• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hagaragaye ubwato bw’igisirikare cy’u Burundi bwerecyezaga muri Minembwe burimo abasirikare n’intwaro

radiotv10by radiotv10
15/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hagaragaye ubwato bw’igisirikare cy’u Burundi bwerecyezaga muri Minembwe burimo abasirikare n’intwaro
Share on FacebookShare on Twitter

U Burundi buravugwaho kohereza abasirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gufasha FARDC mu rugamba byumwihariko mu gace ka Minembwe mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Amakuru dukesha ikinyamakuru SOS Médias Burundi, avuga ko aba basirikare b’u Burundi n’intwaro bagaragaye mu ijoro ryo ku wa Kabiri, ahagaragaye ubwato bw’igisirikare cy’u Burundi kirwanira mu mazi bwari mu Kiyaga cya Tanganyika hafi y’icyambu cy’Umujyi wa Rumonge mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’u Burundi.

Iki kinyamakuru kivuga ko ubu bwato bwari butwaye abasirikare b’u Burundi ndetse n’ibikoresho by’iki Gisirikare birimo intwaro, byari bijyanywe mu rugamba muri Minembwe.

Amakuru aturuka mu gisirikare cy’u Burundi, avuga ko ibikorwa byo kohereza abasirikare bava mu Burundi berecyeza muri DRC, byasubukuye mu minsi micye ishize.

Ibi bikorwa byongeye kwiyongera mu gihe mu mpera z’umwaka ushize mu kwezi k’Ukuboza 2025, u Burundi bwari bucyuye bamwe mu basirikare babwo ubwo abarwanyi ba AFC/M23 bari bakomeje gufata ibice binyuranye mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Hagati ya Kanama 2022 n’Ukuboza 2025, u Burundi bwari bumaze kohereza muri DRC abasirikare barenga ibihumbi 29 nk’uko byemezwa n’amakuru aturuka muri Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu muri Congo Kinshasa.

Abasirikare bari koherezwa muri DRC muri iki gihe, bari kunyura mu nzira y’amazi, baciye mu mujyi wa Baraka mbere yo koherezwa mu bice binyuranye by’imirwano muri Teritwari za Fizi na Mwenga birimo Kakenge, Mulima, Kalingi, Mikenge, Bidegu, no mu ishyamba rya Mukoko na Lulenge.

Intego yo kohereza aba basirikare, bivugwa ko ari ukugirango bajye kugenzura agace ka Minembwe gatuwemo n’Abanyekongo b’Abanyamulenge, barwanirwa n’umutwe wa Twirwaneho ukorana na M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − three =

Previous Post

Umunyamakuru Jado Max yasubiye kuri radio yari amaze igihe gito avuyeho

Next Post

Hatangajwe amahirwe agiye kongera kuboneka mu biganiro hagati ya America na Iran

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Hatangajwe amahirwe agiye kongera kuboneka mu biganiro hagati ya America na Iran

Hatangajwe amahirwe agiye kongera kuboneka mu biganiro hagati ya America na Iran

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.