Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye icyaburijemo umugambi w’Abanye-Goma bari biyemeje gutwika ibicuruzwa bikorerwa mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
24/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye icyaburijemo umugambi w’Abanye-Goma bari biyemeje gutwika ibicuruzwa bikorerwa mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Mujyi wa Goma, muri iki cyumweru bagombaga gukora indi myigaragambyo yo kwamagana u Rwanda n’Abanyarwanda ariko bwo bari biyemeje gutwika ibicuruzwa bikorerwa mu Rwanda biri muri uyu Mujyi, gusa iki gikorwa cyaje kuburizwamo.

Iki gikorwa cyagombaga kuba tariki 21 Kamena 2022, ku wa Kabiri w’iki cyumweru, cyari cyasabiwe uruhusa n’ubuyobozi bwa Sosiyete Sivili yo mu mujyi wa Goma bwari bwandikiye Umuyobozi w’Umujyi wa Goma.

Iyi myigaragambyo yari igiye gukurikira indi yabaye mu cyumweru gishize, ntitabaye kuko ubuyobozi bw’uyu Mujyi wa Goma bwayiburijemo.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse yatangaje ko akomeje kugirana ibiganiro na mugenzi we uyobora Umujyi wa Goma, Kabeya François Makosa.

Yavuze ko ibiganiro biba hagati yabo bombi, biba bigamije gushaka umuti w’ibibazo biba bihari bishobora kugira bo bibangamira.

Kambogo avuga ko no muri iki gihe hari umwuka mubi hagati y’Ibihugu byombi, yakomeje kuganira na mugenzi we uyobora Umujyi wa Goma kandi ko ibiganiro byabo bitanga umusaruro kuko hari ibikorwa by’ubugizi bwa nabi bitegurwa, akabiburizamo.

Yagize ati “Navuga ko nk’umuyobozi ashaka umwuka mwiza n’imibanire mu batuye imijyi yombi.”

Kambogo yagarutse kuri iriya myigaragambyo yari yateguwe yagombaga kuba tariki 21 Kamena 2022 yagombaga gukorwa hatwikwa ibicuruzwa bituruka mu Rwanda, avuga ko kuba itarabaye, byagizwemo uruhare n’uyu muyobozi mugenzi we wa Goma.

Yavuze ko ubuyobozi bw’u Rwanda bwamenye iby’iki gikorwa bukabimenyesha uyu muyobozi wa Goma, ati “Nk’ibi ntibyabaye kuko yabimenye akabikumira.”

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Goma, bwaburijemo iyi myigaragambyo bukoresheje amayeri kuko umunsi iki gikorwa cyagombaga kubera, bwahise butumiza inama idasanzwe yahuje Polisi n’abayobozi b’urubyiruko bo muri uyu mujyi, bigatuma iki gikorwa kiburizwamo.

Kambogo atangaza ko abona uyu muyobozi mugenzi we wa Goma, agaragaza ubushake bw’umwuka mwiza hagati y’imijyi yombi.

Ati “Hari ibikorwa bitegurwa ntabimenye, ariko iyo tubimumenyesheje arabikumira, ubundi ibyo atazi agakurikirana nko ku banyarwanda baba babangamiwe.”

Umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wajemo igitotsi mu minsi micye ishize cyaturutse ku byo Ibihugu byombi bishinjanya.

Guverinoma ya Congo ishinja u Rwanda guteza umutekano mucye mu Gihugu cyabo ngo yitwaje M23, iherutse gutangaza ko yiteguye gufatira u Rwanda ibindi bihano birimo no kwirukana Ambasaderi warwo muri iki Gihugu ngo mu gihe rutahagarika ibi bikorwa.

Perezida Paul Kagame aherutse gutangaza ko ibyo Ubutegetsi bwa Congo bushinja u Rwanda byumwihariko ibivugwa na Perezida Felix Tshisekedi, ari urwitwazo rwo kuba yaranananiwe inshingano ze zo gukemura ibibazo biri mu Gihugu cye yagakwiye kuba yararanduye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + sixteen =

Previous Post

Mswati III yaje yambaye bya gakondo, Kenyatta na Hichilema nabo bahasesekaye (AMAFOTO)

Next Post

Abacamanza ba EAC barimo Umunyarwanda bemeje ko u Rwanda rutsinzwe mu kirego rwarezwemo n’Umunya-Uganda

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abacamanza ba EAC barimo Umunyarwanda bemeje ko u Rwanda rutsinzwe mu kirego rwarezwemo n’Umunya-Uganda

Abacamanza ba EAC barimo Umunyarwanda bemeje ko u Rwanda rutsinzwe mu kirego rwarezwemo n’Umunya-Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.