Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekana amakuru mashya y’uburyo umukozi wo mu rugo ukekwaho kwica umwana yabigenje

radiotv10by radiotv10
30/06/2022
in MU RWANDA
0
Hamenyekana amakuru mashya y’uburyo umukozi wo mu rugo ukekwaho kwica umwana yabigenje
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi wo mu rugo ukekwaho kwica umwana w’imyaka icyenda (9) w’umuryango wo mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo, yaregewe Urukiko aho Ubushinjacyaha buvuga ko uyu mukozi yashutse nyakwigendera ngo ajye kurya umunyenga kuri Grillage amuhambirije umupira mu ijosi.

Uyu mwana w’umuhungu w’imyaka icyenda yitabye Imana mu gitndo cyo ku ya 12 Kamena 2022 ubwo yari yasigaranye n’umukozi w’iwabo mu rugo, bakaza kumusanga amanitse mu mugozi kuri grillage.

Rudasingwa Emmanuel Victor, Se wa nyakwigendera, yari yatangaje ko we yari yazindukiye muri siporo agasiga umwana wabo Rudasingwa Ihirwe Davis ari gusubiramo amasomo.

Icyo gihe kandi nyima wa nyakwigendera na we ntiyari mu rugo, ahubwo hashize umwanya yahamagawe n’umukozi wo mu rugo amubwira ngo atebuke aze mu rugo kureba ibyabaye, aje asanga uyu mwana wabo amanitse mu mugozi kuri grillage.

Uyu mukozi wo mu rugo witwa Nyirangiruwonsanga Solange, yahise atabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ndetse arwemerera ko ari we wishe nyakwigendera.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda butangaza ko bwamaze kuregera mu buryo bwishuse uyu mukobwa mu rukiko rwisumbuye rwa Gasabo, aho ikirego cyagejejwe mu rukiko ku wa Mbere tariki 27 Kamena 2022.

Amakuru dukesha urubuga rw’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, avuga ko uyu mukozi wo mu ruko ukekwaho kwica uyu mwana w’umuhungu, yabanje kumushuka ngo ajye kurya umunyenga kuri grillage y’umuryango ahambirije umupira mu ijosi we ahita asohoka hanze agarutse asanga umwana yapfuye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 15 =

Previous Post

Icya Semuhanuka: DRCongo ibwiye Isi ko u Rwanda rwatumye miliyoni 6 z’Abanye-Congo bapfa

Next Post

Umuryango w’Abibumbye wasabye DRC kuyoboka inzira u Rwanda rwakunze kugaragaza runifashisha

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuryango w’Abibumbye wasabye DRC kuyoboka inzira u Rwanda rwakunze kugaragaza runifashisha

Umuryango w'Abibumbye wasabye DRC kuyoboka inzira u Rwanda rwakunze kugaragaza runifashisha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.