• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hakurikiyeho iki nyuma yuko babiri baturutse mu Rwanda bikanzweho Marburg mu Budage bigateza igikuba?

radiotv10by radiotv10
04/10/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Hakurikiyeho iki nyuma yuko babiri baturutse mu Rwanda bikanzweho Marburg mu Budage bigateza igikuba?
Share on FacebookShare on Twitter

Abagenzi babiri bari baturutse mu Rwanda, batumye Gari ya Moshi ihagarikwa ikubagahu mu Budage ubwo bakekaga ko umwe muri bo yaba afite indwara ya Marburg, byaje kugaragara ko ntayo barwaye nyuma yo gusuzumwa.

Aba bagenzi babiri barimo Umunyeshuri w’Umudage wari kumwe n’umukunzi we bari baturutse mu Rwanda ndetse bivugwa ko uwo munyeshuri yanahuye n’umwe mu barwayi b’iki cyorezo cya Marburg.

Ubwo bari muri Gari ya Moshi yavaga Frankfurt yerecyeza muri Hamburg, umwe muri aba bagenzi babiri bari bakoreye ingendo mu Rwanda, yagaragaje ibimenyetso birimo inkorora, byatumye Gari ya Moshi ihagarikwa igitaraganya ndetse abangenzi bagera muri 200 bakurwamo, naho aba babiri bahita berecyezwa mu Bitaro bya Kaminuza ‘University Hospital Hamburg-Eppendorf’

Igitangazamakuru Deutsche Welle cyo mu Budage cyatangaje ko nyuma yuko ibi bibaye, ibisubizo by’ibizamini byakorewe aba bantu babiri, byagaragaje ko nta bwandu bwa Marburg bafite, ndetse bituma n’abagenzi 200 bari batangiye gukurikiranwa, batajya mu kaga bemererwa gukomeza kwidegembya.

Gusa uyu munyeshuri wari waketsweho iki cyorezo, we azakomeza kuguma mu kato muri University Hospital Hamburg-Eppendorf mu minsi micye kugira ngo akomeze akorerwa isuzuma n’abaganga, abone na we kwemererwa kwidegembya.

Kimwe n’uwo bari kumwe, na we azakomeza gukurikiranwa n’abaganga, kugira ngo bizere neza ko bataba bafite ubwandu bw’iki cyorezo.

Indwara ya Marburg irangwa n’umuriro ukabije, isanzwe igaragara hagati y’iminsi ibiri na 21 nyuma yuko Virus iyitera na yo yitwa Marburg igeze mu mubiri.

Kugeza ubu iki cyorezo kimaze kugaragara ku bantu 37 mu Rwanda, kikaba kimaze guhitanamo 11, mu gihe abagera kuri batanu, byemejwe ko bamaze kugikira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Menya ingamba zo kwirinda Marburg zashyiriweho ibikorwa birimo ibyakira abakiliya n’inama

Next Post

Amavubi U20 yahagurukanye morale i Kigali yerecyeza muri Tanzania muri CECAFA (AMAFOTO)

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Amavubi U20 yahagurukanye morale i Kigali yerecyeza muri Tanzania muri CECAFA (AMAFOTO)

Amavubi U20 yahagurukanye morale i Kigali yerecyeza muri Tanzania muri CECAFA (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.