Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagati yo guhangana n’ibibangamiye umutekano w’u Rwanda n’ibihano rwakangishwa, Perezida Kagame yavuze icyo yahitamo

radiotv10by radiotv10
13/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hagati yo guhangana n’ibibangamiye umutekano w’u Rwanda n’ibihano rwakangishwa, Perezida Kagame yavuze icyo yahitamo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko aho kugira ngo u Rwanda rukangishwe ibihano ngo rwirengagize ibiteye impungenge ku mutekano warwo, kuri we ntakuzuyaza yahitamo kwerecyeza intwaro ku bibazo bibangamiye umutekano w’iki Gihugu ndetse n’ibyo by’ibihano akabifata nk’ibidahari.

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Jeune Afrique, cyibanze ku ngingo zinyuranye zirimo n’ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni ibibazo byazamuye umwuka mubi mu mubano w’iki Gihugu n’u Rwanda, aho cyakunze kurushinja ibinyoma ko rufasha umutwe wa M23, ndetse kizenguruka amahanga yose kirusabira ibihano mu Miryango Mpuzamahanga ndetse no mu Bihugu by’ibihangange, na byo byakunze kugwa mu mutego w’ibi binyoma.

U Rwanda na rwo rwakunze kugaragaza ibirubangamiye ku myitwarire y’ubutegetsi bwa Congo, kuba bukorana n’umutwe wa FDLR ugamije guhungabanya umutekano warwo, ndetse na bwo ubwabwo uhereye kuri Perezida wa kiriya Gihugu, Felix Tshisekedi akaba yareruye ko afite umugambi wo kurutera ngo agakuraho ubutegetsi buriho.

Muri iki kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye na Jeune Afrique, yavuze ko ibihano bihora bikangishwa u Rwanda bifite uburemere buto budashobora kungana n’ubwo kuba rwahangana n’ibibazo bibangamiye umutekano warwo.

Ati “Hagati yo guhangana n’ibibazo bihungabanya umutekano ndetse n’imbogamizi zo gufatira ibihano u Rwanda ku mpamvu runaka, ntakuzuyaza, njye nakwerecyeza intwaro zanjye ku bibazo bihungabanya umutekano, ibyo bindi rwose nkabifata nk’ibidahari.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze kandi ibi atari bishya ku Rwanda kuko rwahuye n’ibibazo byinshi kuva mu myaka yatambutse cyane ko ari n’Igihugu cyanyuze mu kaga gakomeye kurusha ibindi byabayeho mu mateka y’Isi.

Ati “Twagize akaga kabi cyane mu 1994, none urumva waza ukankangisha ibihano kubera ko ndi kwirinda, ugakeka ko ibyo byantera igihunga?”

Perezida Kagame yagarutse ku rugero rw’umukecuru yatanze mu ijambo yavugiye mu gutangiza ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, aho uwo mukerucu yabajijwe n’abari bagiye kumwica mu 1994 uburyo yifuzamo kwicwa, akabatumbira ubundi akabavuma mu maso.

Uru rugero Umukuru w’u Rwanda yaruhaye Abanyarwanda, abibutsa ko badakwiye guterwa ubwoba n’ushaka kubagaraguza agati, ahubwo ko bakwiye kujya bamwereka ko ibyo bakora bidashobora kubatera ubwoba.

Muri iki kiganiro na Jeune Afrique, agaruka ku bahora bakangisha u Rwanda ibihano kuko ruri kwirinda, Perezida Kagame yagize ati “Rero ushobora gutekereza uburyo navuma mu isura uwo ari we wese wambwira icyo nkwiye guhitamo urupfu nifuza gupfamo.”

Mu bipe bitandukanye, Umukuru w’u Rwanda yakunze kuvuga ko u Rwanda rushobora kwihanganira byinshi, ariko ko iyo bigeze ku kurinda umutekano warwo n’abarutuye, rudashobora kubicira bugufi cyangwa kugira uwo rubisabira uruhusa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Igisubizo Perezida Kagame yasubiza uwamubaza niba afitiye impuhwe M23

Next Post

Hashyizwe hanze amayeri yakoreshejwe n’umusaza uregwa gusambanya umwana arusha imyaka 64

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post

Hashyizwe hanze amayeri yakoreshejwe n’umusaza uregwa gusambanya umwana arusha imyaka 64

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.