Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hahishuwe impamvu z’urwitwazo z’abayobozi ba Congo zo kutitabira inama zirimo n’izo bihita byumvikana

radiotv10by radiotv10
11/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hahishuwe impamvu z’urwitwazo z’abayobozi ba Congo zo kutitabira inama zirimo n’izo bihita byumvikana
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagaragaje impamvu zikunze gutangwa n’abayobozi ba DRC banga kwitabira inama zo gushaka umuti w’ibibazo biri mu Gihugu cyabo, zirimo nko kuba hari uwo byigeze kuvugwa ko ubwo yitabiraga inama hifashishijwe ikoranabuhanga, yanyuze ku murongo (Link) utari wo.

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yabitangaje mu butumwa yanyuije ku rubuga nkoranyambaga rwa X mu gitondo cyo kuri wa Kabiri tariki 11 Gashyantare 2025.

Agaruka ku nama zititabiriwe n’abayobozi, Olivier Nduhungire yavuze ko nk’inama yo ku ya 29 Mutarama 2025 yo ku rwego rw’Abaminisitiri mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba EAC, yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, uwagombaga guhagarira DRC atayitabiriye.

Ati “Ikintu cyagombaga kwigwaho, byari ibibazo byo muri DRC ariko Minisitiri umwe gusa utarayitabiriye ni uwa DRC. Impamvu yatanzwe ni uko Minisitiri wa DRC ushinzwe Ububanyi bw’akarere wari wabanje kwemera ko azitabira, yakoresheje umurongo (link) w’ikoranabuhanga utari wo.”

Yavuze ko nanone inama yabaye mu mpera z’icyumweru gishize yo ku ya 08 Gashyantare yahuje Abaminisitiri bo mu Miryango ya EAC na SADC i Dar es Salaam muri Tanzania na yo yigaga ku bibazo bya Congo, na yo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo, Thérèse Kayikwamba Wagner atayitabiriye ahubwo hakoherezwa ambasaderi.

Ati “Abaminisitiri 12 bafashe ingendo berecyeza aho inama yabereye kuyitabira, ariko DRC ari na cyo Gihugu cyanigwagaho, cyahagarariwe na Ambasaderi.”

Minisitiri yavuze ko ubwo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, atitabiraga iyi nama, Ambasaderi w’iki Gihugu muri Botswana, yavuze ko Minisitiri ari mu nzira aza “ariko nyuma y’isaha imwe, yahinduye imvugo, avuga ko habayeho ibibazo bya tekiniki by’indege yari kumuzana.”

Ati “Ariko turabizi neza ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC ahora i Burayi yagiye gusabira ibihano u Rwanda.”

Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko nta handi hazava ibisubizo by’ibibazo by’Abanyafurika, atari muri bo ubwabo, aho kuba hari Ibihugu byumva ko ibisubizo bizava mu Bihugu by’i Burayi, nk’uko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Thérèse Kayikwamba Wagner aherutse kujya mu Bihugu nk’u Budage, u Bubiligi no mu Bwongereza gusabira u Rwanda ibihano ku bibazo bya DRC.

Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje impamvu zitangwa n’abayobozi bo muri Congo
Hari inama zititabirwa bikavugwa ko habaye ikibazo cy’indege

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

M23 yaciye amarenga yo gufata undi Mujyi uzwi muri Congo

Next Post

Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zashyizwe mu misoro n’uko yongerewe

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zashyizwe mu misoro n’uko yongerewe

Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zashyizwe mu misoro n’uko yongerewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.