Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hahishuwe icyajyanye mu Burundi Umujenerali w’umutwe w’inyeshyamba wo muri Congo

radiotv10by radiotv10
22/04/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hahishuwe icyajyanye mu Burundi Umujenerali w’umutwe w’inyeshyamba wo muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umutwe wa M23, bwashyize hanze imikoranire y’umutwe w’inyeshyamba wa Wazalendo n’urwego rw’Imbonerakure rw’Urubyiruko rw’Ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi (CNDD-FDD), aho Umujenerali w’uyu mutwe wo muri Congo yagiriye uruzinduko mu Burundi, ajyanywe no kunoza umugambi.

Mu butumwa bwatanzwe na Perezida w’Umutwe wa M23, Bertrand Bisimwa kuri iki Cyumweru tariki 21 Mata 2024, yavuze ko “muri Mutarama 2024, Lieutenant Général Padiri Bulenda, Umuhuzabikorwa w’Urwego rw’Abavuye mu Gisirikare ‘Wazalendo’ yagiriye uruzinduko i Burundi, kubonana n’abayobozi b’itsinda ry’ Imbonerakure.”

Bertrand Bisimwa yakomeje avuga ko muri urwo ruzinduko, habayeho ubwumvikane hakanasinywa amasezerano yo kuba uyu mutwe w’Imbonerakure wo mu Burundi, wajya guha imyitozo umutwe wa Wazalendo uzwiho ibikorwa by’ubugizi bwa nabi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, birimo kwica Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Mu mahugurwa Imbonerakure zagombaga guha umutwe wa Wazalendo, harimo uburyo bwo kwihisha mu bihe by’urugamba, ndetse no gukoresha intwaro mu bwicanyi.

Bertrand Bisimwa yakomeje agira ati “Ubwo bwumvikane kandi, buteganya ko ubuyobozi bw’Imbonerakure buzatumiza umubare utazwi w’intwaro zizatangwa na Guverinoma ya Congo.”

Yakomeje avuga ko aya masezerano yazamuye impaka mu Gisirikare cy’u Burundi aho hari impande zitayumvaga kimwe, ndetse ko ari na yo ntandaro y’urunturuntu rumaze iminsi ruvugwa mu Gisirikare cy’u Burundi.

Bertrand Bisimwa yavuze ko uwatanze amakuru, yavuze ko ibi bikorwa byo gutoza umutwe wa Wazalendo no gufatanya n’Imbonerakure, byari bigamije kurinda Umujyi wa Goma ndetse no kubohoza ibice byigaruriwe n’umutwe wa M23.

Mu ntangiro y’uyu mwaka wa 2024, ubutegetsi bw’u Burundi bwohereje muri Congo, Imbonerakure muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gufatanya n’abasirikare b’u Burundi bari boherejweyo.

Igisirikare cy’u Burundi kiri mu ngabo zifasha FARDC mu rugamba iki gisirikare cya Congo Kinshasa kimaze iminsi gihanganyemo n’umutwe wa M23.

Lieutenant Général Padiri Bulenda wa Wazalendo uvugwaho kuba yaragiriye uruzinduko mu Burundi
Umutwe w’Imbonerakure na wo wohereje abarwanyi muri Congo
Umutwe wa Wazalendo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − six =

Previous Post

Rusizi: Ibikekwa ku mwana w’umuyobozi byakekwaga ko yishwe akaza kuboneka yarambukiranyije Intara ebyiri

Next Post

Umunyamideri uzwi mu Rwanda n’umugabo we w’Umunya-Israel bahishuye uko urukundo rwabo rwatangiye

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamideri uzwi mu Rwanda n’umugabo we w’Umunya-Israel bahishuye uko urukundo rwabo rwatangiye

Umunyamideri uzwi mu Rwanda n’umugabo we w’Umunya-Israel bahishuye uko urukundo rwabo rwatangiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.