Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagati yo guhangana n’ibibangamiye umutekano w’u Rwanda n’ibihano rwakangishwa, Perezida Kagame yavuze icyo yahitamo

radiotv10by radiotv10
13/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hagati yo guhangana n’ibibangamiye umutekano w’u Rwanda n’ibihano rwakangishwa, Perezida Kagame yavuze icyo yahitamo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko aho kugira ngo u Rwanda rukangishwe ibihano ngo rwirengagize ibiteye impungenge ku mutekano warwo, kuri we ntakuzuyaza yahitamo kwerecyeza intwaro ku bibazo bibangamiye umutekano w’iki Gihugu ndetse n’ibyo by’ibihano akabifata nk’ibidahari.

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Jeune Afrique, cyibanze ku ngingo zinyuranye zirimo n’ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni ibibazo byazamuye umwuka mubi mu mubano w’iki Gihugu n’u Rwanda, aho cyakunze kurushinja ibinyoma ko rufasha umutwe wa M23, ndetse kizenguruka amahanga yose kirusabira ibihano mu Miryango Mpuzamahanga ndetse no mu Bihugu by’ibihangange, na byo byakunze kugwa mu mutego w’ibi binyoma.

U Rwanda na rwo rwakunze kugaragaza ibirubangamiye ku myitwarire y’ubutegetsi bwa Congo, kuba bukorana n’umutwe wa FDLR ugamije guhungabanya umutekano warwo, ndetse na bwo ubwabwo uhereye kuri Perezida wa kiriya Gihugu, Felix Tshisekedi akaba yareruye ko afite umugambi wo kurutera ngo agakuraho ubutegetsi buriho.

Muri iki kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye na Jeune Afrique, yavuze ko ibihano bihora bikangishwa u Rwanda bifite uburemere buto budashobora kungana n’ubwo kuba rwahangana n’ibibazo bibangamiye umutekano warwo.

Ati “Hagati yo guhangana n’ibibazo bihungabanya umutekano ndetse n’imbogamizi zo gufatira ibihano u Rwanda ku mpamvu runaka, ntakuzuyaza, njye nakwerecyeza intwaro zanjye ku bibazo bihungabanya umutekano, ibyo bindi rwose nkabifata nk’ibidahari.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze kandi ibi atari bishya ku Rwanda kuko rwahuye n’ibibazo byinshi kuva mu myaka yatambutse cyane ko ari n’Igihugu cyanyuze mu kaga gakomeye kurusha ibindi byabayeho mu mateka y’Isi.

Ati “Twagize akaga kabi cyane mu 1994, none urumva waza ukankangisha ibihano kubera ko ndi kwirinda, ugakeka ko ibyo byantera igihunga?”

Perezida Kagame yagarutse ku rugero rw’umukecuru yatanze mu ijambo yavugiye mu gutangiza ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, aho uwo mukerucu yabajijwe n’abari bagiye kumwica mu 1994 uburyo yifuzamo kwicwa, akabatumbira ubundi akabavuma mu maso.

Uru rugero Umukuru w’u Rwanda yaruhaye Abanyarwanda, abibutsa ko badakwiye guterwa ubwoba n’ushaka kubagaraguza agati, ahubwo ko bakwiye kujya bamwereka ko ibyo bakora bidashobora kubatera ubwoba.

Muri iki kiganiro na Jeune Afrique, agaruka ku bahora bakangisha u Rwanda ibihano kuko ruri kwirinda, Perezida Kagame yagize ati “Rero ushobora gutekereza uburyo navuma mu isura uwo ari we wese wambwira icyo nkwiye guhitamo urupfu nifuza gupfamo.”

Mu bipe bitandukanye, Umukuru w’u Rwanda yakunze kuvuga ko u Rwanda rushobora kwihanganira byinshi, ariko ko iyo bigeze ku kurinda umutekano warwo n’abarutuye, rudashobora kubicira bugufi cyangwa kugira uwo rubisabira uruhusa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + three =

Previous Post

Igisubizo Perezida Kagame yasubiza uwamubaza niba afitiye impuhwe M23

Next Post

Hashyizwe hanze amayeri yakoreshejwe n’umusaza uregwa gusambanya umwana arusha imyaka 64

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Hashyizwe hanze amayeri yakoreshejwe n’umusaza uregwa gusambanya umwana arusha imyaka 64

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.