Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye andi makuru mashya y’aho Rusesabagina aherereye nyuma yo gufungurwa

radiotv10by radiotv10
28/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye andi makuru mashya y’aho Rusesabagina aherereye nyuma yo gufungurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda w’inkomoko Paul Rusesabagina ufite ubwenegihugu bw’u Bubiligi akaba umuturagihugu wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko afunguwe ku mbabazi za Perezida Paul Kagame, ubu ntakiri ku butaka bw’u Rwanda.

Paul Rusesabagina yavuye mu Rwanda nyuma y’iminsi ibiri afunguwe dore ko yasohotse muri Gereza ya Nyarugenge ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, tariki 24 Werurwe 2023.

Amakuru yemeza ko Rusesabagina yuriye rutemikirere kuri uyu wa Mbere tariki 27 Werurwe 2023, akerecyeza i Doha muri Qatar, ari na ho azava ajya muri Leta Zunze Ubumwe za America agasanga umuryango we aho usanzwe utuye.

Amakuru yo kuba Paul Rusesabagina yavuye mu Rwanda, yanemejwe n’Umuyobozi w’Akanama k’Umutekano w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, John Kerby, wemereye The Washington ko yamaze kugera muri Qatar.

John Kerby abajijwe niba Rusesabagina atakiri ku butaka bw’u Rwanda, yagize ati “Ni byo, yavuye mu Rwanda, ubu ari i Doha.”

Nyuma y’ifungurwa rya Rusesabagina, hagiye hamenyekana andi makuru, y’ikizakurikiraho, aho byavugwaga ko azabanza kunyura muri Qatar nk’Igihugu cyanagize uruhare runini mu gutuma hagerwa kuri uyu mwanzuro wo kubabarirwa, akabona kwerecyeza muri Leta Zunze Ubumwe za America.

John Kerby yakomeje avuga ko umuryango wa Rusesabagina witeguye kumwakira muri Leta Zunze Ubumwe za America, ati “Bidatinze rwose arakomeza urugendo rwe asubira murii Leta Zunze Ubumwe za Amerika.”

Mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023 ubwo Paul Rusesabagina yafungurwaga, yavuye muri Gereza ya Nyarugenge izwi nka Mageragere, arindiwe umutekano mu buryo budasanzwe, ahita ajyanwa mu rugo rwa Ambasaderi wa Qatar mu Rwanda.

Ifungurwa rya Rusesabagina, rikomeje kuba inkuru igarukwaho cyane ku Isi, bishingiye ku kuba yaranavuzwe cyane ubwo yafatwaga, dore ko Leta Zunze Ubumwe za America zahagurutse zigasaba u Rwanda kurekura umuturage w’iki Gihugu.

Afunguwe nyuma y’imyaka ibiri n’igice afashwe, mu gihe yakatiwe gufungwa imyaka 25 ahamijwe ibyaha birimo iby’iterabwoba, ariko akaza guhabwa imbabazi na Perezida Paul Kagame, nyuma yuko yanditse azisaba.

Rusesabagina yrekuwe kandi nyuma y’igihe gito Umukuru w’u Rwanda abaye nk’ubivugaho ubwo yaganiraga n’Ihuriro rizwi nka Semafor tariki 13 Werurwe 2023, akavuga ko hari impinduka zabayeho ku byo kuba u Rwanda rwaha imbabazi Rusesabagina.

Muri icyo kiganiro, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda atari Igihugu kihambira ku mateka, ahubwo ko hari ibyemezo gifata kigamije kugana imbere kandi ko cyabigaragaje ubwo cyanahaga imbabazi n’abatari bazikwiye, ubwo abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi, bakemera ibyaha, bagasaba imbabazi, bazihawe bagasubira mu miryango yabo.

Rusesabagina nyuma yo kuva muri Gereza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − nine =

Previous Post

Benin itegereje isomo ry’Amavubi yaje idafite abakinnyi ngenderwaho igera i Kigali yikandagira

Next Post

Miss Muheto ahishuye ikintu kimwe mu byaba byajujwe n’umusore yaha urukundo

Related Posts

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

by radiotv10
15/07/2025
0

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kwangisha Leta y’u Rwanda amahanga no kugambirira kugirira nabi ubutegetsi, yahakanye ibyaha byose...

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

by radiotv10
15/07/2025
0

Inzego z’uburezi mu Rwanda zitangaza ko umwaka w’amashuri utaha, uzatangirana n’impinduka zirimo kuba abiga mu cyiro cya mbere cy’amashuri abanza,...

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

by radiotv10
15/07/2025
0

Crystal Ventures Ltd (CVL), one of Rwanda’s most prominent investment holding companies, has announced the appointment of Nick Barigye as...

Eng.-Additional new changes to be implemented in Rwanda’s education system

Eng.-Additional new changes to be implemented in Rwanda’s education system

by radiotv10
15/07/2025
0

Education authorities in Rwanda have announced that the upcoming academic year will bring several changes, including students in the lower...

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

by radiotv10
15/07/2025
0

In a landmark move aimed at strengthening international cooperation, Rwanda and Turkmenistan have officially established diplomatic relations. The signing ceremony...

IZIHERUKA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye
AMAHANGA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

by radiotv10
15/07/2025
0

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

15/07/2025
Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

15/07/2025
Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

15/07/2025
Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

15/07/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso byerekana ko ubutegetsi bwa Congo bugishyize imbere imirwano

15/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Miss Muheto ahishuye ikintu kimwe mu byaba byajujwe n’umusore yaha urukundo

Miss Muheto ahishuye ikintu kimwe mu byaba byajujwe n’umusore yaha urukundo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.