Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hahishuwe akandi kamaro katazwi na benshi ko konsa umwana neza

radiotv10by radiotv10
07/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hahishuwe akandi kamaro katazwi na benshi ko konsa umwana neza
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, kirasaba ababyeyi konsa neza abana babo, kuko usibye kuba bifasha umwana gukura neza, binarimunda kuba mu bihe biri imbere yazibasirwa n’indwara zitandura nka Cancer na Diabetes.

Kuva tariki 01 kugeza ku ya 07 Kanama buri mwaka, Isi iba yizihiza icyumweru cyahariwe konsa abana neza. Mu Rwanda iki cyumweru cyahawe insanganyamatsiko igira “Umwana wonse neza, ishema ryacu.” Mu gihe insanganyamatsiko ku rwego rw’Isi, igira iti “Tuzibe icyuho kiri mu konsa, dufashe abana bose kubasha konka.”

Ni inshanganyamatsiko zumvikanamo kwibutsa ababyeyi ko bagomba  konsa abana babo neza nyuma y’uko bigaragaye ko hari abatonsa abana uko bikwiye kugeza mu minsi 1 000.

Hagiye havugwa abacutsa abana babo imburagihe ndetse n’abanga kubonsa burundu ku mpamvu zitavugwaho rumwe.

Konsa neza umwana ni ukumwonsa amezi atandatu (6) ntakindi avangiwe, agatungwa n’amashereka, aho nibura umwana agomba konka inshuro umunani (8) ku munsi, yagera amezi atandatu, akagenda agahabwa imfashabere kugeza nibura ageze imyaka ibiri ariko akinonka.

Imibare iheruka gushyirwa hanze muri 2020 y’ibipimo bijyanye n’ubuzima, yerekana ko abana bonswa kugera ku mezi atandatu ntakindi bavangiwe, yagabanutse igera 81% ivuye kuri 88% yari iriho muri 2015.

Bamwe mu baturage baganiriye na RADIOTV1, baragaruka ku mbogamizi zituma hari ababyeyi batonsa neza abana babo, zirimo ubuzima Isi igezemo.

Umwe ati “Ubuzima bwa Kigali burahenze, kubona umwanya wo guhorana n’umwana ukamwosa kenshi biragora kuko duhitamo kubasiga tukajya kubashakira ibibatunga.”

Dr. Francois Regis Cyiza, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kwita ku buzima bw’umubyeyi n’umwana mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, aragaruka ku kamaro ko konsa neza.

Ati “Akenshi usanga bariya bana batonse batagira imikurire y’ubwonko myiza. Ikindi mu mashereka habamo intungamubiri by’umwihariko zikozwe mu basirikare barinda indwara baba barakozwe n’umubyeyi bakava mu mubyeyi bajya mu mwana bikagabanye ibyago byo kuba yakwibasirwa n’impiswi n’umusonga.

Buriya bigabanya ibyago byo kuba umwana yakwibasirwa n’indwara zitandura mu bihe bizaza nka diyabete n’umuvuduko ukabije w’amaraso. Iyo tugeze ku mubyeyi uko yonsa umwana bituma arushaho kugira urukundo kuri wa mwana. Konsa birinda umubyeyi kuba yakwibasirwa na kanseri y’ibere ndetse n’udusabo tw’intanga ngore.”

Dr. Regis Francois Cyiza agira inama ababyeyi ko bagomba kuzirikana ko konsa umwana neza, bimutegura kuzavamo umuntu ushikamye kandi ufite ubuzima buzira umuze mu bihe biri imbere.

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 9 =

Previous Post

Rutsiro: Imyaka ibaye 15 bari mu maganya nyamara bari babanje kubyinira ku rukoma

Next Post

Centrafrique: Abasirikare b’u Rwanda bagaragaje uko bakiriye kuba Perezida Kagame azakomeza kubabera Umugaba w’Ikirenga

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Centrafrique: Abasirikare b’u Rwanda bagaragaje uko bakiriye kuba Perezida Kagame azakomeza kubabera Umugaba w’Ikirenga

Centrafrique: Abasirikare b’u Rwanda bagaragaje uko bakiriye kuba Perezida Kagame azakomeza kubabera Umugaba w’Ikirenga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.