Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hanze yahembwaga Miliyoni 8Frw aza gukorera ibihumbi 40Frw- FPR ibohoye u Rwanda ntawifuzaga kuguma ishyanga

radiotv10by radiotv10
04/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hanze yahembwaga Miliyoni 8Frw aza gukorera ibihumbi 40Frw- FPR ibohoye u Rwanda ntawifuzaga kuguma ishyanga
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa FPR-Inkotanyi n’ingabo zahoze ari izawo za APR bamaze kubohora u Rwanda, buri wese yarwibonyemo bituma biyemeza kuza mu rwababyaye gufatanya n’abandi kurwubaka. Ibi bishimangirwa na Zirimwabagabo Gerald wari umaze gufatisha ubuzima hanze ariko akabyirengagiza akaza gufatanya n’abandi gutangira kubaka Igihugu nubwo byasaga nko guhera ku busa.

Kuri uyu wa 04 Nyakanga 2022, u Rwanda n’Abanyarwanda muri rusange barizizihiza imyaka 28 yo Kwibohora, yaranzwe n’urugendo rwo kubaka Igihugu cyari kimaze gusenywa n’ubutegetsi bubi bwateguye bukanashyira mu bikorwa Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Byasaga nko gutangirira kuri zeru kuko uretse kuba Igihugu cyari kimaze gupfusha abaturage bagera muri Miliyoni imwe y’Abatutsi bari bamaze kwicwa, n’ibikorwa remezo hafi ya byose byasaga nk’ibyaye umuyonga.

Ubushishozi wa FPR-Inkotanyi yabohoye u Rwanda, bwanagize uruhare rukomeye muri uru rugendo umuntu yagereranya no kugera ibuye ku rindi kuko kubaka Igihugu byasabaga ngo gutangira umusingi mushya.

Uyu muryango wasabye abari abasirikare bawo kutihorera, wahise utangira urugendo rwo kubaka Igihugu gishingiye ku bumwe n’ubwiyunge, uha ikaze buri wese, ndetse unatangiza inzira y’ubutabera ku bari bamaze gukora amahano ya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Bamwe mu bari barahejejwe ishyanga bahise batahuka, baza gutanga umusanzu wabo mu kubaka Igihugu.

 

Kutagira Igihugu biragatsindwa

Mu bari barambuwe uburenganzira bwo kuba mu Gihugu cyabo, harimo n’abari bamaze gufatisha ubuzima mu Bihugu bari barahungiyemo, ariko barabyirengagiza kuko bari banyotewe no kuba mu Gihugu cyabibarutse.

Zirimwabagabo Gerald wavuye mu Rwanda afite imyaka irindwi y’amavuko, yize muri Makarere University muri Uganda, yari yaragize amahirwe yo kubona akazi mu Bihugu binyuranye birimo Lesotho, Namibia no muri Afurika y’Epfo.

Avuga ko nubwo iyo mirimo yakoraga muri ibyo Bihugu, yamuhembaga amafaranga atubutse ariko yumvaga ntacyo bimumariye kuko atari afite uburenganzira ku Gihugu cyamubyaye.

Ati “Kutagira Igihugu niyo waba ufite ibya Mirenge bingana iki, ntaho bihuriye.”

Avuga ko umurimo yakoraga icyo gihe muri Namibia, yahembwaga amadolari ibihumbi 8 USD [angana na Miliyoni 8 Frw], ariko ko nyuma yuko FPR-Inkotanyi ibohoye u Rwanda, yemeye gutera umugongo uyu mushahara mwiza akaza gufatanya n’abandi kubaka Igihugu.

Ati “Ntashye mu Rwanda umurimo nabanje gukora wa DIRCAB ndibuka neza baduhembaga amafaranga ibihumbi 48. Ntabwo icyo gihe umuntu yaje gukorera amafaranga hano mu Rwanda. Ntabwo byari ukwitanga, oya, ahubwo byari ukwikorera.”

Zirimwabagabo Gerald yari amaze kugera kuri byinshi ariko abitera umugongo

Ni ubuhamya ahuje na Jean Baptiste Mutangana wari ufite inganda zitunganya amabuye ya Radio zari zifite isoko mu Bihugu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, na we uvuga ko wari umaze kugera ku mafaranga menshi ariko ko byose yabyirengagije agataha mu Gihugu cyari kimaze kujya mu maboko y’ubuyobozi bushishoza.

Ati “Amafaranga nari mfite hanze, nta nubwo ndagira na kimwe cya cumi [1/10] cyayo, yari menshi cyane, izo nganda zose rero zaje kwimukira hano kubera ko ibintu byose ni urukundo, gukunda Igihugu.”

Akomeza agira ati “Kubera ubwitange bwo gukunda Igihugu, ibyo byose narabiretse ndataha, mu mutwe mu mubiri wanjye wose icyo numvaga cyari u Rwanda gusa.”

Iyi miyoborere ya FPR-Inkotanyi yatumye buri wese yibonamo u Rwanda, yaragutse aho ubu ari Igihugu buri wese yifuza gushoramo imari, byanatumye iterambere ryihuta rikaba rigejeje u Rwanda ku Gihugu gitangwaho urugero na buri wese mu kuba nta kure abantu batakwikura mu gihe bafite umutima ushaka kandi barangajwe imbere n’imiyoborere ireba kure.

Abanyarwanda bizihije isabukuru yo Kwibohora, bafite byinshi bamaze kugeraho birimo ibikorwa remezo, imibereho myiza ndetse n’iterambere mu Nguni zose z’ubuzima.

Kwizihiza uyu munsi ufite insanganyamatsiko igira iti “Kwibohora, isoko yo kwigira”, ku rwego rw’Igihugu wabereye mu Murenge wa Munini mu Karere ka Nyaruguru, wayobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente wafunguye ku mugaragaro ibikorwa remezo byubakiwe abaturage birimo imidugudu ibiri y’Ikitegererezo yatumijwemo imiryango itishoboye.

Mutangana Jean Baptiste na we yahise atahuka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − thirteen =

Previous Post

Rwamagana: Babiri bakurikiranyweho kwiba mudasobwa 26 z’ishuri barimo umunyeshuri wiga kuri icyo kigo

Next Post

Kigali: Hamenyekanye igihano cyakatiwe umuganga watse umurwayi ruswa y’ibihumbi 50Frw ayita Ubunani

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Hamenyekanye igihano cyakatiwe umuganga watse umurwayi ruswa y’ibihumbi 50Frw ayita Ubunani

Kigali: Hamenyekanye igihano cyakatiwe umuganga watse umurwayi ruswa y’ibihumbi 50Frw ayita Ubunani

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.