Saturday, May 10, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hahishuwe impamvu z’urwitwazo z’abayobozi ba Congo zo kutitabira inama zirimo n’izo bihita byumvikana

radiotv10by radiotv10
11/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hahishuwe impamvu z’urwitwazo z’abayobozi ba Congo zo kutitabira inama zirimo n’izo bihita byumvikana
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagaragaje impamvu zikunze gutangwa n’abayobozi ba DRC banga kwitabira inama zo gushaka umuti w’ibibazo biri mu Gihugu cyabo, zirimo nko kuba hari uwo byigeze kuvugwa ko ubwo yitabiraga inama hifashishijwe ikoranabuhanga, yanyuze ku murongo (Link) utari wo.

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yabitangaje mu butumwa yanyuije ku rubuga nkoranyambaga rwa X mu gitondo cyo kuri wa Kabiri tariki 11 Gashyantare 2025.

Agaruka ku nama zititabiriwe n’abayobozi, Olivier Nduhungire yavuze ko nk’inama yo ku ya 29 Mutarama 2025 yo ku rwego rw’Abaminisitiri mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba EAC, yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, uwagombaga guhagarira DRC atayitabiriye.

Ati “Ikintu cyagombaga kwigwaho, byari ibibazo byo muri DRC ariko Minisitiri umwe gusa utarayitabiriye ni uwa DRC. Impamvu yatanzwe ni uko Minisitiri wa DRC ushinzwe Ububanyi bw’akarere wari wabanje kwemera ko azitabira, yakoresheje umurongo (link) w’ikoranabuhanga utari wo.”

Yavuze ko nanone inama yabaye mu mpera z’icyumweru gishize yo ku ya 08 Gashyantare yahuje Abaminisitiri bo mu Miryango ya EAC na SADC i Dar es Salaam muri Tanzania na yo yigaga ku bibazo bya Congo, na yo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo, Thérèse Kayikwamba Wagner atayitabiriye ahubwo hakoherezwa ambasaderi.

Ati “Abaminisitiri 12 bafashe ingendo berecyeza aho inama yabereye kuyitabira, ariko DRC ari na cyo Gihugu cyanigwagaho, cyahagarariwe na Ambasaderi.”

Minisitiri yavuze ko ubwo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, atitabiraga iyi nama, Ambasaderi w’iki Gihugu muri Botswana, yavuze ko Minisitiri ari mu nzira aza “ariko nyuma y’isaha imwe, yahinduye imvugo, avuga ko habayeho ibibazo bya tekiniki by’indege yari kumuzana.”

Ati “Ariko turabizi neza ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC ahora i Burayi yagiye gusabira ibihano u Rwanda.”

Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko nta handi hazava ibisubizo by’ibibazo by’Abanyafurika, atari muri bo ubwabo, aho kuba hari Ibihugu byumva ko ibisubizo bizava mu Bihugu by’i Burayi, nk’uko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Thérèse Kayikwamba Wagner aherutse kujya mu Bihugu nk’u Budage, u Bubiligi no mu Bwongereza gusabira u Rwanda ibihano ku bibazo bya DRC.

Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje impamvu zitangwa n’abayobozi bo muri Congo
Hari inama zititabirwa bikavugwa ko habaye ikibazo cy’indege

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

M23 yaciye amarenga yo gufata undi Mujyi uzwi muri Congo

Next Post

Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zashyizwe mu misoro n’uko yongerewe

Related Posts

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zashyizwe mu misoro n’uko yongerewe

Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zashyizwe mu misoro n’uko yongerewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.