Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hahishuwe icyajyanye mu Burundi Umujenerali w’umutwe w’inyeshyamba wo muri Congo

radiotv10by radiotv10
22/04/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hahishuwe icyajyanye mu Burundi Umujenerali w’umutwe w’inyeshyamba wo muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umutwe wa M23, bwashyize hanze imikoranire y’umutwe w’inyeshyamba wa Wazalendo n’urwego rw’Imbonerakure rw’Urubyiruko rw’Ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi (CNDD-FDD), aho Umujenerali w’uyu mutwe wo muri Congo yagiriye uruzinduko mu Burundi, ajyanywe no kunoza umugambi.

Mu butumwa bwatanzwe na Perezida w’Umutwe wa M23, Bertrand Bisimwa kuri iki Cyumweru tariki 21 Mata 2024, yavuze ko “muri Mutarama 2024, Lieutenant Général Padiri Bulenda, Umuhuzabikorwa w’Urwego rw’Abavuye mu Gisirikare ‘Wazalendo’ yagiriye uruzinduko i Burundi, kubonana n’abayobozi b’itsinda ry’ Imbonerakure.”

Bertrand Bisimwa yakomeje avuga ko muri urwo ruzinduko, habayeho ubwumvikane hakanasinywa amasezerano yo kuba uyu mutwe w’Imbonerakure wo mu Burundi, wajya guha imyitozo umutwe wa Wazalendo uzwiho ibikorwa by’ubugizi bwa nabi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, birimo kwica Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Mu mahugurwa Imbonerakure zagombaga guha umutwe wa Wazalendo, harimo uburyo bwo kwihisha mu bihe by’urugamba, ndetse no gukoresha intwaro mu bwicanyi.

Bertrand Bisimwa yakomeje agira ati “Ubwo bwumvikane kandi, buteganya ko ubuyobozi bw’Imbonerakure buzatumiza umubare utazwi w’intwaro zizatangwa na Guverinoma ya Congo.”

Yakomeje avuga ko aya masezerano yazamuye impaka mu Gisirikare cy’u Burundi aho hari impande zitayumvaga kimwe, ndetse ko ari na yo ntandaro y’urunturuntu rumaze iminsi ruvugwa mu Gisirikare cy’u Burundi.

Bertrand Bisimwa yavuze ko uwatanze amakuru, yavuze ko ibi bikorwa byo gutoza umutwe wa Wazalendo no gufatanya n’Imbonerakure, byari bigamije kurinda Umujyi wa Goma ndetse no kubohoza ibice byigaruriwe n’umutwe wa M23.

Mu ntangiro y’uyu mwaka wa 2024, ubutegetsi bw’u Burundi bwohereje muri Congo, Imbonerakure muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gufatanya n’abasirikare b’u Burundi bari boherejweyo.

Igisirikare cy’u Burundi kiri mu ngabo zifasha FARDC mu rugamba iki gisirikare cya Congo Kinshasa kimaze iminsi gihanganyemo n’umutwe wa M23.

Lieutenant Général Padiri Bulenda wa Wazalendo uvugwaho kuba yaragiriye uruzinduko mu Burundi
Umutwe w’Imbonerakure na wo wohereje abarwanyi muri Congo
Umutwe wa Wazalendo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + eighteen =

Previous Post

Rusizi: Ibikekwa ku mwana w’umuyobozi byakekwaga ko yishwe akaza kuboneka yarambukiranyije Intara ebyiri

Next Post

Umunyamideri uzwi mu Rwanda n’umugabo we w’Umunya-Israel bahishuye uko urukundo rwabo rwatangiye

Related Posts

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi ya Uganda yatangiye iperereza ku rupfu rw'umusore w’imyaka 34 usanzwe ari umumotari akaba ari n’umufana wa Arsenal FC bikekwa...

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

by radiotv10
25/05/2026
0

Umuyobozi wa Polisi ya Kenya yategetse ko itsinda rishinzwe umutekano wa Perezida William Ruto rihindurwa vuba na bwangu nyuma yuko...

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

by radiotv10
25/05/2026
0

Igitero cy’indege zitagira abapilote cyageragejwe ku Kibuga cy’Indege cya Bangboka i Kisangani mu Ntara ya Tshopo muri Repubulika Iharanira Demokarasi...

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

by radiotv10
25/05/2026
0

Igiciro cy’ibikomoka kuri Peteroli cyagabanutse kigera munsi y’amadolari 100 ku kagunguru nyuma yuko habonetse icyizere ko hashobora kuboneka amahoro mu...

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

by radiotv10
25/05/2026
0

Obedi Ngabo Patrick uvuga ko ari General mu mutwe wa Wazalendo ukorana na FARDC, yagaragaye avuga ko atarapfa nk’uko byatangajwe...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamideri uzwi mu Rwanda n’umugabo we w’Umunya-Israel bahishuye uko urukundo rwabo rwatangiye

Umunyamideri uzwi mu Rwanda n’umugabo we w’Umunya-Israel bahishuye uko urukundo rwabo rwatangiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.