• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

radiotv10by radiotv10
24/11/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri
Share on FacebookShare on Twitter

Dosiye iregwamo abakurikiranyweho ibifitanye isano n’isakara ry’amashusho y’urukozasoni y’Umuhanzi Yampano n’umukunzi we, yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha, ndetse hakaba haratawe muri yombi undi muntu wa gatatu nyuma ya babiri bafashwe mbere.

Ababanje gutangazwa ko bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’isakara ry’ariya mashusho, ni Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man, wari inshuti ya Yampano banabanye mu nzu imwe, ndetse na Kalisa John, uzwi nka K John.

Aba bombi ni na bo bari bemejewe na RIB ko batawe muri yombi, bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’isakara ary’ariya mashusho, aho umwe yafashwe tariki 11 undi agafatwa ku ya 14 Ugushyingo.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yari yavuze ko Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano yatanze ikirego tariki 09 Ugushyingo 2025, uru rwego rugahita rutangira kugikurikirana, ari na bwo rwataga muri yombi bariya babiri, rubanjirije kuri Pazzo.

Dosiye y’ikirego kiregwamo aba bombi, yashyikirijwe Ubushinjacyaha tariki 17 Ugushyingo nyuma yuko RIB ikoze iperereza, igakora dosiye y’ikirego ikayishyikiriza uru rwego rufite mu nshingano kuregera Urukiko rubifitiye ububasha.

Dr Murangira B. Thierry, yatangaje ko tariki 18 Ugushyingo 2015, RIB yataye muri yombi undi muntu wa gatatu witwa Ishimwe Francois Savio ukurikiranyweho kwaka abantu amafaranga ngo abahe ariya mashusho.

Dr Muragira yagize ati “Tariki ya 18/11/2025, hafashwe uwitwa Ishimwe Francois Savio ukekwa kwaka abantu amafaranga ngo abahe video.”

Umuvugizi wa RIB yaboneyeho kugira inama abantu, abasaba guhagarika ingeso yo guhererekanya amashusho y’urukozasoni kuko bigize icyaha gihanwa n’amategeko.

Yavuze kandi ko RIB “Irihanangiriza abantu bakoresha ubwo buryo nko kubona amafaranga, ko uzabifatirwamo wese azahanwa nk’uko amategeko abiteganya.”

Amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bari mu gikorwa cyo mu buriri, yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, yazamuye impaka nyinshi, aho benshi banengaga uyu muhanzi kuba yaratinyutse kuyifata.

Uyu muhanzi witangiye ikirego ariya mashusho agisakara, yavuze ko yayafashe ku bwumvikane bwe n’umukunzi we, ndetse ko undi muntu wari uyazi ari uriya musore uzwi nka Pazzo Man babanye mu nzu imwe, bakaza kugirana ibibazo ubwo yamusabaga kwimuka, akamubisa kugira ngo abone uko yisanzura we n’umukunzi we mu buzima bwo kubana nk’umugore n’umugabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Next Post

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Related Posts

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Next Post
Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.