Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hakurikiyeho iki nyuma yuko babiri baturutse mu Rwanda bikanzweho Marburg mu Budage bigateza igikuba?

radiotv10by radiotv10
04/10/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Hakurikiyeho iki nyuma yuko babiri baturutse mu Rwanda bikanzweho Marburg mu Budage bigateza igikuba?
Share on FacebookShare on Twitter

Abagenzi babiri bari baturutse mu Rwanda, batumye Gari ya Moshi ihagarikwa ikubagahu mu Budage ubwo bakekaga ko umwe muri bo yaba afite indwara ya Marburg, byaje kugaragara ko ntayo barwaye nyuma yo gusuzumwa.

Aba bagenzi babiri barimo Umunyeshuri w’Umudage wari kumwe n’umukunzi we bari baturutse mu Rwanda ndetse bivugwa ko uwo munyeshuri yanahuye n’umwe mu barwayi b’iki cyorezo cya Marburg.

Ubwo bari muri Gari ya Moshi yavaga Frankfurt yerecyeza muri Hamburg, umwe muri aba bagenzi babiri bari bakoreye ingendo mu Rwanda, yagaragaje ibimenyetso birimo inkorora, byatumye Gari ya Moshi ihagarikwa igitaraganya ndetse abangenzi bagera muri 200 bakurwamo, naho aba babiri bahita berecyezwa mu Bitaro bya Kaminuza ‘University Hospital Hamburg-Eppendorf’

Igitangazamakuru Deutsche Welle cyo mu Budage cyatangaje ko nyuma yuko ibi bibaye, ibisubizo by’ibizamini byakorewe aba bantu babiri, byagaragaje ko nta bwandu bwa Marburg bafite, ndetse bituma n’abagenzi 200 bari batangiye gukurikiranwa, batajya mu kaga bemererwa gukomeza kwidegembya.

Gusa uyu munyeshuri wari waketsweho iki cyorezo, we azakomeza kuguma mu kato muri University Hospital Hamburg-Eppendorf mu minsi micye kugira ngo akomeze akorerwa isuzuma n’abaganga, abone na we kwemererwa kwidegembya.

Kimwe n’uwo bari kumwe, na we azakomeza gukurikiranwa n’abaganga, kugira ngo bizere neza ko bataba bafite ubwandu bw’iki cyorezo.

Indwara ya Marburg irangwa n’umuriro ukabije, isanzwe igaragara hagati y’iminsi ibiri na 21 nyuma yuko Virus iyitera na yo yitwa Marburg igeze mu mubiri.

Kugeza ubu iki cyorezo kimaze kugaragara ku bantu 37 mu Rwanda, kikaba kimaze guhitanamo 11, mu gihe abagera kuri batanu, byemejwe ko bamaze kugikira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 12 =

Previous Post

Menya ingamba zo kwirinda Marburg zashyiriweho ibikorwa birimo ibyakira abakiliya n’inama

Next Post

Amavubi U20 yahagurukanye morale i Kigali yerecyeza muri Tanzania muri CECAFA (AMAFOTO)

Related Posts

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Hakomeje kongerwa abasirikare benshi b’Igihugu cy’u Burundi n’intwaro za rutura ku mupaka wacyo n’u Rwanda, byumwihariko mu gace ka Gasenyi-Nemba...

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

by radiotv10
15/12/2025
0

Abanyekongo bahungiye i Bujumbura mu Burundi n’abari bagiyeyo ku bw’impamvu zinyuranye mbere yuko Umujyi wa Uvira ufatwa na AFC/M23, baravuga...

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Bisi ya sosiyete itwara abagenzi ya Trinity Express yavaga i Kampala muri Uganda yerecyeza i...

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Reports indicate that Burundi continues to reinforce its border with Rwanda by deploying large numbers of troops and heavy weapons,...

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

by radiotv10
15/12/2025
0

Mu bikorwa byo kwiyamamariza indi manda, Perezida w’Igihugu cya Repubulika ya Centrafrique gisanzwe kirimo Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi U20 yahagurukanye morale i Kigali yerecyeza muri Tanzania muri CECAFA (AMAFOTO)

Amavubi U20 yahagurukanye morale i Kigali yerecyeza muri Tanzania muri CECAFA (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.