Wednesday, April 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hagaragaye ubwato bw’igisirikare cy’u Burundi bwerecyezaga muri Minembwe burimo abasirikare n’intwaro

radiotv10by radiotv10
15/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hagaragaye ubwato bw’igisirikare cy’u Burundi bwerecyezaga muri Minembwe burimo abasirikare n’intwaro
Share on FacebookShare on Twitter

U Burundi buravugwaho kohereza abasirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gufasha FARDC mu rugamba byumwihariko mu gace ka Minembwe mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Amakuru dukesha ikinyamakuru SOS Médias Burundi, avuga ko aba basirikare b’u Burundi n’intwaro bagaragaye mu ijoro ryo ku wa Kabiri, ahagaragaye ubwato bw’igisirikare cy’u Burundi kirwanira mu mazi bwari mu Kiyaga cya Tanganyika hafi y’icyambu cy’Umujyi wa Rumonge mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’u Burundi.

Iki kinyamakuru kivuga ko ubu bwato bwari butwaye abasirikare b’u Burundi ndetse n’ibikoresho by’iki Gisirikare birimo intwaro, byari bijyanywe mu rugamba muri Minembwe.

Amakuru aturuka mu gisirikare cy’u Burundi, avuga ko ibikorwa byo kohereza abasirikare bava mu Burundi berecyeza muri DRC, byasubukuye mu minsi micye ishize.

Ibi bikorwa byongeye kwiyongera mu gihe mu mpera z’umwaka ushize mu kwezi k’Ukuboza 2025, u Burundi bwari bucyuye bamwe mu basirikare babwo ubwo abarwanyi ba AFC/M23 bari bakomeje gufata ibice binyuranye mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Hagati ya Kanama 2022 n’Ukuboza 2025, u Burundi bwari bumaze kohereza muri DRC abasirikare barenga ibihumbi 29 nk’uko byemezwa n’amakuru aturuka muri Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu muri Congo Kinshasa.

Abasirikare bari koherezwa muri DRC muri iki gihe, bari kunyura mu nzira y’amazi, baciye mu mujyi wa Baraka mbere yo koherezwa mu bice binyuranye by’imirwano muri Teritwari za Fizi na Mwenga birimo Kakenge, Mulima, Kalingi, Mikenge, Bidegu, no mu ishyamba rya Mukoko na Lulenge.

Intego yo kohereza aba basirikare, bivugwa ko ari ukugirango bajye kugenzura agace ka Minembwe gatuwemo n’Abanyekongo b’Abanyamulenge, barwanirwa n’umutwe wa Twirwaneho ukorana na M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

Related Posts

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

by radiotv10
13/04/2026
0

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Leo XIV yavuze ko adashaka guterana amagambo na Perezida Donald Trump nyuma yuko...

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

by radiotv10
13/04/2026
0

For the first time on the European continent, in Switzerland, delegates from the AFC/M23 coalition and those from the Government...

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

by radiotv10
13/04/2026
0

Ku nshuro ya mbere ku Mugabane w’u Burayi mu Busuwisi, intumwa z’Ihuriro AFC/M23 n’iza Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

by radiotv10
11/04/2026
0

Uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rurashinjwa gukomeza kurasa ibisasu mu bice bituwemo n’Abanyekongo b’Abanyamulenge muri Minembwe,...

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

by radiotv10
11/04/2026
0

Abahanga baherutse gukora urugendo rwerecyeza hafi y’ukwezi mu butumwa bwiswe Artemis II bagarutse ku Isi amahoro, nyuma yo kugenda ibilometero...

IZIHERUKA

Hagaragaye ubwato bw’igisirikare cy’u Burundi bwerecyezaga muri Minembwe burimo abasirikare n’intwaro
AMAHANGA

Hagaragaye ubwato bw’igisirikare cy’u Burundi bwerecyezaga muri Minembwe burimo abasirikare n’intwaro

by radiotv10
15/04/2026
0

Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

15/04/2026
Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

15/04/2026
Umunyamakuru Jado Max yasubiye kuri radio yari amaze igihe gito avuyeho

Umunyamakuru Jado Max yasubiye kuri radio yari amaze igihe gito avuyeho

15/04/2026
Umunyarwanda wamamaye ku mbuga nkoranyambaga wirukanywe muri America bwa mbere arigaragaje

Breaking News: Charges Announced Against Eric Semuhungu

15/04/2026
Hasohotse amafoto ataragaragaye y’umuhanzi nyarwanda Prosper Nkomezi uherutse gukora ubukwe mu ibanga

Hasohotse amafoto ataragaragaye y’umuhanzi nyarwanda Prosper Nkomezi uherutse gukora ubukwe mu ibanga

15/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragaye ubwato bw’igisirikare cy’u Burundi bwerecyezaga muri Minembwe burimo abasirikare n’intwaro

Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.