Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye isezerano rikomeye Tshisekedi yemereye mu nama y’i Bujumbura

radiotv10by radiotv10
06/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye isezerano rikomeye Tshisekedi yemereye mu nama y’i Bujumbura
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yabereye i Burundi mu cyumweru twaraye dusoje, byamenyekanye ko Perezida Felix Tshisekedi yemereye bagenzi be ko Guverinoma ye izagirana ibiganiro na M23.

Iyi nama yabaye ku wa Gatandatu w’Icyumweru twaraye dusoje, tariki 04 Gashyantare 2023, yitabiriwe na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Felix Tshisekedi wa DRC, Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, Madamu Samia Suluhu Hasan wa Tanzania, William Ruto wa Kenya na Evariste Ndayishimiye w’u Burundi wanayiyoboye kuko ari we uyoboye akanama k’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC.

Muri iyi nama kandi, hari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Sudani y’Epfo ushinzwe Ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Deng Kuol wari uhagarariye Perezida Salva Kiir.

Mu bayobozi bari kumwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, barimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ushinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Prof Nshuti Manasseh.

Prof Nshuti Manasseh yavuze bimwe mu byaganiriweho muri iyi nama yasoje ifatiwemo imyanzuro irimo iyongeye gusaba Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugirana ibiganiro n’imitwe yose irimo na M23 yari yaranze kuganira na wo.

Prof Nshuti Manasseh yabwiye ikinyamakuru Igihe ko Perezida Tshisekedi ubwe yemeye ko Guverinoma y’Igihugu cye igiye kuganira na M23.

Yagize ati “Yarabyemeye, erega urumva ni ukumvikana nk’akarere icyakorwa. Guhagarika imirwano, gusubira inyuma ariko byose bikajyana n’ibiganiro.”

Prof Manasseh yavuze ko Guverinoma ya DRC yemeye kuganira na M23 nyuma yuko ibisabiwe muri iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu.

Ati “Twababwiye ko bavugana, kandi kuri iyi nshuro twemeranyije ko bagiye kuvugana na bo.”

Uyu munyapolitiki yavuze ko ntayindi nzira nziza yatanga igisubizo kiboneye, atari ibiganiro kandi ko ari yo yakunze kugaragazwa n’akarere.

Yagize ati “Icyo twumvikanyeho nk’akarere kandi dutekereza ko ari cyo gisubizo cyiza kuri iki kibazo, nta kintu gisumba kuvugana.”

Yanagarutse ku byo kuba Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ikomeje kwifuza ko ingabo ziri mu butumwa bw’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba zakwinjira mu rugamba rwo guhashya umutwe wa M23, avuga ko ibi bitari mu byajyanye izi ngabo.

Yagize ati “Icyo basabwe ni uguhagarika imirwano hanyuma bagasubira inyuma ariko baganira. Ibyo kuvuga ko ingabo za EAC zabarasa, ntabyavuzwe mu biganiro.”

Muri iyi nama y’i Bujumbura, Abakuru b’Ibihugu bemeranyijwe ko Ibihugu byose bigize uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba byohereza ingabo muri Congo nkuko byemeranyijweho ariko kugeza ubu hakaba hari ibitarazoherezayo.

Prof Nshuti Manasseh yakomeje atsindagira ko izi ngabo z’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba zifite inshingano zo gutanga ubufasha mu nzira yo gushaka amahoro aho kuba ari ukurwana.

Yagize ati “Si ukubafasha kurwana cyangwa gufasha Tshisekedi ngo tumututize ingufu zo kurwana, oya, ni ibiganiro bya politiki.”

Izi ngabo ziyobowe n’iza Kenya, zagiye zigaragara mu bikorwa byo kuganira na M23 ndetse uyu mutwe wagiye urekura bimwe mu bice wari warafashe, ukabisiga mu maboko yazo.

Tshisekedi mu cyumba cyabereyemo iyi nama
Inama yayobowe na Evariste Ndayishimiye
Yarimo abandi bakuru b’Ibihugu bya EAC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − four =

Previous Post

Eddy Kenzo yagaragaje agahinda ko kuba Guverinoma ya Uganda yaramuteye umugongo

Next Post

Agahinda kari kose mu muhango wo gushyingura abishwe n’mpanuka idasanzwe witabiriye n’uhagariye Guverinoma

Related Posts

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

A new public transport system is set to begin operating in the City of Kigali, one that will ensure buses...

IZIHERUKA

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano
IBYAMAMARE

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Agahinda kari kose mu muhango wo gushyingura abishwe n’mpanuka idasanzwe witabiriye n’uhagariye Guverinoma

Agahinda kari kose mu muhango wo gushyingura abishwe n’mpanuka idasanzwe witabiriye n’uhagariye Guverinoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.