Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hahishuwe impamvu z’urwitwazo z’abayobozi ba Congo zo kutitabira inama zirimo n’izo bihita byumvikana

radiotv10by radiotv10
11/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hahishuwe impamvu z’urwitwazo z’abayobozi ba Congo zo kutitabira inama zirimo n’izo bihita byumvikana
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagaragaje impamvu zikunze gutangwa n’abayobozi ba DRC banga kwitabira inama zo gushaka umuti w’ibibazo biri mu Gihugu cyabo, zirimo nko kuba hari uwo byigeze kuvugwa ko ubwo yitabiraga inama hifashishijwe ikoranabuhanga, yanyuze ku murongo (Link) utari wo.

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yabitangaje mu butumwa yanyuije ku rubuga nkoranyambaga rwa X mu gitondo cyo kuri wa Kabiri tariki 11 Gashyantare 2025.

Agaruka ku nama zititabiriwe n’abayobozi, Olivier Nduhungire yavuze ko nk’inama yo ku ya 29 Mutarama 2025 yo ku rwego rw’Abaminisitiri mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba EAC, yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, uwagombaga guhagarira DRC atayitabiriye.

Ati “Ikintu cyagombaga kwigwaho, byari ibibazo byo muri DRC ariko Minisitiri umwe gusa utarayitabiriye ni uwa DRC. Impamvu yatanzwe ni uko Minisitiri wa DRC ushinzwe Ububanyi bw’akarere wari wabanje kwemera ko azitabira, yakoresheje umurongo (link) w’ikoranabuhanga utari wo.”

Yavuze ko nanone inama yabaye mu mpera z’icyumweru gishize yo ku ya 08 Gashyantare yahuje Abaminisitiri bo mu Miryango ya EAC na SADC i Dar es Salaam muri Tanzania na yo yigaga ku bibazo bya Congo, na yo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo, Thérèse Kayikwamba Wagner atayitabiriye ahubwo hakoherezwa ambasaderi.

Ati “Abaminisitiri 12 bafashe ingendo berecyeza aho inama yabereye kuyitabira, ariko DRC ari na cyo Gihugu cyanigwagaho, cyahagarariwe na Ambasaderi.”

Minisitiri yavuze ko ubwo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, atitabiraga iyi nama, Ambasaderi w’iki Gihugu muri Botswana, yavuze ko Minisitiri ari mu nzira aza “ariko nyuma y’isaha imwe, yahinduye imvugo, avuga ko habayeho ibibazo bya tekiniki by’indege yari kumuzana.”

Ati “Ariko turabizi neza ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC ahora i Burayi yagiye gusabira ibihano u Rwanda.”

Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko nta handi hazava ibisubizo by’ibibazo by’Abanyafurika, atari muri bo ubwabo, aho kuba hari Ibihugu byumva ko ibisubizo bizava mu Bihugu by’i Burayi, nk’uko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Thérèse Kayikwamba Wagner aherutse kujya mu Bihugu nk’u Budage, u Bubiligi no mu Bwongereza gusabira u Rwanda ibihano ku bibazo bya DRC.

Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje impamvu zitangwa n’abayobozi bo muri Congo
Hari inama zititabirwa bikavugwa ko habaye ikibazo cy’indege

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 7 =

Previous Post

M23 yaciye amarenga yo gufata undi Mujyi uzwi muri Congo

Next Post

Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zashyizwe mu misoro n’uko yongerewe

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Eng.-President Kagame and First Lady host International Philanthropists

by radiotv10
27/01/2026
0

President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame hosted international philanthropists Bill and Joyce Cummings, along with key actors in...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Eng.-President Kagame and First Lady host International Philanthropists

27/01/2026
Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zashyizwe mu misoro n’uko yongerewe

Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zashyizwe mu misoro n’uko yongerewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.