Monday, May 19, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekana ikigiye gukorwa na Congo nyuma yuko Bemba asuye uruganda rukora intwaro zirimo n’ibifaru

radiotv10by radiotv10
12/05/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Hamenyekana ikigiye gukorwa na Congo nyuma yuko Bemba asuye uruganda rukora intwaro zirimo n’ibifaru

Yaneretswe ibifaru bitunganywa n'uru ruganda

Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Ingabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jean-Pierre Bemba yasuye uruganda rukora imbunda rwo muri Indonesia ruri mu zikomeye ku Isi, hahita hanamenyekana ko Guverinoma ya Congo igiye kugura intwaro ziremereye.

Jean-Pierre Bemba yatangiye uruzinduko muri Indonesia kuri wa Kane tariki 11 Gicurasi 2023, aho yahise anasura ibikorwa binyuranye birimo uru ruganda rukora imbunda ruza ku mwanya wa karindwi ku Mugabane wa Asia, rukaba urwa 20 ku Isi.

Ni uruzinduko bivugwa ko rugamije kongerera ingufu igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC).

Uyu muyobozi muri Guverinoma ya Congo, wari kumwe n’abayobozi mu nzego nkuru za Indonesia ubwo basuraga uru ruganda, bamweretse imbunda n’izindi ntwaro zitunganywa n’uru ruganda, banamusobanurira imikorere yazo n’iy’uru ruganda.

Uru ruzinduko rwa Jean-Pierre Bemba rubaye mu gihe Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kiri mu bibazo by’umutekano mucye, byumwihariko kikaba kiri no mu ntambara yo guhangana n’umutwe wa M23.

Jean-Pierre Bemba yanahuye kandi na Minisitiri w’Umutekano muri Indonesia, Prabowo Subianto, banaganira ku bijyanye no kugura intwaro.

Minisitiri w’Umutekano muri Indonesia, Prabowo Subianto yatangaje ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yifuza kugura intwaro zirimo indege zo mu bwoko bwa CN 235 na N-219.

Prabowo Subianto yatangaje kandi ko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’iya Indonesia, zisanganywe imikoranire irimo iyo kugura intwaro.

Yagaragarijwe imikorere ya zimwe mu mbunda
Na we yagerageje zimwe muri zo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − seven =

Previous Post

Nyuma y’ibiza byasigiye amarira benshi abangirijwe nabyo bahishuye ikindi kibabaje byabasigiye

Next Post

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yageze i Rubavu ahashegeshwe n’ibiza

Related Posts

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
19/05/2025
0

Nyuma y’imirwano ikomeye yahanganishije AFC/M23 na Wazalendo yabereye mu gace ka Buleusa muri Gurupoma ya Ikobo muri Teritwari ya Walikare...

Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

by radiotv10
19/05/2025
0

Abaganga ba Joe Biden wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, baravuga ko nubwo Kanseri bamusanzemo y’udusabo tw’intanga...

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

by radiotv10
17/05/2025
0

Abagize Komisiyo idasanzwe yahawe gusuzuma dosiye yo kwambura ubudagangarwa Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ubu...

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

by radiotv10
16/05/2025
0

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin byarangiye atitabiriye biganiro by’amahoro, byagomba kumuhuza na mugenzi we wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, ahubwo yohereza...

Gen.Muhoozi yahaye gasopo urwego rwamwandikiye ibaruwa rumuha itegeko ku byo aherutse kwigamba

Gen.Muhoozi yahaye gasopo urwego rwamwandikiye ibaruwa rumuha itegeko ku byo aherutse kwigamba

by radiotv10
15/05/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko adashaka kuzongera kubona urwego rumwoherereza ibaruwa ‘y’ubugoryi’, nyuma yuko Komisiyo...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho
MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

by radiotv10
19/05/2025
0

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

19/05/2025
Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

19/05/2025
Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

19/05/2025
Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

19/05/2025
U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

19/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yageze i Rubavu ahashegeshwe n’ibiza

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yageze i Rubavu ahashegeshwe n’ibiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.