Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hahishuwe icyajyanye mu Burundi Umujenerali w’umutwe w’inyeshyamba wo muri Congo

radiotv10by radiotv10
22/04/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hahishuwe icyajyanye mu Burundi Umujenerali w’umutwe w’inyeshyamba wo muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umutwe wa M23, bwashyize hanze imikoranire y’umutwe w’inyeshyamba wa Wazalendo n’urwego rw’Imbonerakure rw’Urubyiruko rw’Ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi (CNDD-FDD), aho Umujenerali w’uyu mutwe wo muri Congo yagiriye uruzinduko mu Burundi, ajyanywe no kunoza umugambi.

Mu butumwa bwatanzwe na Perezida w’Umutwe wa M23, Bertrand Bisimwa kuri iki Cyumweru tariki 21 Mata 2024, yavuze ko “muri Mutarama 2024, Lieutenant Général Padiri Bulenda, Umuhuzabikorwa w’Urwego rw’Abavuye mu Gisirikare ‘Wazalendo’ yagiriye uruzinduko i Burundi, kubonana n’abayobozi b’itsinda ry’ Imbonerakure.”

Bertrand Bisimwa yakomeje avuga ko muri urwo ruzinduko, habayeho ubwumvikane hakanasinywa amasezerano yo kuba uyu mutwe w’Imbonerakure wo mu Burundi, wajya guha imyitozo umutwe wa Wazalendo uzwiho ibikorwa by’ubugizi bwa nabi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, birimo kwica Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Mu mahugurwa Imbonerakure zagombaga guha umutwe wa Wazalendo, harimo uburyo bwo kwihisha mu bihe by’urugamba, ndetse no gukoresha intwaro mu bwicanyi.

Bertrand Bisimwa yakomeje agira ati “Ubwo bwumvikane kandi, buteganya ko ubuyobozi bw’Imbonerakure buzatumiza umubare utazwi w’intwaro zizatangwa na Guverinoma ya Congo.”

Yakomeje avuga ko aya masezerano yazamuye impaka mu Gisirikare cy’u Burundi aho hari impande zitayumvaga kimwe, ndetse ko ari na yo ntandaro y’urunturuntu rumaze iminsi ruvugwa mu Gisirikare cy’u Burundi.

Bertrand Bisimwa yavuze ko uwatanze amakuru, yavuze ko ibi bikorwa byo gutoza umutwe wa Wazalendo no gufatanya n’Imbonerakure, byari bigamije kurinda Umujyi wa Goma ndetse no kubohoza ibice byigaruriwe n’umutwe wa M23.

Mu ntangiro y’uyu mwaka wa 2024, ubutegetsi bw’u Burundi bwohereje muri Congo, Imbonerakure muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gufatanya n’abasirikare b’u Burundi bari boherejweyo.

Igisirikare cy’u Burundi kiri mu ngabo zifasha FARDC mu rugamba iki gisirikare cya Congo Kinshasa kimaze iminsi gihanganyemo n’umutwe wa M23.

Lieutenant Général Padiri Bulenda wa Wazalendo uvugwaho kuba yaragiriye uruzinduko mu Burundi
Umutwe w’Imbonerakure na wo wohereje abarwanyi muri Congo
Umutwe wa Wazalendo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Rusizi: Ibikekwa ku mwana w’umuyobozi byakekwaga ko yishwe akaza kuboneka yarambukiranyije Intara ebyiri

Next Post

Umunyamideri uzwi mu Rwanda n’umugabo we w’Umunya-Israel bahishuye uko urukundo rwabo rwatangiye

Related Posts

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Igihugu icyo ari cyo cyose kizakomeza gukorana ubucuruzi na...

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Muri Uganda ubu intero n’inyikirizo ntayindi uretse amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, yabanjirijwe...

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamideri uzwi mu Rwanda n’umugabo we w’Umunya-Israel bahishuye uko urukundo rwabo rwatangiye

Umunyamideri uzwi mu Rwanda n’umugabo we w’Umunya-Israel bahishuye uko urukundo rwabo rwatangiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.