Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hahishuwe akandi kamaro katazwi na benshi ko konsa umwana neza

radiotv10by radiotv10
07/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hahishuwe akandi kamaro katazwi na benshi ko konsa umwana neza
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, kirasaba ababyeyi konsa neza abana babo, kuko usibye kuba bifasha umwana gukura neza, binarimunda kuba mu bihe biri imbere yazibasirwa n’indwara zitandura nka Cancer na Diabetes.

Kuva tariki 01 kugeza ku ya 07 Kanama buri mwaka, Isi iba yizihiza icyumweru cyahariwe konsa abana neza. Mu Rwanda iki cyumweru cyahawe insanganyamatsiko igira “Umwana wonse neza, ishema ryacu.” Mu gihe insanganyamatsiko ku rwego rw’Isi, igira iti “Tuzibe icyuho kiri mu konsa, dufashe abana bose kubasha konka.”

Ni inshanganyamatsiko zumvikanamo kwibutsa ababyeyi ko bagomba  konsa abana babo neza nyuma y’uko bigaragaye ko hari abatonsa abana uko bikwiye kugeza mu minsi 1 000.

Hagiye havugwa abacutsa abana babo imburagihe ndetse n’abanga kubonsa burundu ku mpamvu zitavugwaho rumwe.

Konsa neza umwana ni ukumwonsa amezi atandatu (6) ntakindi avangiwe, agatungwa n’amashereka, aho nibura umwana agomba konka inshuro umunani (8) ku munsi, yagera amezi atandatu, akagenda agahabwa imfashabere kugeza nibura ageze imyaka ibiri ariko akinonka.

Imibare iheruka gushyirwa hanze muri 2020 y’ibipimo bijyanye n’ubuzima, yerekana ko abana bonswa kugera ku mezi atandatu ntakindi bavangiwe, yagabanutse igera 81% ivuye kuri 88% yari iriho muri 2015.

Bamwe mu baturage baganiriye na RADIOTV1, baragaruka ku mbogamizi zituma hari ababyeyi batonsa neza abana babo, zirimo ubuzima Isi igezemo.

Umwe ati “Ubuzima bwa Kigali burahenze, kubona umwanya wo guhorana n’umwana ukamwosa kenshi biragora kuko duhitamo kubasiga tukajya kubashakira ibibatunga.”

Dr. Francois Regis Cyiza, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kwita ku buzima bw’umubyeyi n’umwana mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, aragaruka ku kamaro ko konsa neza.

Ati “Akenshi usanga bariya bana batonse batagira imikurire y’ubwonko myiza. Ikindi mu mashereka habamo intungamubiri by’umwihariko zikozwe mu basirikare barinda indwara baba barakozwe n’umubyeyi bakava mu mubyeyi bajya mu mwana bikagabanye ibyago byo kuba yakwibasirwa n’impiswi n’umusonga.

Buriya bigabanya ibyago byo kuba umwana yakwibasirwa n’indwara zitandura mu bihe bizaza nka diyabete n’umuvuduko ukabije w’amaraso. Iyo tugeze ku mubyeyi uko yonsa umwana bituma arushaho kugira urukundo kuri wa mwana. Konsa birinda umubyeyi kuba yakwibasirwa na kanseri y’ibere ndetse n’udusabo tw’intanga ngore.”

Dr. Regis Francois Cyiza agira inama ababyeyi ko bagomba kuzirikana ko konsa umwana neza, bimutegura kuzavamo umuntu ushikamye kandi ufite ubuzima buzira umuze mu bihe biri imbere.

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − two =

Previous Post

Rutsiro: Imyaka ibaye 15 bari mu maganya nyamara bari babanje kubyinira ku rukoma

Next Post

Centrafrique: Abasirikare b’u Rwanda bagaragaje uko bakiriye kuba Perezida Kagame azakomeza kubabera Umugaba w’Ikirenga

Related Posts

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

“Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe…” Ni bumwe mu butumwa Perezida Paul Kagame yavugiye i Kayonza ubwo yari mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Centrafrique: Abasirikare b’u Rwanda bagaragaje uko bakiriye kuba Perezida Kagame azakomeza kubabera Umugaba w’Ikirenga

Centrafrique: Abasirikare b’u Rwanda bagaragaje uko bakiriye kuba Perezida Kagame azakomeza kubabera Umugaba w’Ikirenga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.