhanda watangajwe ko utari nyabagendwa

24/03/2026
U Rwanda rwongeye gutabariza Abanyamulenge bo muri DRC rugaragaza ko guceceka ibibakorerwa ari ubufatanyacyaha

U Rwanda rwongeye gutabariza Abanyamulenge bo muri DRC rugaragaza ko guceceka ibibakorerwa ari ubufatanyacyaha

24/03/2026
Abakoresha umuhanda uhuza Umujyi wa Kigali n’Intara ebyiri bafite icyo basaba

Abakoresha umuhanda uhuza Umujyi wa Kigali n’Intara ebyiri bafite icyo basaba

24/03/2026
Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia wiyongereye

Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia wiyongereye

24/03/2026
Uwabaye muri Guverinoma ya Kenya yafungiwe guca igikuba

Uwabaye muri Guverinoma ya Kenya yafungiwe guca igikuba

24/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe uko umubare w’abarwayi b’igituntu mu Rwanda wagabanutse mu myaka 24

Polisi y’u Rwanda iravuga ko ntakirahinduka ku muhanda watangajwe ko utari nyabagendwa

U Rwanda rwongeye gutabariza Abanyamulenge bo muri DRC rugaragaza ko guceceka ibibakorerwa ari ubufatanyacyaha

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.