Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Haravugwa amakuru y’uko igitero cya drone cyahitanye Willy Ngoma cyagenze

radiotv10by radiotv10
26/02/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Haravugwa amakuru y’uko igitero cya drone cyahitanye Willy Ngoma cyagenze
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru ku rupfu rwa Lieutenant-Colonel Willy Ngoma, akomeje kujya hanze, aho bivugwa ko drone yamurashe, yari iri gucungacunga abayobozi mu gisirikare cya AFC/M23 hafi y’agace ka Rubaya, aho bari bagiye mu nama ya gisirikare, ikaza kurasa imodoka zari zirimo uyu wari Umuvugizi wa M23, batayibonye.

Ikinyamakuru ChimpReport kivuga ko inkuru y’urupfu rwa Willy Ngoma itangirira mu gicuku cyo kuri uriya wa Kabiri yiciwemo, mu rwuri rwororerwamo inka ruri muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Iki kinyamakuru kivuga ko Ngoma yicanywe n’abandi bantu 18, mu gihe amakuru yatanzwe n’abo muri AFC/M23 babibwira Reuters, avuga ko hapfuye abantu 9.

Muri iryo joro, Ngoma yari kumwe n’abandi basirikare bakuru muri AFC/M23 barimo Umugaba Mukuru wabo, Maj Gen Sultani Makenga, aho bari bateraniye mu nama yigaga uburyo bahashya ibitero byari bikajije umurego mu gace ka Rubaya kazwiho kuba gacukurwamo amabuye y’agaciro menshi.

Muri urwo rucyerera rwo ku wa Kabiri, nyuma y’ibiganiro no gusangira amafunguro, Makenga we yavuye muri iyo nzu bari bateraniyemo ahagana saa munani z’urucyerera, ajyana n’itsinda ry’abasirikare bacye.

Ni mu gihe Ngoma we yasigaye inyuma ari kumwe n’abandi basirikare bacye, bakomeje kugirana ibiganiro. Ahagana saa cyenda, Ngoma na we yasohotse muri iyo nzu ajyanye n’izindi modoka za gisirikare, yerecyeje ahantu hatazwi.

Aba bayobozi mu gisirikare cya AFC/M23 ntibari bazi ko hari indege itagira abapilote (drone) yari iri hejuru y’aho bari bateraniye iri kubacunga.

Ubwo imodoka zari zitwaye Lt Col Will Ngoma zanyuraga i Masisi mu gicuku, iyo drone yahise irekura ibisasu bifite imbaraga kuri izo modoka irazishwayaguza.

Umwe mu baganiriye na ChimpReports, yavuze ko “cyari igitero gikomeye kandi cyateguwe bihambaye” ndetse “imodoka zahise zishwanyagurika, abantu 19 bahita bahasiga ubuzima barimo Lt. Col. Ngoma ndetse na bamwe mu basirikare bari bashinzwe kumurinda.”

Mu basirikare bapfuye, barimo abashinzwe kurinda abayobozi ba M23, basanzwe ari abo mu itsinda ry’abarwanyi kabuhariwe b’abakomando.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

Next Post

Maj.Gen.Vincent Nyakarundi yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku Ngabo z’u Rwanda ziri Mozambique

Related Posts

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Maj.Gen.Vincent Nyakarundi yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku Ngabo z’u Rwanda ziri Mozambique

Maj.Gen.Vincent Nyakarundi yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku Ngabo z'u Rwanda ziri Mozambique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.