Thursday, February 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Haravugwa amakuru y’uko igitero cya drone cyahitanye Willy Ngoma cyagenze

radiotv10by radiotv10
26/02/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Haravugwa amakuru y’uko igitero cya drone cyahitanye Willy Ngoma cyagenze
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru ku rupfu rwa Lieutenant-Colonel Willy Ngoma, akomeje kujya hanze, aho bivugwa ko drone yamurashe, yari iri gucungacunga abayobozi mu gisirikare cya AFC/M23 hafi y’agace ka Rubaya, aho bari bagiye mu nama ya gisirikare, ikaza kurasa imodoka zari zirimo uyu wari Umuvugizi wa M23, batayibonye.

Ikinyamakuru ChimpReport kivuga ko inkuru y’urupfu rwa Willy Ngoma itangirira mu gicuku cyo kuri uriya wa Kabiri yiciwemo, mu rwuri rwororerwamo inka ruri muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Iki kinyamakuru kivuga ko Ngoma yicanywe n’abandi bantu 18, mu gihe amakuru yatanzwe n’abo muri AFC/M23 babibwira Reuters, avuga ko hapfuye abantu 9.

Muri iryo joro, Ngoma yari kumwe n’abandi basirikare bakuru muri AFC/M23 barimo Umugaba Mukuru wabo, Maj Gen Sultani Makenga, aho bari bateraniye mu nama yigaga uburyo bahashya ibitero byari bikajije umurego mu gace ka Rubaya kazwiho kuba gacukurwamo amabuye y’agaciro menshi.

Muri urwo rucyerera rwo ku wa Kabiri, nyuma y’ibiganiro no gusangira amafunguro, Makenga we yavuye muri iyo nzu bari bateraniyemo ahagana saa munani z’urucyerera, ajyana n’itsinda ry’abasirikare bacye.

Ni mu gihe Ngoma we yasigaye inyuma ari kumwe n’abandi basirikare bacye, bakomeje kugirana ibiganiro. Ahagana saa cyenda, Ngoma na we yasohotse muri iyo nzu ajyanye n’izindi modoka za gisirikare, yerecyeje ahantu hatazwi.

Aba bayobozi mu gisirikare cya AFC/M23 ntibari bazi ko hari indege itagira abapilote (drone) yari iri hejuru y’aho bari bateraniye iri kubacunga.

Ubwo imodoka zari zitwaye Lt Col Will Ngoma zanyuraga i Masisi mu gicuku, iyo drone yahise irekura ibisasu bifite imbaraga kuri izo modoka irazishwayaguza.

Umwe mu baganiriye na ChimpReports, yavuze ko “cyari igitero gikomeye kandi cyateguwe bihambaye” ndetse “imodoka zahise zishwanyagurika, abantu 19 bahita bahasiga ubuzima barimo Lt. Col. Ngoma ndetse na bamwe mu basirikare bari bashinzwe kumurinda.”

Mu basirikare bapfuye, barimo abashinzwe kurinda abayobozi ba M23, basanzwe ari abo mu itsinda ry’abarwanyi kabuhariwe b’abakomando.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Umunyamakuru w’imyidagaduro Uncle Austin yemeje ko yasezeye

Related Posts

Abarimu 1800 bamaze kuva mu kazi mu mezi atandatu gusa mu Burundi

Abarimu 1800 bamaze kuva mu kazi mu mezi atandatu gusa mu Burundi

by radiotv10
26/02/2026
0

Ikibazo cy’abarimu bava mu mwuga wabo mu Gihugu cy’u Burundi gikomeje gufata intera, aho mu mezi atandatu gusa, abarenga 1...

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

by radiotv10
26/02/2026
0

Igitero cy’indege za drone cyahitanye Umuvugizi w’Igisirikare cya AFC/M23, Willy Ngoma, byamenyekanye ko cyishe abantu icyenda, gihusha Umugaba Mukuru w’aba...

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

by radiotv10
26/02/2026
0

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Leo XIV agiye kugirira uruzinduko mu Bihugu bine byo muri Afurika, ari na...

Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma

Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma

by radiotv10
26/02/2026
0

Benjamin Mbonimpa, Umunyamabanga Uhoraho w’Ihuriro AFC/M23, yatangaje ko intwari zidapfa, ahubwo ko ziguma mu mitima ya benshi, ubutumwa buvuga ku...

Imirwano ikomeye yasize AFC/M23 yisubije ibice yari yambuwe na FARDC

Imirwano ikomeye yasize AFC/M23 yisubije ibice yari yambuwe na FARDC

by radiotv10
26/02/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryisubije tumwe mu duce two muri Teritwari ya Masisi, ryari...

IZIHERUKA

Haravugwa amakuru y’uko igitero cya drone cyahitanye Willy Ngoma cyagenze
AMAHANGA

Haravugwa amakuru y’uko igitero cya drone cyahitanye Willy Ngoma cyagenze

by radiotv10
26/02/2026
0

Umunyamakuru w’imyidagaduro Uncle Austin yemeje ko yasezeye

Umunyamakuru w’imyidagaduro Uncle Austin yemeje ko yasezeye

26/02/2026
Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

26/02/2026
Abarimu 1800 bamaze kuva mu kazi mu mezi atandatu gusa mu Burundi

Abarimu 1800 bamaze kuva mu kazi mu mezi atandatu gusa mu Burundi

26/02/2026
Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

Hemejwe ifatwa ry’umugore wagaragaye akubitira umugabo inshyi n’umugeri imbere y’abantu muri Kigali

26/02/2026
Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

26/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa amakuru y’uko igitero cya drone cyahitanye Willy Ngoma cyagenze

Umunyamakuru w’imyidagaduro Uncle Austin yemeje ko yasezeye

Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.