• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye igihe umunyapolitiki Ingabire Victoire azagerezwa imbere y’Urukiko

radiotv10by radiotv10
07/07/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hamenyekanye igihe umunyapolitiki Ingabire Victoire azagerezwa imbere y’Urukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza ukurikiranyweho ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, azagezwa imbere y’Urukiko kuri uyu wa Kabiri kugira ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo.

Uyu munyapolitki watawe muri yombi tariki 19 Kamena 2025 kubera ibyaha akekwaho birimo gukwirakwiza amakuru y’ibihuha, azaburanira mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Nyakanga 2025.

Ubushinjacyaha bugiye kumugeza imbere y’Urukiko bumusabira gufungwa by’agateganyo, bwashyikirije Urukiko Dosiye ikubiyemo ikirego cye tariki 30 Kamena 2025, nyuma yo kwakira iy’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

Uyu munyapolitiki wiyemerera ko atavuga rumwe n’ubutegetsi buriho mu Rwanda, asanzwe afite ishyaka rya DALFA-Umurinzi ritari mu mitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda.

Yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, nyuma yuko Urukiko Rukuru rwari rwamuhamagaje mu rubanza ruregwamo abantu icyenda bakurikiranyweho ibyaha birimo gushaka gukuraho ubutegetsi hadakoreshejwe intwaro, rukaza no gusaba ko afatwa.

Muri uru rubanza ruregwamo abarimo Umunyamakuru Theoneste Nsengimana na bagenzi be bari abarwanashyaka ba DALFA-Umurinzi, Ingabire yakunze kugarukwaho n’Ubushinjacyaha buvuga ko yatangaga ubufasha kuri aba bantu burimo ubw’amikoro ndetse n’ibitekerezo mu mahugurwa yahabwaga aba bantu bari mu mugambi wo gukuraho ubutegetsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 7 =

Previous Post

AFC/M23 iratanga impuruza ku biteye impungenge biri gukorwa n’ubutegetsi bwa Congo

Next Post

We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.