Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hahishuwe akandi kamaro katazwi na benshi ko konsa umwana neza

radiotv10by radiotv10
07/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hahishuwe akandi kamaro katazwi na benshi ko konsa umwana neza
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, kirasaba ababyeyi konsa neza abana babo, kuko usibye kuba bifasha umwana gukura neza, binarimunda kuba mu bihe biri imbere yazibasirwa n’indwara zitandura nka Cancer na Diabetes.

Kuva tariki 01 kugeza ku ya 07 Kanama buri mwaka, Isi iba yizihiza icyumweru cyahariwe konsa abana neza. Mu Rwanda iki cyumweru cyahawe insanganyamatsiko igira “Umwana wonse neza, ishema ryacu.” Mu gihe insanganyamatsiko ku rwego rw’Isi, igira iti “Tuzibe icyuho kiri mu konsa, dufashe abana bose kubasha konka.”

Ni inshanganyamatsiko zumvikanamo kwibutsa ababyeyi ko bagomba  konsa abana babo neza nyuma y’uko bigaragaye ko hari abatonsa abana uko bikwiye kugeza mu minsi 1 000.

Hagiye havugwa abacutsa abana babo imburagihe ndetse n’abanga kubonsa burundu ku mpamvu zitavugwaho rumwe.

Konsa neza umwana ni ukumwonsa amezi atandatu (6) ntakindi avangiwe, agatungwa n’amashereka, aho nibura umwana agomba konka inshuro umunani (8) ku munsi, yagera amezi atandatu, akagenda agahabwa imfashabere kugeza nibura ageze imyaka ibiri ariko akinonka.

Imibare iheruka gushyirwa hanze muri 2020 y’ibipimo bijyanye n’ubuzima, yerekana ko abana bonswa kugera ku mezi atandatu ntakindi bavangiwe, yagabanutse igera 81% ivuye kuri 88% yari iriho muri 2015.

Bamwe mu baturage baganiriye na RADIOTV1, baragaruka ku mbogamizi zituma hari ababyeyi batonsa neza abana babo, zirimo ubuzima Isi igezemo.

Umwe ati “Ubuzima bwa Kigali burahenze, kubona umwanya wo guhorana n’umwana ukamwosa kenshi biragora kuko duhitamo kubasiga tukajya kubashakira ibibatunga.”

Dr. Francois Regis Cyiza, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kwita ku buzima bw’umubyeyi n’umwana mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, aragaruka ku kamaro ko konsa neza.

Ati “Akenshi usanga bariya bana batonse batagira imikurire y’ubwonko myiza. Ikindi mu mashereka habamo intungamubiri by’umwihariko zikozwe mu basirikare barinda indwara baba barakozwe n’umubyeyi bakava mu mubyeyi bajya mu mwana bikagabanye ibyago byo kuba yakwibasirwa n’impiswi n’umusonga.

Buriya bigabanya ibyago byo kuba umwana yakwibasirwa n’indwara zitandura mu bihe bizaza nka diyabete n’umuvuduko ukabije w’amaraso. Iyo tugeze ku mubyeyi uko yonsa umwana bituma arushaho kugira urukundo kuri wa mwana. Konsa birinda umubyeyi kuba yakwibasirwa na kanseri y’ibere ndetse n’udusabo tw’intanga ngore.”

Dr. Regis Francois Cyiza agira inama ababyeyi ko bagomba kuzirikana ko konsa umwana neza, bimutegura kuzavamo umuntu ushikamye kandi ufite ubuzima buzira umuze mu bihe biri imbere.

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + nineteen =

Previous Post

Rutsiro: Imyaka ibaye 15 bari mu maganya nyamara bari babanje kubyinira ku rukoma

Next Post

Centrafrique: Abasirikare b’u Rwanda bagaragaje uko bakiriye kuba Perezida Kagame azakomeza kubabera Umugaba w’Ikirenga

Related Posts

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

by radiotv10
21/11/2025
0

Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Nyamagabe, bari gukorwaho iperereza ridasanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yuko igenzura ritahuye...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Centrafrique: Abasirikare b’u Rwanda bagaragaje uko bakiriye kuba Perezida Kagame azakomeza kubabera Umugaba w’Ikirenga

Centrafrique: Abasirikare b’u Rwanda bagaragaje uko bakiriye kuba Perezida Kagame azakomeza kubabera Umugaba w’Ikirenga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.