Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hanze yahembwaga Miliyoni 8Frw aza gukorera ibihumbi 40Frw- FPR ibohoye u Rwanda ntawifuzaga kuguma ishyanga

radiotv10by radiotv10
04/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hanze yahembwaga Miliyoni 8Frw aza gukorera ibihumbi 40Frw- FPR ibohoye u Rwanda ntawifuzaga kuguma ishyanga
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa FPR-Inkotanyi n’ingabo zahoze ari izawo za APR bamaze kubohora u Rwanda, buri wese yarwibonyemo bituma biyemeza kuza mu rwababyaye gufatanya n’abandi kurwubaka. Ibi bishimangirwa na Zirimwabagabo Gerald wari umaze gufatisha ubuzima hanze ariko akabyirengagiza akaza gufatanya n’abandi gutangira kubaka Igihugu nubwo byasaga nko guhera ku busa.

Kuri uyu wa 04 Nyakanga 2022, u Rwanda n’Abanyarwanda muri rusange barizizihiza imyaka 28 yo Kwibohora, yaranzwe n’urugendo rwo kubaka Igihugu cyari kimaze gusenywa n’ubutegetsi bubi bwateguye bukanashyira mu bikorwa Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Byasaga nko gutangirira kuri zeru kuko uretse kuba Igihugu cyari kimaze gupfusha abaturage bagera muri Miliyoni imwe y’Abatutsi bari bamaze kwicwa, n’ibikorwa remezo hafi ya byose byasaga nk’ibyaye umuyonga.

Ubushishozi wa FPR-Inkotanyi yabohoye u Rwanda, bwanagize uruhare rukomeye muri uru rugendo umuntu yagereranya no kugera ibuye ku rindi kuko kubaka Igihugu byasabaga ngo gutangira umusingi mushya.

Uyu muryango wasabye abari abasirikare bawo kutihorera, wahise utangira urugendo rwo kubaka Igihugu gishingiye ku bumwe n’ubwiyunge, uha ikaze buri wese, ndetse unatangiza inzira y’ubutabera ku bari bamaze gukora amahano ya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Bamwe mu bari barahejejwe ishyanga bahise batahuka, baza gutanga umusanzu wabo mu kubaka Igihugu.

 

Kutagira Igihugu biragatsindwa

Mu bari barambuwe uburenganzira bwo kuba mu Gihugu cyabo, harimo n’abari bamaze gufatisha ubuzima mu Bihugu bari barahungiyemo, ariko barabyirengagiza kuko bari banyotewe no kuba mu Gihugu cyabibarutse.

Zirimwabagabo Gerald wavuye mu Rwanda afite imyaka irindwi y’amavuko, yize muri Makarere University muri Uganda, yari yaragize amahirwe yo kubona akazi mu Bihugu binyuranye birimo Lesotho, Namibia no muri Afurika y’Epfo.

Avuga ko nubwo iyo mirimo yakoraga muri ibyo Bihugu, yamuhembaga amafaranga atubutse ariko yumvaga ntacyo bimumariye kuko atari afite uburenganzira ku Gihugu cyamubyaye.

Ati “Kutagira Igihugu niyo waba ufite ibya Mirenge bingana iki, ntaho bihuriye.”

Avuga ko umurimo yakoraga icyo gihe muri Namibia, yahembwaga amadolari ibihumbi 8 USD [angana na Miliyoni 8 Frw], ariko ko nyuma yuko FPR-Inkotanyi ibohoye u Rwanda, yemeye gutera umugongo uyu mushahara mwiza akaza gufatanya n’abandi kubaka Igihugu.

Ati “Ntashye mu Rwanda umurimo nabanje gukora wa DIRCAB ndibuka neza baduhembaga amafaranga ibihumbi 48. Ntabwo icyo gihe umuntu yaje gukorera amafaranga hano mu Rwanda. Ntabwo byari ukwitanga, oya, ahubwo byari ukwikorera.”

Zirimwabagabo Gerald yari amaze kugera kuri byinshi ariko abitera umugongo

Ni ubuhamya ahuje na Jean Baptiste Mutangana wari ufite inganda zitunganya amabuye ya Radio zari zifite isoko mu Bihugu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, na we uvuga ko wari umaze kugera ku mafaranga menshi ariko ko byose yabyirengagije agataha mu Gihugu cyari kimaze kujya mu maboko y’ubuyobozi bushishoza.

Ati “Amafaranga nari mfite hanze, nta nubwo ndagira na kimwe cya cumi [1/10] cyayo, yari menshi cyane, izo nganda zose rero zaje kwimukira hano kubera ko ibintu byose ni urukundo, gukunda Igihugu.”

Akomeza agira ati “Kubera ubwitange bwo gukunda Igihugu, ibyo byose narabiretse ndataha, mu mutwe mu mubiri wanjye wose icyo numvaga cyari u Rwanda gusa.”

Iyi miyoborere ya FPR-Inkotanyi yatumye buri wese yibonamo u Rwanda, yaragutse aho ubu ari Igihugu buri wese yifuza gushoramo imari, byanatumye iterambere ryihuta rikaba rigejeje u Rwanda ku Gihugu gitangwaho urugero na buri wese mu kuba nta kure abantu batakwikura mu gihe bafite umutima ushaka kandi barangajwe imbere n’imiyoborere ireba kure.

Abanyarwanda bizihije isabukuru yo Kwibohora, bafite byinshi bamaze kugeraho birimo ibikorwa remezo, imibereho myiza ndetse n’iterambere mu Nguni zose z’ubuzima.

Kwizihiza uyu munsi ufite insanganyamatsiko igira iti “Kwibohora, isoko yo kwigira”, ku rwego rw’Igihugu wabereye mu Murenge wa Munini mu Karere ka Nyaruguru, wayobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente wafunguye ku mugaragaro ibikorwa remezo byubakiwe abaturage birimo imidugudu ibiri y’Ikitegererezo yatumijwemo imiryango itishoboye.

Mutangana Jean Baptiste na we yahise atahuka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + two =

Previous Post

Rwamagana: Babiri bakurikiranyweho kwiba mudasobwa 26 z’ishuri barimo umunyeshuri wiga kuri icyo kigo

Next Post

Kigali: Hamenyekanye igihano cyakatiwe umuganga watse umurwayi ruswa y’ibihumbi 50Frw ayita Ubunani

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Hamenyekanye igihano cyakatiwe umuganga watse umurwayi ruswa y’ibihumbi 50Frw ayita Ubunani

Kigali: Hamenyekanye igihano cyakatiwe umuganga watse umurwayi ruswa y’ibihumbi 50Frw ayita Ubunani

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.